Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umunyapolitiki w’umuherwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Moïse Katumbi atangaje ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu, abanyapolitiki bo muri iki Gihugu bari mu ihangana rikomeye kubera amahitamo y’uruhande bashyigikiye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Moïse Katumbi yabwiye France 24 na RFI ko yiyemeje kuva mu ihuriro ‘Union Sacrée’ risanzwe rishyigikiye Perezdia Felix Tshisekedi, ndetse ko yiyemeje kuzatanga kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Ni icyemezo cyateje impagarara mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko abari muri iri huriro, bavuze ko uyu munyapolitiki yabatengushye.

Ibi byatumye kandi abanyapolitiki batandukanye muri iki Gihugu, bagaragaza uruhande bashyigikiye hagati ya Moïse Katumbi na Felix Tshisekedi bashobora kuzahangana muri aya matora.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 20 Ukuboza 2022, Moïse Katumbi yanagaragarije abo mu ishyaka rye ER (Essemble pour la Republique) imigabo n’imigambi ye iganisha kuri iki cyemezo yafashe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Ukuboza 2022, Abadepite bo mu ihuriro ‘Union Sacrée’ bagaragaje ko bakomeje gushyigikira à Félix Tshisekedi ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba yabonye intsinzi muri 2023.

Depite Mulamba Mputu yagize ati “Dutangaje ku mugaragaro nk’ihuriro Union sacrée ko tugishyigikiye Perezida wa Repubulika, Umukuru w’Igihugu nyakubahwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, kandi ko tuzamuba inyuma kugeza ku ntsinzi ya 2023.”

Uyu mudepite kandi yavuze ko mu gihe cy’amasaha 24 abagize iri huriro Union sacrée bagomba kuba bagaragaje uruhande bahagazemo, “kuva ku Badepite, abasenateri, abaminitiri ndetse n’abandi bayoboye ibigo bya Leta.”

Abanyapoilitiki bshyigikiye Moise Katumbi na bo bakomeje kugaragaza ko bishimiye iki cyemezo yafashe ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba abonye intsinzi yo kuyobora Congo Kinshasa agasimbura Tshisekedi bashinja kuzambya ibintu.

Kuva uyu munyapolitiki yatangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023, bamwe mu banyapolitiki banafite imyanya ikomeye mu butegetsi bukuru muri Congo Kinshasa, na bo bagaragaje ko bamushyigikiye barimo na bamwe mu bagize Guverinoma banahisemo kwegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + eleven =

Previous Post

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Next Post

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.