Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
1
DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Vital Kamerhe wabaye umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse gufungurwa, yahuye na Perezida Felix Tshisekedi bagirana ibiganiro, nyuma atanga ikiganiro cyanagarutse ku muti w’ibibazo by’umutekano mucye byashegeshe uburasirazuba bwa Congo.

Vital Kamerhe warekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo kugirwa umwere ku cyaha cyo kunyereza Miliyoni 50 USD, yahuye na Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

Vital Kamerhe akibonana na Perezida, bombi bagaragaje ibyishimo bamwenyura, Tshisekedi ahita amubaza ati “Umeze ute Vital?” Ahita amusubiza agira ati “Ni ibyishimo nyakubahwa Perezida.”

Uyu munyapolitiki yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru dukesha Congo Avenir, yavuze ko yiteguye gukomeza gukorera Igihugu cye mu buryo bwose yaba ari mu myanya mikuru y’ubutegetsi cyangwa atayirimo.

Yagize ati “Si ngombwa ko uba Minisitiri w’Intebe, Perezida wa Repubulika cyangwa Minisitiri kugira ngo ufashe Igihugu cyane, niyo waba uri Umunyamakuru wakora neza umwuga ugafasha Igihugu cyawe.”

Vital Kamerhe arekuwe mu gihe mu Gihugu cye hakomeje kuba ibikorwa by’umutekano mucye biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje guhangana na FARDC, aho u Rwanda rwongeye no kuzanwa muri ibi bibazo rushinjwa gufasha uyu mutwe, gusa rukaba rubihakana.

Abajijwe kuri ibi bibazo byo mu Burasirazuba bwa Congo anakomokamo, Vital Kamerhe yavuze ko kurandura ibi bibazo bigomba kugirwamo uruhare na buri wese yaba ubuyobozi, inzego z’umutekano ndetse n’abaturage.

Yavuze ko kurandura ibi bibazo bishoboka, ati “Ntabwo ari ubushobozi bw’ubwenge bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bwabuze, ntabwo ari ubushobozi bw’amikoro bwabuze, tugomba kongera tukikebuka tukareba ku bijyanye n’igisirikare, tugakomeza urwego rw’umutekano kugira ngo tubashe guhagarara bwuma mu ntambara.”

Yavuze ko hakenewe kandi imbaraga mu rwego rwa Gisirikare ndetse no mu rwego rw’ububanyi n’amahanga.

Ati “Aho tuvuganira aha, hari uruhande rw’abantu basa nk’abasinziriye, si ku kibazo cya M23 gusa, ntidukwiye kwibagirwa ko ubwo twafataga ubutegetsi ku buyobozi bwa Perezida Tshisekedi wari ubuyoboye, ikibazo twagombaga gukemura byihuse cyari icyo muri Beni hamwe na ADF Nalu ndetse na CODECO muri Ituri.”

Yavuze ko abantu bakwiye kwibaza ko M23 itaje nk’ije guhuma abantu amaso ku byamaze kugerwaho n’ubuyobozi buriho, akavuga ko gukemura ibi bibazo by’umutekano mucye, bikwiye gukorerwa umugambi wizwe kandi watekerejweho neza kandi bigashyirwa mu bikorwa mu gihe nyacyo.

Vital Kamerhe yakiriwe na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    4 years ago

    Ni umuhanga cyane.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Next Post

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.