Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urengera ingagi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko kohereza umutwe wa M23 muri Sabyinyo bizabangamira ingagi zo muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Byatangajwe n’itangazo ry’itabaza ryatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, ry’uyu muryango utari uwa Leta witwa ONG Gorilla Ambassador.

Uyu muryango uvuga ko kohereza M23 mu misozi ya Sabyinyo muri Teritwari ya Rutshuru, bizabangamira inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’uyu muryango, Alain Mukiranya avuga ko n’ubusanzwe inyamaswa zagiye zicika mu bice birimo uyu mutwe wa M23.

Yagize ati “Kohereza abarwanyi mu musozi wa Sabyinyo birashyira mu kaga ubuzima bw’ingagi zimaze igihe zigirira ibibazo mu ntambara, ibi ni ibibazo bizatuma dutakaza izi nyamaswa zari zituyemo.”

Yakomeje agira ati “Kuba izi nyeshyamba zihari bizongera ihunga ry’ingagi kuko ubwo bazaba bahari bazajya batema ibiti byo gutwikamo amakara no kugurisha.”

Alain Mukiranya yasabye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko yakora ibishobotse byose kugira ngo ibirindiro bya m23 biri muri Sabyinyo bihakurwe.

Yanavuze kandi ko itambara ya M23 itagize ingaruka ku ngagi gusa, ahubwo no ku rusobe rw’ibinyabuzima rwose rusanzwe rubarizwa muri Pariki ya Virunga.

Yagize ati “Ni inyamaswa nyinshi zahunze iyi ntamba. Yewe n’isha n’inkima zahunguye muri Tongo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Next Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.