Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wari umaze iminsi asabwa guhagarika gukomeza urugendo rwo guhatanira indi manda kubera izabukuru, yafashe icyemezo cyo kubihagarika.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, nk’uko gikubiye mu itangazo Joe Biden yashyizwe hanze, amenyesha Abanyamerika ko yahagaritse urugendo rwo gukomeza guhatanira kubayobora.

Ni nyuma y’igihe Joe Biden abisabwa n’abarimo abo mu ishyaka rye, kubera izabukuru zakomeje kugaragaza ko afite intege nke, haba iz’umubiri ndetse no mu bitekerezo, mu gihe we yavugaga ko agifite imbaraga.

Muri iri tangazo, Biden atangira yivuga ibigwi ko kugerza ubu mu myaka itatu n’igice amaze ku butegetsi, Igihugu cye cyateye intambwe ishimishije.

Ati “Uyu munsi America ni cyo Gihugu gifite ubukungu bwa mbere butajegajega ku Isi. Twakoze ishoramari ry’amateka mu kongera kubaka Igihugu cyacu, mu kugabanya igiciro cy’imiti y’abageze mu zabukuru, kandi twagura uburyo bw’ubuvuzi buhendutse tugeza ku mubare munini w’Abanyamerika kurusha ikindi gihe.”

Yanavuze ku bindi by’amateka byakozwe kuri manda ye, birimo kuba ku nshuro ya mbere Leta Zunze Ubumwe za America zarahawe inshingano Umugore ukomoka muri Afurika mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ndabizi ko mwe Abanyamerika mudahari bitari gushoboka. Gushyira hamwe kwacu kwatumye dutsinda icyorezo cya mbere kibi cyashegeshe ubukungu.”

Yakomeje avuga ko byari iby’agaciro gakomeye kubayobora nka Perezida, kandi ko yifuzaga ko bakomezanya mu yindi manda. Ati “Ariko mu nyungu z’ishyaka ryanjye n’Igihugu cyanjye, munyemerere mpagarike, ubundi nshyire imbaraga mu kuzuza inshingano zanjye nka Perezida mu gihe gisigaye kuri manda yanjye.”

Perezida Joe Biden, muri iri tangazo rye, wasezeranyije Abanyamerika ko azagira icyo avuga kirambuye kuri iki cyemezo muri iki cyumweru, yaboneyeho gushimira abantu bose bariho bakora ibishoboka byose kugira ngo azongere gutorerwa kuguma muri White House, aboneraho no gushimira Visi Perezida we Kamala Harris wamubereye umufatanyabikorwa udasanzwe.

Uyu mukambwe w’imyaka 81 umaze iminsi anasanzwemo indwara ya COVID, yari amaze igihe asabwa guhagarika ibikorwa byo kongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, kubera intege nke yakunze kugaragaza mu ruhame, aho yagiye yumvikana yitiranya ibintu, nk’amazina.

Mu minsi micye ishize yari aherutse kwitiranya Perezida wa Ukraine n’uw’u Burusiya, ubu badacana uwaka, ndetse aho kuvuga Visi Perezida Kamala Harris, avuga Trump bamaze igihe bahanganye.

Mu kiganiro mpaka giherutse kumuhuza na Donald Trump, nk’abahataniraga umwanya wa Perezida, isesenguramakuru ryagaragaje ko uyu wahoze ari Perezida [Trump] yagize amajwi ari hejuru ugereranyije n’uyu wamusimbuye Joe Biden.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Next Post

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.