Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in IBYAMAMARE
0
Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Brianne Gateka uzwi nka Dj Briane uri mu bagezweho mu bavangamiziki, ari mu byishimo by’igisagirane kubera imodoka y’agatangaza yahawe n’umufana wihebeye ibikorwa bye.

Dj Briane umaze iminsi yigaragaza mu kuvangavanga imiziki no gutanga ibitekerezo kuri YouTube, yagaragaje ko yishimiye impano idasanzwe yahawe n’umwe mu bakunda ibikorwa bye.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter buherekejwe n’ifoto ari ku modoka yakozwe na Hyndai, yo mu bwoko bwa Santa fe, yagize ati “Rimwe na rimwe ibyo dukora bitugarukira mu buryo bumwe cyangwa ubundi tuzi cyangwa tutazi…”

Yakomeje agira ati “Icyiza Kora neza wigendere izagarukira wowe cyangwa abawe…uwiteka Mana ushobora byose nzagushimira bitinde. Uzandinde kugira ubugugu, uzandinde kwikunda no kugira umururumba w’ibintu.”

Rimwe na rimwe ibyo dukora butugarukirw muburyo mubwe cg ubundi tuzi cg tutazi…icyiza Kora neza wigendere izagarujira Wowe CG abawe…uwiteka Mana ushobora byose nzagushimira bitinde.

Uzandinde kugira ubugungu uzandinde kwikunda no kugira umururumba wibintu🙏🙏🙏 pic.twitter.com/LTKH6UJ8Zw

— DeejayBrianne (@BrianneDeejay) March 29, 2022

Dj Briane, yatangaje ko iyi modoka yayohererejwe n’umwe mu bakunda ibikorwa bye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America wayimugeneye nk’impano.

Yagize ati “Ndamushimira cyane rwose. Nanjye nkunda abakunda ibyo nkora bose.”

Uyu Munyarwandakazi avuga ko atari ubwa mbere uyu mufana we amukoreye igikorwa nk’iki kuko n’imodoka uyu muvangamiziki yari asanzwe atunze, yari yayiguze hariho uruhare rw’uwo mufana.

Dj Briane kandi akunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha abana batishoboye barimo abo ku muhanda.

Dj Briane ari mu byishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 4 =

Previous Post

Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

Next Post

Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.