Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha uduhimbazamusyi bubabereyemo, kuko babayeho nabi ndetse bamwe ngo bakaba bari gusohorwa mu nzu bakodesha kubera kubura ubwishyu.

Bikubiye mu ibaruwa ihuriweho n’abakinnyi ba Rayon Sports WFC yanditswe kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi, aho ifite impamvu igira iti “Gutakamba.”

Muri iyi baruwa, aba bakinnyi b’abakobwa ba Rayon bandikiye Umuyobozi w’Umuryango w’iyi kipe, bibukije ko baherutse kugirana ibiganiro n’ubuyobozo bwabo birimo ibyabaye tariki 23 Mata 2025 aho babwibukije ko bubabereyemo imishahara y’amezi atatu.

Ni imishaha y’ukwezi kwa Gashyantare, Werurwe na Mata, ariko nyuma y’ibyo biganiro, hakaba haragiyemo n’ukundi kwezi kwa Gicurasi, ubwo bukaba bubagiyemo imishahara y’amezi ane.

Bati “Kandi mwatwemereye kuba mwakemuye ikibazo cy’uduhimbazamusyi icyenda muduha dutatu, bivuze ko hasigaye dutandatu, bityo tubayeho mu buzima bugoye, kuko twese ducumbitse tutirengagije n’uburyo bw’imibereho.”

Muri iyi baruwa, abakinnyi ba Rayon Sports WFC bakomeza bagira bati “Bityo tukaba tubasaba kuduhemba bigendanye n’amasezerano mwagiranye na buri umwe wese, ndetse no kuduha uduhimbazamusyi twatsindiye, kwishyura ibirarane by’umwaka washize by’amezi abiri, n’uduhimbazamusyi 8 kuko twagerageje guhesha ishema umuryango wa Rayon Sports muyoboye, ariko nta gaciro mwabihaye.”

Baboneyeho kandi gusaba ubuyobozi bw’iyi kipe guha abanyamahanga amatike azabasubiza iwabo nk’uko bikubiye mu masezerano bagiranye kuko bari gusohorwa mu nzu bakodeshaga.

Bagasoza bagira bati “Bityo tubasabye kuba mwadukemurira ikibazo mu gihe kitarenze iminsi cumi n’itanu, bitaba ibyo tukiyambaza izindi nzego bireba.”

Iyi baruwa y’abakinnyi ba Rayon y’abakobwa ije nyuma yuko umutoza Robertinho watozaga ikipe ya Rayon Sports y’abahungu, na we atanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) cyo kwishyuza iyi kipe ibihumbi 20 USD (miliyoni 28 Frw), na we akabaya yaratanze ibyumweru bitatu, ataba yishyuwe agahita ayijyana muri FIFA.

Nanone abakozi b’iyi kipe y’abagabo, baherutse gutangaza ko babayeho nabi kubera kumara igihe kinini batazi uko umushahara usa, aho bavuze ko bafite impungenge zo kwamburwa kuko umwaka w’imikino ugiye kurangira, ku buryo urangiye batishyuwe bashobora kuzataha amaramasa.

Abakinnyi ba Rayon WFC batakambye
Mu Ibaruwa banditse bahaye ubuyobozi iminsi 15 bitaba ibyo bakiyambaza izindi nzego

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 12 =

Previous Post

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.