Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
1
DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Vital Kamerhe wabaye umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse gufungurwa, yahuye na Perezida Felix Tshisekedi bagirana ibiganiro, nyuma atanga ikiganiro cyanagarutse ku muti w’ibibazo by’umutekano mucye byashegeshe uburasirazuba bwa Congo.

Vital Kamerhe warekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo kugirwa umwere ku cyaha cyo kunyereza Miliyoni 50 USD, yahuye na Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

Vital Kamerhe akibonana na Perezida, bombi bagaragaje ibyishimo bamwenyura, Tshisekedi ahita amubaza ati “Umeze ute Vital?” Ahita amusubiza agira ati “Ni ibyishimo nyakubahwa Perezida.”

Uyu munyapolitiki yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru dukesha Congo Avenir, yavuze ko yiteguye gukomeza gukorera Igihugu cye mu buryo bwose yaba ari mu myanya mikuru y’ubutegetsi cyangwa atayirimo.

Yagize ati “Si ngombwa ko uba Minisitiri w’Intebe, Perezida wa Repubulika cyangwa Minisitiri kugira ngo ufashe Igihugu cyane, niyo waba uri Umunyamakuru wakora neza umwuga ugafasha Igihugu cyawe.”

Vital Kamerhe arekuwe mu gihe mu Gihugu cye hakomeje kuba ibikorwa by’umutekano mucye biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje guhangana na FARDC, aho u Rwanda rwongeye no kuzanwa muri ibi bibazo rushinjwa gufasha uyu mutwe, gusa rukaba rubihakana.

Abajijwe kuri ibi bibazo byo mu Burasirazuba bwa Congo anakomokamo, Vital Kamerhe yavuze ko kurandura ibi bibazo bigomba kugirwamo uruhare na buri wese yaba ubuyobozi, inzego z’umutekano ndetse n’abaturage.

Yavuze ko kurandura ibi bibazo bishoboka, ati “Ntabwo ari ubushobozi bw’ubwenge bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bw’amikoro bwabuze, tugomba kongera tukikebuka tukareba ku bijyanye n’igisirikare, tugakomeza urwego rw’umutekano kugira ngo tubashe guhagarara bwuma mu ntambara.”

Yavuze ko hakenewe kandi imbaraga mu rwego rwa Gisirikare ndetse no mu rwego rw’ububanyi n’amahanga.

Ati “Aho tuvuganira aha, hari uruhande rw’abantu basa nk’abasinziriye, si ku kibazo cya M23 gusa, ntidukwiye kwibagirwa ko ubwo twafataga ubutegetsi ku buyobozi bwa Perezida Tshisekedi wari ubuyoboye, ikibazo twagombaga gukemura byihuse cyari icyo muri Beni hamwe na ADF Nalu ndetse na CODECO muri Ituri.”

Yavuze ko abantu bakwiye kwibaza ko M23 itaje nk’ije guhuma abantu amaso ku byamaze kugerwaho n’ubuyobozi buriho, akavuga ko gukemura ibi bibazo by’umutekano mucye, bikwiye gukorerwa umugambi wizwe kandi watekerejweho neza kandi bigashyirwa mu bikorwa mu gihe nyacyo.

Vital Kamerhe yakiriwe na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    4 years ago

    Ni umuhanga cyane.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + five =

Previous Post

Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Next Post

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.