Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urengera ingagi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko kohereza umutwe wa M23 muri Sabyinyo bizabangamira ingagi zo muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Byatangajwe n’itangazo ry’itabaza ryatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, ry’uyu muryango utari uwa Leta witwa ONG Gorilla Ambassador.

Uyu muryango uvuga ko kohereza M23 mu misozi ya Sabyinyo muri Teritwari ya Rutshuru, bizabangamira inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’uyu muryango, Alain Mukiranya avuga ko n’ubusanzwe inyamaswa zagiye zicika mu bice birimo uyu mutwe wa M23.

Yagize ati “Kohereza abarwanyi mu musozi wa Sabyinyo birashyira mu kaga ubuzima bw’ingagi zimaze igihe zigirira ibibazo mu ntambara, ibi ni ibibazo bizatuma dutakaza izi nyamaswa zari zituyemo.”

Yakomeje agira ati “Kuba izi nyeshyamba zihari bizongera ihunga ry’ingagi kuko ubwo bazaba bahari bazajya batema ibiti byo gutwikamo amakara no kugurisha.”

Alain Mukiranya yasabye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko yakora ibishobotse byose kugira ngo ibirindiro bya m23 biri muri Sabyinyo bihakurwe.

Yanavuze kandi ko itambara ya M23 itagize ingaruka ku ngagi gusa, ahubwo no ku rusobe rw’ibinyabuzima rwose rusanzwe rubarizwa muri Pariki ya Virunga.

Yagize ati “Ni inyamaswa nyinshi zahunze iyi ntamba. Yewe n’isha n’inkima zahunguye muri Tongo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 5 =

Previous Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Next Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Related Posts

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.