Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yongeye kubura mu gihe ingabo z’u Burundi zamaze kugera muri iki Gihugu gufasha ingabo za Leta guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Iyi mirwano yubaye mu rukerera rwo kuri uyu Kabiri tariki 16 Kanama 2022 muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ahagana saa cyenda z’igitondo.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikanira mu bice bya Rwanguba mu gace ka Tanda ndetse unerecyeza mu gace ka Muhimbira gaherereye mu bilometero 20 uvuye muri Rutshuru rwagati.

Umutwe wa M23 uvuga ko igisirikare cya DRC ari cyo cyabagabyeho igitero mu birindiro byawo biri muri Gurupoma ya Bweza muri Lokarite ya Tanda.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko akenshi urwana ari uko ugabweho igitero na FARDC, wongeye kuvuga ko iki gisirikare cya Congo, cyagabye iki gitero gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Mai-Mai Nyatura, arik ko abarwanyi bawo bihagazeho bagahangana n’iki gitero.

Hari hashize igera mu 10 habaye indi mirwano yabereye mu bice bikikije ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo aho uyu mutwe wa M23 washakaga kugifata.

Iyi mirwano yubuye nyuma y’amasaha macye ingabo z’u Burundi zikandagiye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aho zigiye gufasha FARDC mu bikorwa byo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa M23.

Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo wemeje ko izi ngabo z’u Burundi zamaze kugera muri Congo, yavuze ko zizakora zihabwa amabwiriza na FARDC ndetse ko zizaba zifite ibirindi muri Uvira.

Iyi mirwano kandi yubuye nyuma y’icyumweru DRC n’u Rwanda, bigenderewe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wanagenzwaga n’ikibazo cy’umutekano mucye wakunze kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony Blinken ubwo yari muri DRC, yavuze ko Igihugu cye gitewe impungenge n’amakuru ngo yizewe agaragaz ako u Rwanda rufasha M23 aherutse kujya hanze y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rwo rwahakanye ibi rushinjwa byo kuba rufasha M23, gusa ruvuga ko ikibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo kitazarangira mu gihe iki Gihugu cyakomeza gufasha FDLR no kwirengagiza ikibazo cya M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.