Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka
Share on FacebookShare on Twitter

MONUSCO yasezeranyije ko izishingira ubuvuzi bw’abakomerekejwe na bombe yaturikanye abakirisitu bari bagiye gusenga mu rusengero rwo muri Komini ya Kasindi muri Teritwari ya Beni, bagaturikanwa n’igisasu, bamwe bavuga ko babanje kugira ngo ni imperuka isohoje.

Ni igisasu cyaturikanye abakirisitu bari bagiye kwiragiza Imana mu rusengero rw’Aba- Protestante ruherereye muri iyi komini yo mu gace k’icyaro ku Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023.

Nyuma y’iki gitero, imodoka itwara indembe ya MONUSCO yihutiye kugera aho cyabereye kugira ngo igeze inkomere kwa muganga, zihabwe ubutabazi bwihuse.

Nanone kandi hatangajwe andi makuru ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2022 hari izindi mbangukiragutaraba eshanu zagiye kujyana inkomere mu mujyi wa Beni.

Hanatangajwe kandi ko kuri uyu wa Mbere hari hateganyijwe ko indege ya MONUSCO iza kujya muri aka gace gutwara abakomeretse bikabije.

Bamwe mu bari muri uru rusengero ubwo igisasu cyaturikaga, bavuze ko babanje “gukeka ko ari imperuka isohoje.”

Umwe yagize ati “Hariho hagwa akavura gacye, harimo abantu benshi mu rusengero, batunguwe no kumvu iturika ridasanzwe. Ni igisasu cyaterateranyijwe n’abantu.”

Igisirikare cya Congo Kinshasa cyatangaje ko iri turika ari igikorwa cy’iterabwoba cy’umutwe wa ADF ukorana n’uwa Leta ya Kisilamu uvuga ko ugendera ku mahame akarishye ya kisilamu.

Kugeza ubu habarwa abantu 13 bamaze kwitaba Imana barimo barindwi b’abagore n’abana, mu gihe abakomeretse ari 79 barimo barindwi bakomeretse bikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga

Next Post

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.