Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka z’abasirikare bari mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri DRC, bitambitswe n’abaturage b’i Sake muri Masisi, biyambaza amasasu, hakomereka abantu batandatu.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, ubwo abaturage bo muri Gurupoma ya Kamuronza muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bafungaga umuhanda bakabuza imodoka enye z’izi ngabo gutambuka.

Bivugwa ko izi modoka enye zirimo amakamyo abiri n’izindi ebyiri zo mu bwoko bwa Pick-Up, ubwo zavaga mu gace ka Kilolirwe ahasanzwe hari ingabo z’u Burundi ziri muri ubu butumwa bwa EAC.

Ubwo abo baturage bitambikaga izi ngabo, na zo zirwanyeho zirasa amasasu, zikomeretsamo batandatu barimo umwe wakomeretse bikabije wajyanywe kuvurirwa mu Bitaro bya CBCA/Goma.

Ubu bushyamirane bwaje guhoshwa n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’inzego z’ubuyobozi, bihutiye kuhagera ubwo hari humvikanaga urusaku rw’amasasu.

Ni ubushyamirane buje bukurikira ibirego by’ibinyoma bishinjwa ingabo za EAC ko zikorana n’umutwe wa M23, byanazamuwe n’ubutegetsi bwa DRC kuva mu bayobozi bo hejuru mu Gihugu cya Congo.

Ni mu gihe izi ngabo kuva zagera mu burasirazuba bwa DRC, hagaragaye intambwe ishimishije mu gushaka umuti w’amahoro muri ibi bice byari bimaze iminsi biberamo imirwano.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fanuel Buregea says:
    2 years ago

    Abaturage bitonde badatwarwa nintekerezo za politike itameze neza bihangane bareke abasoda bake gucunga umutekano bakore akazi kabo

    Reply

Leave a Reply to Fanuel Buregea Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Next Post

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n'abandi bayobozi bakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.