Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wari umaze iminsi asabwa guhagarika gukomeza urugendo rwo guhatanira indi manda kubera izabukuru, yafashe icyemezo cyo kubihagarika.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, nk’uko gikubiye mu itangazo Joe Biden yashyizwe hanze, amenyesha Abanyamerika ko yahagaritse urugendo rwo gukomeza guhatanira kubayobora.

Ni nyuma y’igihe Joe Biden abisabwa n’abarimo abo mu ishyaka rye, kubera izabukuru zakomeje kugaragaza ko afite intege nke, haba iz’umubiri ndetse no mu bitekerezo, mu gihe we yavugaga ko agifite imbaraga.

Muri iri tangazo, Biden atangira yivuga ibigwi ko kugerza ubu mu myaka itatu n’igice amaze ku butegetsi, Igihugu cye cyateye intambwe ishimishije.

Ati “Uyu munsi America ni cyo Gihugu gifite ubukungu bwa mbere butajegajega ku Isi. Twakoze ishoramari ry’amateka mu kongera kubaka Igihugu cyacu, mu kugabanya igiciro cy’imiti y’abageze mu zabukuru, kandi twagura uburyo bw’ubuvuzi buhendutse tugeza ku mubare munini w’Abanyamerika kurusha ikindi gihe.”

Yanavuze ku bindi by’amateka byakozwe kuri manda ye, birimo kuba ku nshuro ya mbere Leta Zunze Ubumwe za America zarahawe inshingano Umugore ukomoka muri Afurika mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ndabizi ko mwe Abanyamerika mudahari bitari gushoboka. Gushyira hamwe kwacu kwatumye dutsinda icyorezo cya mbere kibi cyashegeshe ubukungu.”

Yakomeje avuga ko byari iby’agaciro gakomeye kubayobora nka Perezida, kandi ko yifuzaga ko bakomezanya mu yindi manda. Ati “Ariko mu nyungu z’ishyaka ryanjye n’Igihugu cyanjye, munyemerere mpagarike, ubundi nshyire imbaraga mu kuzuza inshingano zanjye nka Perezida mu gihe gisigaye kuri manda yanjye.”

Perezida Joe Biden, muri iri tangazo rye, wasezeranyije Abanyamerika ko azagira icyo avuga kirambuye kuri iki cyemezo muri iki cyumweru, yaboneyeho gushimira abantu bose bariho bakora ibishoboka byose kugira ngo azongere gutorerwa kuguma muri White House, aboneraho no gushimira Visi Perezida we Kamala Harris wamubereye umufatanyabikorwa udasanzwe.

Uyu mukambwe w’imyaka 81 umaze iminsi anasanzwemo indwara ya COVID, yari amaze igihe asabwa guhagarika ibikorwa byo kongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, kubera intege nke yakunze kugaragaza mu ruhame, aho yagiye yumvikana yitiranya ibintu, nk’amazina.

Mu minsi micye ishize yari aherutse kwitiranya Perezida wa Ukraine n’uw’u Burusiya, ubu badacana uwaka, ndetse aho kuvuga Visi Perezida Kamala Harris, avuga Trump bamaze igihe bahanganye.

Mu kiganiro mpaka giherutse kumuhuza na Donald Trump, nk’abahataniraga umwanya wa Perezida, isesenguramakuru ryagaragaje ko uyu wahoze ari Perezida [Trump] yagize amajwi ari hejuru ugereranyije n’uyu wamusimbuye Joe Biden.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + sixteen =

Previous Post

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Next Post

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.