Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia
Share on FacebookShare on Twitter

Davis D yasohoye indirimbo nshya yise ‘Eva’ igaragaramo abakobwa babiri barimo umwe wo mu gihugu cya Colombia ubyina n’undi wo gihugu cya Espagne, bose bakaba bahuriye ku bwiza n’ikimero cyabo berekanye mu mashusho y’iyi ndirimbo.

Davis D kugeza ubu amaze kwerekana ko ari umuhanzi umenyereweho igihangano cyuzuye yaba amashusho ndetse n’amajwi aho aba yabyitondeye kugira ngo bigere ku bagenerwabikorwa bisa neza nk’uko babishaka cyane ko akunda kumvikana avuga ko ari bo akorera.

Mu ndirimbo imara iminota itatu n’amasegonda mirongo ine n’atanu, umuhanzi Davis D yifashishije umukobwa witwa Eva amubwira urwo yamukunze maze aramutaka karahava ari nako ahuza n’inkuru yo muri Bibiliya mu gitabo cy’itangiriro aho Eva arya ku itunda agahaho umugabo we Adam.

Eva ni indirimbo ikoranye umudiho mu buryo bwa gihanga ndetse uburyo igenda wumva wayibyina na n’uwo muri kumwe mu rukundo ukagenda wiyongeza ndetse ku buryo mugera aho mutwarwa nayo bitewe n’uko iyi ndirimbo hari aho Davis D agaruramo izina Eva cyane mu buryo bubyinitse.

Iyi ni indirimbo kandi ifite amshusho yo ku rwego mpuzamahanga aho uyu muhanzi yayitayeho cyane ndetse aranamuhenda mu buryo bushoboka kuko ubaze ahantu hose hafatiwe aya mashusho ni ahantu hagezweho mu mujyi wa Dubai, imodoka yifashishijwe muri aya mashusho, abakobwa barimo, imyambaro n’ibindi ni ibintu by’agaciro kanini.

Indirimo Eva igaragaramo abakobwa babiri harimo umwe wo muri Espagne n’undi wo muri Colombia ugaraga cyane abyinana inkota ayikoreye kumutwe. Davis D yavuze ko iyi ndirimbo ariyo ya mbere yo kuri Album ya kabiri yatangiye gukoraho izagaragaramo abahanzi bakomeye mu Rwanda no muri Afurika.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Next Post

Nishimiye ko nabonye buri kimwe muri wowe – Uwase Muyango yifuriza Kimenyi isabukuru nziza

Related Posts

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nishimiye ko nabonye buri kimwe muri wowe – Uwase Muyango yifuriza Kimenyi isabukuru nziza

Nishimiye ko nabonye buri kimwe muri wowe - Uwase Muyango yifuriza Kimenyi isabukuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.