Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urengera ingagi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko kohereza umutwe wa M23 muri Sabyinyo bizabangamira ingagi zo muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Byatangajwe n’itangazo ry’itabaza ryatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, ry’uyu muryango utari uwa Leta witwa ONG Gorilla Ambassador.

Uyu muryango uvuga ko kohereza M23 mu misozi ya Sabyinyo muri Teritwari ya Rutshuru, bizabangamira inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’uyu muryango, Alain Mukiranya avuga ko n’ubusanzwe inyamaswa zagiye zicika mu bice birimo uyu mutwe wa M23.

Yagize ati “Kohereza abarwanyi mu musozi wa Sabyinyo birashyira mu kaga ubuzima bw’ingagi zimaze igihe zigirira ibibazo mu ntambara, ibi ni ibibazo bizatuma dutakaza izi nyamaswa zari zituyemo.”

Yakomeje agira ati “Kuba izi nyeshyamba zihari bizongera ihunga ry’ingagi kuko ubwo bazaba bahari bazajya batema ibiti byo gutwikamo amakara no kugurisha.”

Alain Mukiranya yasabye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko yakora ibishobotse byose kugira ngo ibirindiro bya m23 biri muri Sabyinyo bihakurwe.

Yanavuze kandi ko itambara ya M23 itagize ingaruka ku ngagi gusa, ahubwo no ku rusobe rw’ibinyabuzima rwose rusanzwe rubarizwa muri Pariki ya Virunga.

Yagize ati “Ni inyamaswa nyinshi zahunze iyi ntamba. Yewe n’isha n’inkima zahunguye muri Tongo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Next Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Related Posts

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.