Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Abarenga 120 baburiye ubuzima kuri gereza yumvikanyeho urusaku rw’amasasu

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in AMAHANGA
0
DRCongo: Abarenga 120 baburiye ubuzima kuri gereza yumvikanyeho urusaku rw’amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani; yatangaje umubare w’agateganyo w’abantu 129 baburiye ubuzima mu bikorwa byo kugerageza gutoroka Gereza ya Makala mu Mujyi wa Kinshasa.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Nzeri 2024 ubwo imfungwa zifungiye muri Gereza nkuru y’i Kinshasa zageragezaga gutoroka, hakiyambazwa inzego z’umutekano kugira ngo ziburizemo uyu mugambi, zikarasa urufaya rw’amasasu.

Umubare w’agateganyo w’aba bantu 129 baburiye ubuzima muri ibi bikorwa, watangajwe na Jacquemain Shabani, nyuma y’inama yahuje abayobozi b’inzego za Gisirikare n’iz’Umutekano, bari bayobowe na we.

Yagize ati “Umubare w’agateganyo w’abahaguye wazamutse ugera ku 129, barimo 24 bishwe n’amasasu yarashwe, abandi bakaba bazize umubyigano no kubura umwuka. Ikindi kandi turabara inkomere 59 ziri kwitabwaho na Guverinoma, ndetse n’ibibazo bicye by’abagore bahohotewe.”

Komisiyo yahise ishyirwaho ishinzwe gukora iperereza kuri iki kibazo, yagaragaje abantu 59 bakomerekeye muri ibi bikorwa, bari kuvurwa bishyuriwe na Guverinoma kugira ngo bahabwe ubuvuzi buboneye.

Naho ku bijyanye n’ibikorwa n’ibikoresho byangirikiye muri iki gikorwa, Jacquemain Shabani yavuze ko hari inyubako yakoreragamo ubuyobozi bwa Gereza yatwitswe ndetse n’izindi nyubako zirimo ivuriro rya gereza ndetse n’ububiko bw’ibiribwa.

Aka kaduruvayo n’urusaku rw’amasasu byabereye kuri iyi Gereza ya Makala, byamaze amasaha menshi kuri uyu wa Kabiri, ubwo inzego z’umutekano zari zimaze guhabwa itegeko zarashe urufaya rw’amasasu mu gihe imfungwa zashakaga gutoroka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Kigali: Igikekwa ku nzu yarimo umusaza bivugwa ko yashumitswe n’abakoresheje Lisansi igakongoka

Next Post

AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.