Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

radiotv10by radiotv10
20/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Teritwari ya Kwamouth mu Ntara ya Mai-Ndombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hadutse imirwano mishya ihanganishije imitwe ibiri ishingiye ku bwoko, ikomeje no guhitana ubuzima bwa bamwe.

Ni imirwano yabaye hagati y’umutwe wo mu bwoko bwa Yaka n’ubwoko bwa Teke, kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 aho nubundi imaze iminsi ishyamiranye ihurira mu bikorwa by’imvururu.

Iyi mirwano yaguyemo abantu barindwi, yabereye mu bice by’igiturage cya Liduma na Miboro aho izi mvururu zanasize inzu z’abaturage nyinshi zitwitswe.

Visi Perezida wa Sosiyete Sivire muri Terirwari ya Kwamouth, Martin Suta yagize ati “Nubu haracyari imiryango hagati ya Yaka na Teke mu biturage bya Miboro werecyeza mu giturage cya Liduma. Imaze kugwamo abantu barindwi bo ku ruhanda rwa Buyaka.”

Yavuze ko abo muri Yaka “bamaze iminsi bohereza amabaruwa bavuga ko benda kugaba ibitero muri ibyo bice kugira ngo babyigarurire ku butaka bwabo.”

Yavuze ko no ku wa Gatatu hari abaturage bane bakomeretse mu gace ka Liduma nubundi mu bushyamirane hagati y’iyi mitwe ishingiye ku moko.

Muri aka gace kandi hakomeje kubarwa abaturage benshi bari guhunga bava mu byabo kubera izi mvururu, aho bamwe muri bo bari guhungira muri Congo Brazzaville.

Iyi mitwe ishingiye ku moko isanzwe ifitanye amakimbirane ashingiye ku kutemeranya ku mubare w’abakomoka mu bwoko bwabo bari mu buyobozi muri Teritwari batuyemo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi hari indi ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 uharanira uburenganzi bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bakomeje gutoterezwa mu Gihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Ni nka film: Umugabo we umaze imyaka 11 yarabuze bahuriye kuri RIB, ari gusohorwa mu nzu,…

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti undi musirikare mukuru amwinjiza mu cyiciro cy’Abajenerali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.