Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

radiotv10by radiotv10
20/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Teritwari ya Kwamouth mu Ntara ya Mai-Ndombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hadutse imirwano mishya ihanganishije imitwe ibiri ishingiye ku bwoko, ikomeje no guhitana ubuzima bwa bamwe.

Ni imirwano yabaye hagati y’umutwe wo mu bwoko bwa Yaka n’ubwoko bwa Teke, kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 aho nubundi imaze iminsi ishyamiranye ihurira mu bikorwa by’imvururu.

Iyi mirwano yaguyemo abantu barindwi, yabereye mu bice by’igiturage cya Liduma na Miboro aho izi mvururu zanasize inzu z’abaturage nyinshi zitwitswe.

Visi Perezida wa Sosiyete Sivire muri Terirwari ya Kwamouth, Martin Suta yagize ati “Nubu haracyari imiryango hagati ya Yaka na Teke mu biturage bya Miboro werecyeza mu giturage cya Liduma. Imaze kugwamo abantu barindwi bo ku ruhanda rwa Buyaka.”

Yavuze ko abo muri Yaka “bamaze iminsi bohereza amabaruwa bavuga ko benda kugaba ibitero muri ibyo bice kugira ngo babyigarurire ku butaka bwabo.”

Yavuze ko no ku wa Gatatu hari abaturage bane bakomeretse mu gace ka Liduma nubundi mu bushyamirane hagati y’iyi mitwe ishingiye ku moko.

Muri aka gace kandi hakomeje kubarwa abaturage benshi bari guhunga bava mu byabo kubera izi mvururu, aho bamwe muri bo bari guhungira muri Congo Brazzaville.

Iyi mitwe ishingiye ku moko isanzwe ifitanye amakimbirane ashingiye ku kutemeranya ku mubare w’abakomoka mu bwoko bwabo bari mu buyobozi muri Teritwari batuyemo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi hari indi ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 uharanira uburenganzi bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bakomeje gutoterezwa mu Gihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Ni nka film: Umugabo we umaze imyaka 11 yarabuze bahuriye kuri RIB, ari gusohorwa mu nzu,…

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.