Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero bivugwa ko cyari kigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyahereye ku rugo rw’Umunyapolitiki Vital Kamerhe usanzwe ari Minisitiri w’Intebe Wungirije. Umugore we yavuze uko byari bimeze ubwo iki gitero cyabaga.

Ni igitero cyabaye mu gitondo cya kare kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, muri Komini ya Gombe i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Abagabye iki gitero bahereye ku rugo rwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu, Vital Kamerhe, ubundi bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Aha kwa Vital Kamerhe, bivugwa ko hapfiriye abantu batatu barimo babiri bo ku ruhande rw’abarwanyi bagabye iki gitero ndetse n’umupolisi umwe.

Umugore wa Vital Kamerhe, Hamida Chatur Kamerhe yavuze ko mu gitondo cya kare, bumvise urusaku rw’amasasu bakiryamye, ubwo abo barwanyi bari bamaze kwinjira mu rugo rwabo, ubundi binjira barasa urufaya rw’amasasu.

Yagize ati “Bishe babiri mu barinzi bacu, umwe mu bashinzwe umutekano wacu, na we yashoboye kwica umwe muri abo barwanyi, ariko bakomeje kurasa.”

Hamida Chatur avuga ko aba barwanyi babanje kohereza drone ifata amashusho kugira ngo bamenye uko umutekano w’urugo rwabo uhagaze.

Avuga kandi ko umugabo we Vital Kamerhe yahise ahamagara kuri telefone umwe mu bashinzwe kurinda umutekano we, akamubwira ko abo barwanyi ari we bashaka kwivugana, kuko binjiye babaza aho aherereye.

Ati “Nahise numva ko ibyacu birangiye, ndetse n’amasasu akomeza kuba menshi, ku buryo urugo rwacu rwari rwabaye isibaniro.”

Hamida Chatur avuga ko uku gukozanyaho hagati y’abashinzwe umutekano n’aba barwanyi, byamaze igihe kigera mu isaha, ariko ko we n’umugabo we aho bari mu nzu bonyine, bari bafite ubwoba bwinshi.

Hamida avuga ko bakijijwe n’Imana, kuko umugabo we ari we wari ugambiriwe kwivuganwa n’aba bari bitwaje intwaro. Ati “Urebye ntitwari dufite amahirwe yo kurokoka.”

Uyu mugore wa Vital Kamerhe avuga ko Imana yongeye kwimana umugabo we nyuma y’uko ngo ari yo yamufunguye ko yigeze kumara igihe afunze, ati “Nanone Imana yohereje ingabo zo mu Ijuru ngo ziturokore.”

Umugore wa Vital Kamerhe avuga ko kurasa mu rugo rwabo byahosheje saa kumi n’imwe mu gihe byari byatangiye saa kumi z’igitondo. Abarasaga bahise bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo bageraga kuri Perezidansi, igisirikare gishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu, cyahise cyohereza itsinda ry’abasirikare kugira ngo riburizemo aba barwanyi ndetse n’ibimodoka by’urugamba, ari na bwo habagaho gukozanyaho.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demikasi ya Congo, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko FARDC yabashije kwica abantu bane ku ruhande rw’abagabye iki gitero barimo Christian Malanga wari ukiyoboye, ndetse abandi barafatwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 1 =

Previous Post

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

Next Post

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years
IMYIDAGADURO

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.