Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Kuvuguruzanya hagati y’ubuyobozi na MONUSCO ku byo kuva i Butembo

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Kuvuguruzanya hagati y’ubuyobozi na MONUSCO ku byo kuva i Butembo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buremeza ko Ingabo za MONUSCO zavuye mu Mujyi wa Butembo mu gihe ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa Loni bwo bwemeza ko ingabo zabwo zigihari.

Guverineri w’urwego rw Gisirikare ruri kuyobora Intara ya Kivu ya Ruguru, Constant Ndima kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko rw’iminsi itatu amaze muri uyu Mujyi wabereyemo imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana MONUSCO, yavuze ko izi ngabo zamaze kuvana ibikoresho byazo muri uyu mujyi.

Gusa umuvugizi w’agateganyo wa MONUSCO, Ndeye Khady Lo yavuze ko bavanye bimwe mu bikoresho byabo muri Butembo bakabijyana mu bindi bice.

Yagize ati “Ntabwo twavuye muri Butembo. Habayeho kohereza bimwe mu bikoresho byacu mu kandi gace. Tuzakomeza gufasha FARDC i Butembo no mu bindi bice byo muri Kivu ya Ruguru.”

Constant Ndima we kuri uyu wa Kane yemeje ko MONUSCO yamaze kuva muri uyu Mujyi wa Butembo ndetse ko n’ibikoresho byayo bisigayemo bizajyanwa mu Mujyi wa Beni.

Uyu muyobozi wa Kivu ya Ruguru, yaboneyeho kongera gusaba abamagana MONUSCO kutazongera gukora imyigaragambyo nk’iyabaye mu byumweru bibiri bishize.

Yagize ati “MONUSCO yamaze kugenda. Ku bikoresho bikiri muri uyu mujyi, tugiye guhuriria i Goma n’abashinzwe ubu butumwa kugira ngo tuganire uko na byo babihavana. Naho abandi bantu [ba MONUSCO] basigaye i Butembo, ndabizeza ko turi gutegura uburyo bahava.”

Umujyi wa Butembo, ni umwe wabereyemo imyigaragambyo ikomeye ubwo Abanye-Congo biraraga mu mihanda bamagana MONUSCO, yanaguyemo abantu benshi barimo n’abo ku ruhande rwa MONUSCO.

Byavuzwe kandi ko mu myigaragambyo yabereye muri aka gace, abasirikare ba MONUSCO barashe amasasu mu baturage ndetse ari na yo ntandaro ya bamwe bahasize ubuzima mu gihe ubuyobozi bw’izi ngabo bwo bwabihakanye, bukavuga ko ahubwo hakwiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane ahaturutse amasasu yarashwe mu baturage.

Abaturage bo muri uyu mujyi bari baherutse gutangaza ko batifuza kubona imodoka MONUSCO icaracara mu muhanda kuko ubwo bazayibona, abazaba bayirimo bazahura n’akaga gakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

SADC yasezeranyije DRCongo ko igiye gutekereza ku bushotoranyi bushinjwa u Rwanda ikagira icyo ikora

Next Post

Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.