Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yongeye kubura mu gihe ingabo z’u Burundi zamaze kugera muri iki Gihugu gufasha ingabo za Leta guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Iyi mirwano yubaye mu rukerera rwo kuri uyu Kabiri tariki 16 Kanama 2022 muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ahagana saa cyenda z’igitondo.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikanira mu bice bya Rwanguba mu gace ka Tanda ndetse unerecyeza mu gace ka Muhimbira gaherereye mu bilometero 20 uvuye muri Rutshuru rwagati.

Umutwe wa M23 uvuga ko igisirikare cya DRC ari cyo cyabagabyeho igitero mu birindiro byawo biri muri Gurupoma ya Bweza muri Lokarite ya Tanda.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko akenshi urwana ari uko ugabweho igitero na FARDC, wongeye kuvuga ko iki gisirikare cya Congo, cyagabye iki gitero gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Mai-Mai Nyatura, arik ko abarwanyi bawo bihagazeho bagahangana n’iki gitero.

Hari hashize igera mu 10 habaye indi mirwano yabereye mu bice bikikije ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo aho uyu mutwe wa M23 washakaga kugifata.

Iyi mirwano yubuye nyuma y’amasaha macye ingabo z’u Burundi zikandagiye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aho zigiye gufasha FARDC mu bikorwa byo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa M23.

Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo wemeje ko izi ngabo z’u Burundi zamaze kugera muri Congo, yavuze ko zizakora zihabwa amabwiriza na FARDC ndetse ko zizaba zifite ibirindi muri Uvira.

Iyi mirwano kandi yubuye nyuma y’icyumweru DRC n’u Rwanda, bigenderewe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wanagenzwaga n’ikibazo cy’umutekano mucye wakunze kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony Blinken ubwo yari muri DRC, yavuze ko Igihugu cye gitewe impungenge n’amakuru ngo yizewe agaragaz ako u Rwanda rufasha M23 aherutse kujya hanze y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rwo rwahakanye ibi rushinjwa byo kuba rufasha M23, gusa ruvuga ko ikibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo kitazarangira mu gihe iki Gihugu cyakomeza gufasha FDLR no kwirengagiza ikibazo cya M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eight =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.