Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu bya gisirikare n’umutekano, Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi uri mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu kubera kugezageza guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi, hamenyekanye amakuru ko yarekuwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Gashyantare 2025, nk’uko amakuru y’abari hafi y’uyu mugabo abyemeza.

Nanone kandi Me Carlos Ngwapitshi, Umunyamategeko wa Jean-Jacques Wondo yemeje irekurwa ry’umukiliya we, avuga ko n’ubundi urubanza rwe rwari urwa politiki bityo ko rwari rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za dipolomasi.

Yagize ati “Urubanza rwa politiki, ruba rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za Politiki n’ubundi cyangwa iya dipolomasi. Umucamanza w’Urukiko agira umwere mu gihe nta bimenyetso bifatika bihamya umuntu icyaha, ariko Umunyapolitiki w’urubanza rwa Politiki ashobora guhamya umuntu icyaha atagaragarijwe ibimenyetso.”

Amakuru avuga kandi ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe mu ijoro ryo ku ya 04 Gashyantare agahita yerecyeza i Bruxelles mu Bubiligi, kugira ngo anavurwe kuko arembye.

Jean-Jacques Wondo yarekuwe nyuma yuko Urukiko rwa gisirikare rw’i Gombe muri Kinshasa ruburanishije ubujurire bw’uru rubanza tariki 27 Mutarama 2025.

Igihano cy’urupfu cyari cyarakatiwe Jean-Jacques Wondo, cyari cyamaganywe n’u Bubiligi, uyu mugabo asanzwe afitiye ubwenegihugu, ndetse gituma amahanga yongera kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku kuba Ubucamanza bwaho bufata ibyemezo kandi nta bimenyetso bifatika.

Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, yari yakatiwe igihano cy’urupfu we n’abandi batatu bafite ubwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’abandi, aho bashinjwaga kugerageza guhirika Ubutegetsi, igikorwa cyabaye muri Gicurasi 2024.

Nathalie Kayembe, Umugore wa Jean-Jacques Wondo, yakunze kugaragaza kenshi impungenge z’ubuzima bw’umugabo we, aho yasabaga ko arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza

Next Post

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.