Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero bivugwa ko cyari kigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyahereye ku rugo rw’Umunyapolitiki Vital Kamerhe usanzwe ari Minisitiri w’Intebe Wungirije. Umugore we yavuze uko byari bimeze ubwo iki gitero cyabaga.

Ni igitero cyabaye mu gitondo cya kare kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, muri Komini ya Gombe i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Abagabye iki gitero bahereye ku rugo rwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu, Vital Kamerhe, ubundi bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Aha kwa Vital Kamerhe, bivugwa ko hapfiriye abantu batatu barimo babiri bo ku ruhande rw’abarwanyi bagabye iki gitero ndetse n’umupolisi umwe.

Umugore wa Vital Kamerhe, Hamida Chatur Kamerhe yavuze ko mu gitondo cya kare, bumvise urusaku rw’amasasu bakiryamye, ubwo abo barwanyi bari bamaze kwinjira mu rugo rwabo, ubundi binjira barasa urufaya rw’amasasu.

Yagize ati “Bishe babiri mu barinzi bacu, umwe mu bashinzwe umutekano wacu, na we yashoboye kwica umwe muri abo barwanyi, ariko bakomeje kurasa.”

Hamida Chatur avuga ko aba barwanyi babanje kohereza drone ifata amashusho kugira ngo bamenye uko umutekano w’urugo rwabo uhagaze.

Avuga kandi ko umugabo we Vital Kamerhe yahise ahamagara kuri telefone umwe mu bashinzwe kurinda umutekano we, akamubwira ko abo barwanyi ari we bashaka kwivugana, kuko binjiye babaza aho aherereye.

Ati “Nahise numva ko ibyacu birangiye, ndetse n’amasasu akomeza kuba menshi, ku buryo urugo rwacu rwari rwabaye isibaniro.”

Hamida Chatur avuga ko uku gukozanyaho hagati y’abashinzwe umutekano n’aba barwanyi, byamaze igihe kigera mu isaha, ariko ko we n’umugabo we aho bari mu nzu bonyine, bari bafite ubwoba bwinshi.

Hamida avuga ko bakijijwe n’Imana, kuko umugabo we ari we wari ugambiriwe kwivuganwa n’aba bari bitwaje intwaro. Ati “Urebye ntitwari dufite amahirwe yo kurokoka.”

Uyu mugore wa Vital Kamerhe avuga ko Imana yongeye kwimana umugabo we nyuma y’uko ngo ari yo yamufunguye ko yigeze kumara igihe afunze, ati “Nanone Imana yohereje ingabo zo mu Ijuru ngo ziturokore.”

Umugore wa Vital Kamerhe avuga ko kurasa mu rugo rwabo byahosheje saa kumi n’imwe mu gihe byari byatangiye saa kumi z’igitondo. Abarasaga bahise bakomereza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo bageraga kuri Perezidansi, igisirikare gishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu, cyahise cyohereza itsinda ry’abasirikare kugira ngo riburizemo aba barwanyi ndetse n’ibimodoka by’urugamba, ari na bwo habagaho gukozanyaho.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demikasi ya Congo, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko FARDC yabashije kwica abantu bane ku ruhande rw’abagabye iki gitero barimo Christian Malanga wari ukiyoboye, ndetse abandi barafatwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 19 =

Previous Post

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

Next Post

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.