Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Nyuma yuko ingabo z’u Burundi zigiye gufasha FARDC guhashya M23 rwongeye kwambikana
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yongeye kubura mu gihe ingabo z’u Burundi zamaze kugera muri iki Gihugu gufasha ingabo za Leta guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Iyi mirwano yubaye mu rukerera rwo kuri uyu Kabiri tariki 16 Kanama 2022 muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ahagana saa cyenda z’igitondo.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikanira mu bice bya Rwanguba mu gace ka Tanda ndetse unerecyeza mu gace ka Muhimbira gaherereye mu bilometero 20 uvuye muri Rutshuru rwagati.

Umutwe wa M23 uvuga ko igisirikare cya DRC ari cyo cyabagabyeho igitero mu birindiro byawo biri muri Gurupoma ya Bweza muri Lokarite ya Tanda.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko akenshi urwana ari uko ugabweho igitero na FARDC, wongeye kuvuga ko iki gisirikare cya Congo, cyagabye iki gitero gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Mai-Mai Nyatura, arik ko abarwanyi bawo bihagazeho bagahangana n’iki gitero.

Hari hashize igera mu 10 habaye indi mirwano yabereye mu bice bikikije ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo aho uyu mutwe wa M23 washakaga kugifata.

Iyi mirwano yubuye nyuma y’amasaha macye ingabo z’u Burundi zikandagiye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aho zigiye gufasha FARDC mu bikorwa byo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa M23.

Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo wemeje ko izi ngabo z’u Burundi zamaze kugera muri Congo, yavuze ko zizakora zihabwa amabwiriza na FARDC ndetse ko zizaba zifite ibirindi muri Uvira.

Iyi mirwano kandi yubuye nyuma y’icyumweru DRC n’u Rwanda, bigenderewe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wanagenzwaga n’ikibazo cy’umutekano mucye wakunze kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony Blinken ubwo yari muri DRC, yavuze ko Igihugu cye gitewe impungenge n’amakuru ngo yizewe agaragaz ako u Rwanda rufasha M23 aherutse kujya hanze y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rwo rwahakanye ibi rushinjwa byo kuba rufasha M23, gusa ruvuga ko ikibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo kitazarangira mu gihe iki Gihugu cyakomeza gufasha FDLR no kwirengagiza ikibazo cya M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + fourteen =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Umujenerali umwe wa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.