Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umunyapolitiki w’umuherwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Moïse Katumbi atangaje ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu, abanyapolitiki bo muri iki Gihugu bari mu ihangana rikomeye kubera amahitamo y’uruhande bashyigikiye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Moïse Katumbi yabwiye France 24 na RFI ko yiyemeje kuva mu ihuriro ‘Union Sacrée’ risanzwe rishyigikiye Perezdia Felix Tshisekedi, ndetse ko yiyemeje kuzatanga kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Ni icyemezo cyateje impagarara mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko abari muri iri huriro, bavuze ko uyu munyapolitiki yabatengushye.

Ibi byatumye kandi abanyapolitiki batandukanye muri iki Gihugu, bagaragaza uruhande bashyigikiye hagati ya Moïse Katumbi na Felix Tshisekedi bashobora kuzahangana muri aya matora.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 20 Ukuboza 2022, Moïse Katumbi yanagaragarije abo mu ishyaka rye ER (Essemble pour la Republique) imigabo n’imigambi ye iganisha kuri iki cyemezo yafashe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Ukuboza 2022, Abadepite bo mu ihuriro ‘Union Sacrée’ bagaragaje ko bakomeje gushyigikira à Félix Tshisekedi ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba yabonye intsinzi muri 2023.

Depite Mulamba Mputu yagize ati “Dutangaje ku mugaragaro nk’ihuriro Union sacrée ko tugishyigikiye Perezida wa Repubulika, Umukuru w’Igihugu nyakubahwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, kandi ko tuzamuba inyuma kugeza ku ntsinzi ya 2023.”

Uyu mudepite kandi yavuze ko mu gihe cy’amasaha 24 abagize iri huriro Union sacrée bagomba kuba bagaragaje uruhande bahagazemo, “kuva ku Badepite, abasenateri, abaminitiri ndetse n’abandi bayoboye ibigo bya Leta.”

Abanyapoilitiki bshyigikiye Moise Katumbi na bo bakomeje kugaragaza ko bishimiye iki cyemezo yafashe ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba abonye intsinzi yo kuyobora Congo Kinshasa agasimbura Tshisekedi bashinja kuzambya ibintu.

Kuva uyu munyapolitiki yatangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023, bamwe mu banyapolitiki banafite imyanya ikomeye mu butegetsi bukuru muri Congo Kinshasa, na bo bagaragaje ko bamushyigikiye barimo na bamwe mu bagize Guverinoma banahisemo kwegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 6 =

Previous Post

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Next Post

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.