Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in IBYAMAMARE
0
Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Brianne Gateka uzwi nka Dj Briane uri mu bagezweho mu bavangamiziki, ari mu byishimo by’igisagirane kubera imodoka y’agatangaza yahawe n’umufana wihebeye ibikorwa bye.

Dj Briane umaze iminsi yigaragaza mu kuvangavanga imiziki no gutanga ibitekerezo kuri YouTube, yagaragaje ko yishimiye impano idasanzwe yahawe n’umwe mu bakunda ibikorwa bye.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter buherekejwe n’ifoto ari ku modoka yakozwe na Hyndai, yo mu bwoko bwa Santa fe, yagize ati “Rimwe na rimwe ibyo dukora bitugarukira mu buryo bumwe cyangwa ubundi tuzi cyangwa tutazi…”

Yakomeje agira ati “Icyiza Kora neza wigendere izagarukira wowe cyangwa abawe…uwiteka Mana ushobora byose nzagushimira bitinde. Uzandinde kugira ubugugu, uzandinde kwikunda no kugira umururumba w’ibintu.”

Rimwe na rimwe ibyo dukora butugarukirw muburyo mubwe cg ubundi tuzi cg tutazi…icyiza Kora neza wigendere izagarujira Wowe CG abawe…uwiteka Mana ushobora byose nzagushimira bitinde.

Uzandinde kugira ubugungu uzandinde kwikunda no kugira umururumba wibintu🙏🙏🙏 pic.twitter.com/LTKH6UJ8Zw

— DeejayBrianne (@BrianneDeejay) March 29, 2022

Dj Briane, yatangaje ko iyi modoka yayohererejwe n’umwe mu bakunda ibikorwa bye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America wayimugeneye nk’impano.

Yagize ati “Ndamushimira cyane rwose. Nanjye nkunda abakunda ibyo nkora bose.”

Uyu Munyarwandakazi avuga ko atari ubwa mbere uyu mufana we amukoreye igikorwa nk’iki kuko n’imodoka uyu muvangamiziki yari asanzwe atunze, yari yayiguze hariho uruhare rw’uwo mufana.

Dj Briane kandi akunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha abana batishoboye barimo abo ku muhanda.

Dj Briane ari mu byishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

Next Post

Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Amb.Gatete yaganiriye na Ayebale wigeze kuza mu Rwanda inshuro 2 azanye ubutumwa bwa Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.