Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu bya gisirikare n’umutekano, Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi uri mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu kubera kugezageza guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi, hamenyekanye amakuru ko yarekuwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Gashyantare 2025, nk’uko amakuru y’abari hafi y’uyu mugabo abyemeza.

Nanone kandi Me Carlos Ngwapitshi, Umunyamategeko wa Jean-Jacques Wondo yemeje irekurwa ry’umukiliya we, avuga ko n’ubundi urubanza rwe rwari urwa politiki bityo ko rwari rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za dipolomasi.

Yagize ati “Urubanza rwa politiki, ruba rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za Politiki n’ubundi cyangwa iya dipolomasi. Umucamanza w’Urukiko agira umwere mu gihe nta bimenyetso bifatika bihamya umuntu icyaha, ariko Umunyapolitiki w’urubanza rwa Politiki ashobora guhamya umuntu icyaha atagaragarijwe ibimenyetso.”

Amakuru avuga kandi ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe mu ijoro ryo ku ya 04 Gashyantare agahita yerecyeza i Bruxelles mu Bubiligi, kugira ngo anavurwe kuko arembye.

Jean-Jacques Wondo yarekuwe nyuma yuko Urukiko rwa gisirikare rw’i Gombe muri Kinshasa ruburanishije ubujurire bw’uru rubanza tariki 27 Mutarama 2025.

Igihano cy’urupfu cyari cyarakatiwe Jean-Jacques Wondo, cyari cyamaganywe n’u Bubiligi, uyu mugabo asanzwe afitiye ubwenegihugu, ndetse gituma amahanga yongera kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku kuba Ubucamanza bwaho bufata ibyemezo kandi nta bimenyetso bifatika.

Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, yari yakatiwe igihano cy’urupfu we n’abandi batatu bafite ubwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’abandi, aho bashinjwaga kugerageza guhirika Ubutegetsi, igikorwa cyabaye muri Gicurasi 2024.

Nathalie Kayembe, Umugore wa Jean-Jacques Wondo, yakunze kugaragaza kenshi impungenge z’ubuzima bw’umugabo we, aho yasabaga ko arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza

Next Post

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.