Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA
1
DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango Itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko kimwe mu byifuzo igeza ku Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken; ari ukuba Igihugu cye cyafatira u Rwanda ibihano.

Iyi miryango igera kuri 17 ndetse n’inzobere zirimo Abanye-Congo ndetse n’Abanyamerika, basohoye itangazo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022 rivuga ko hari ibyifuzo bifuza kugeza kuri Antony Blinken utegerejwe muri DRC kuri uyu wa Kabiri.

Bavuga ko bifuza ko uyu muyobozi wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, azaba ubutegetsi bwa Congo ko muri iki Gihugu hagomba kubaho amatora anyuze mu mucyo, kubahiriza uburenganzira bwa muntu no kurwanya ruswa.

Itangazo ryabo rigira riti “Antony Blinken kandi agomba kwemeza ko Leta Zunze Ubumwe za America zifatira ibihano Guverinoma ndetse n’abantu bafasha imitwe yitwaje intwaro. Agomba kandi gushimangira igitekerezo cyo kuvugurura igisirikare cya Congo.”

Rigobert Minani Bihuzo Bakomeza uyobora umuryango wa CEPAS (Centre d’études pour l’Action sociale) yagize ati “Umunyamabanga wa Leta Blinken kandi agomba kuzamenyesha Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ko Leta Zunze Ubumwe za America zitazakomeza kwihanganira gufasha M23 nkuko byakozwe na Perezida Barack Obama muri 2012.”

Yakomeje agira ati “Agomba kandi gushyigikira ko Guverinoma ya Congo ivugurura igisirikare cyacyo byumwihariko mu rwego rwo kurwanya ruswa ndetse hakirukanwa abasirikare bose bakuru bakoresheje nabi ububasha bwabo ndetse hakanakorwa iperereza ku bijanditse mu byaha by’intambara.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken ategerejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri aho ku munsi w’ejo tariki 10 Kanama azava ahita yerecyeza mu Rwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Born in there says:
    3 years ago

    Impamvu musaba ntimuhabwe nuko musaba nabi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

Next Post

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.