Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

radiotv10by radiotv10
20/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Teritwari ya Kwamouth mu Ntara ya Mai-Ndombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hadutse imirwano mishya ihanganishije imitwe ibiri ishingiye ku bwoko, ikomeje no guhitana ubuzima bwa bamwe.

Ni imirwano yabaye hagati y’umutwe wo mu bwoko bwa Yaka n’ubwoko bwa Teke, kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 aho nubundi imaze iminsi ishyamiranye ihurira mu bikorwa by’imvururu.

Iyi mirwano yaguyemo abantu barindwi, yabereye mu bice by’igiturage cya Liduma na Miboro aho izi mvururu zanasize inzu z’abaturage nyinshi zitwitswe.

Visi Perezida wa Sosiyete Sivire muri Terirwari ya Kwamouth, Martin Suta yagize ati “Nubu haracyari imiryango hagati ya Yaka na Teke mu biturage bya Miboro werecyeza mu giturage cya Liduma. Imaze kugwamo abantu barindwi bo ku ruhanda rwa Buyaka.”

Yavuze ko abo muri Yaka “bamaze iminsi bohereza amabaruwa bavuga ko benda kugaba ibitero muri ibyo bice kugira ngo babyigarurire ku butaka bwabo.”

Yavuze ko no ku wa Gatatu hari abaturage bane bakomeretse mu gace ka Liduma nubundi mu bushyamirane hagati y’iyi mitwe ishingiye ku moko.

Muri aka gace kandi hakomeje kubarwa abaturage benshi bari guhunga bava mu byabo kubera izi mvururu, aho bamwe muri bo bari guhungira muri Congo Brazzaville.

Iyi mitwe ishingiye ku moko isanzwe ifitanye amakimbirane ashingiye ku kutemeranya ku mubare w’abakomoka mu bwoko bwabo bari mu buyobozi muri Teritwari batuyemo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi hari indi ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 uharanira uburenganzi bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bakomeje gutoterezwa mu Gihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 17 =

Previous Post

Ni nka film: Umugabo we umaze imyaka 11 yarabuze bahuriye kuri RIB, ari gusohorwa mu nzu,…

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.