Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wari umaze iminsi asabwa guhagarika gukomeza urugendo rwo guhatanira indi manda kubera izabukuru, yafashe icyemezo cyo kubihagarika.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, nk’uko gikubiye mu itangazo Joe Biden yashyizwe hanze, amenyesha Abanyamerika ko yahagaritse urugendo rwo gukomeza guhatanira kubayobora.

Ni nyuma y’igihe Joe Biden abisabwa n’abarimo abo mu ishyaka rye, kubera izabukuru zakomeje kugaragaza ko afite intege nke, haba iz’umubiri ndetse no mu bitekerezo, mu gihe we yavugaga ko agifite imbaraga.

Muri iri tangazo, Biden atangira yivuga ibigwi ko kugerza ubu mu myaka itatu n’igice amaze ku butegetsi, Igihugu cye cyateye intambwe ishimishije.

Ati “Uyu munsi America ni cyo Gihugu gifite ubukungu bwa mbere butajegajega ku Isi. Twakoze ishoramari ry’amateka mu kongera kubaka Igihugu cyacu, mu kugabanya igiciro cy’imiti y’abageze mu zabukuru, kandi twagura uburyo bw’ubuvuzi buhendutse tugeza ku mubare munini w’Abanyamerika kurusha ikindi gihe.”

Yanavuze ku bindi by’amateka byakozwe kuri manda ye, birimo kuba ku nshuro ya mbere Leta Zunze Ubumwe za America zarahawe inshingano Umugore ukomoka muri Afurika mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ndabizi ko mwe Abanyamerika mudahari bitari gushoboka. Gushyira hamwe kwacu kwatumye dutsinda icyorezo cya mbere kibi cyashegeshe ubukungu.”

Yakomeje avuga ko byari iby’agaciro gakomeye kubayobora nka Perezida, kandi ko yifuzaga ko bakomezanya mu yindi manda. Ati “Ariko mu nyungu z’ishyaka ryanjye n’Igihugu cyanjye, munyemerere mpagarike, ubundi nshyire imbaraga mu kuzuza inshingano zanjye nka Perezida mu gihe gisigaye kuri manda yanjye.”

Perezida Joe Biden, muri iri tangazo rye, wasezeranyije Abanyamerika ko azagira icyo avuga kirambuye kuri iki cyemezo muri iki cyumweru, yaboneyeho gushimira abantu bose bariho bakora ibishoboka byose kugira ngo azongere gutorerwa kuguma muri White House, aboneraho no gushimira Visi Perezida we Kamala Harris wamubereye umufatanyabikorwa udasanzwe.

Uyu mukambwe w’imyaka 81 umaze iminsi anasanzwemo indwara ya COVID, yari amaze igihe asabwa guhagarika ibikorwa byo kongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, kubera intege nke yakunze kugaragaza mu ruhame, aho yagiye yumvikana yitiranya ibintu, nk’amazina.

Mu minsi micye ishize yari aherutse kwitiranya Perezida wa Ukraine n’uw’u Burusiya, ubu badacana uwaka, ndetse aho kuvuga Visi Perezida Kamala Harris, avuga Trump bamaze igihe bahanganye.

Mu kiganiro mpaka giherutse kumuhuza na Donald Trump, nk’abahataniraga umwanya wa Perezida, isesenguramakuru ryagaragaje ko uyu wahoze ari Perezida [Trump] yagize amajwi ari hejuru ugereranyije n’uyu wamusimbuye Joe Biden.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 15 =

Previous Post

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Next Post

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.