Sunday, March 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka z’abasirikare bari mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri DRC, bitambitswe n’abaturage b’i Sake muri Masisi, biyambaza amasasu, hakomereka abantu batandatu.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, ubwo abaturage bo muri Gurupoma ya Kamuronza muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bafungaga umuhanda bakabuza imodoka enye z’izi ngabo gutambuka.

Bivugwa ko izi modoka enye zirimo amakamyo abiri n’izindi ebyiri zo mu bwoko bwa Pick-Up, ubwo zavaga mu gace ka Kilolirwe ahasanzwe hari ingabo z’u Burundi ziri muri ubu butumwa bwa EAC.

Ubwo abo baturage bitambikaga izi ngabo, na zo zirwanyeho zirasa amasasu, zikomeretsamo batandatu barimo umwe wakomeretse bikabije wajyanywe kuvurirwa mu Bitaro bya CBCA/Goma.

Ubu bushyamirane bwaje guhoshwa n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’inzego z’ubuyobozi, bihutiye kuhagera ubwo hari humvikanaga urusaku rw’amasasu.

Ni ubushyamirane buje bukurikira ibirego by’ibinyoma bishinjwa ingabo za EAC ko zikorana n’umutwe wa M23, byanazamuwe n’ubutegetsi bwa DRC kuva mu bayobozi bo hejuru mu Gihugu cya Congo.

Ni mu gihe izi ngabo kuva zagera mu burasirazuba bwa DRC, hagaragaye intambwe ishimishije mu gushaka umuti w’amahoro muri ibi bice byari bimaze iminsi biberamo imirwano.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fanuel Buregea says:
    3 years ago

    Abaturage bitonde badatwarwa nintekerezo za politike itameze neza bihangane bareke abasoda bake gucunga umutekano bakore akazi kabo

    Reply

Leave a Reply to Fanuel Buregea Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 6 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Next Post

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Related Posts

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

by radiotv10
26/03/2026
0

Leta ya Israel yatangaje ko yishe umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, Alireza Tangsiri, wavugwaga ko ari we...

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

by radiotv10
26/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America,  Donald Trump, yavuze ko Iran ishishikajwe cyane no kugirana n’Igihugu cye amasezerano yo...

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

by radiotv10
26/03/2026
0

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yasezeranyije Abayisilamu bo mu Rwanda ko ikibazo cy’ubutaka...

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye byumwihariko umutwe wa Wazalendo rwagabye ibitero muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu...

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

by radiotv10
24/03/2026
0

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57. Iyi mpanuka y’indege...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo
MU RWANDA

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

by radiotv10
28/03/2026
0

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

28/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n'abandi bayobozi bakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.