Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
16/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yogabanyije impamvu zagenderwagaho mu gutanga igihano cy’urupfu, nyuma y’uko FARDC itanze icyifuzo ko cyakoshywa kuko cyahawe abasirikare benshi bataye urugamba bahanganyemo na M23.

Iki cyemezo cyafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 09 Gashyantare, cyasohotse mu iteka rya ya Leta ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024.

Iki cyemezo cyamenyeshejwe abayobozi b’Inzego zitandukanye zirimo Perezida w’Inama y’Ubucamanza akaba na Perezida w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, Perezida wa Mbere w’Urukiko rushinzwe gusesa imanza, Umushinjacyaha Mukuru, Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse n’Umugenzuzi mukuru wa FARDC.

Nyuma y’izi mpinduka ku gihano cy’urupfu, kizajya gitangwa nyuma y’icyemezo cya nyuma ntakuka cy’umucamanza mu gihe cy’Intambara, muri Leta zashyiriweho umwihariko zizwi nka ‘Etat de siège’ cyangwa mu gihe Umucamanza yagaragaje ko icyo gihano ari ngombwa.

Nanone kandi kizajya gitangwa mu gihe hakozwe ibyaha mu bikorwa bya Polisi bikorwa mu ruhame, mu gihe hakozwe ibyaha biremereye, kigatangwa mu gihe hagaragajwe itegeko rya Minisitiri w’Ubutabera.

Bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bizajya bituma uwabikoze ahanishwa igihano cy’urupfu, birimo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, ubugambanyi, ubutasi, kuba mu gatsiko kitwaje intwaro, no kugira uruhare mu myigaragambyo.

Nanone kandi hiyongeraho ibyaha by’intambara, ibya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu nk’uko bikubiye mu iteka ryo ku ya 30 Mutarama 1940 ry’itegeko mpanabyaha.

Hari kandi n’ibyaha byo kwifatanya n’umwanzi, kwigomeka, ubugwari ku rugamba, ubugambanyi mu gisirikare, kutumvira amabwiriza y’urugamba ndetse no gukorana n’umwanzi.

Koroshya impamvu zagenderwagaho hatangwa igihano cy’urupfu, bije nyuma y’uko mu Nama Nkuru y’umutekano yari iyobowe na Félix Tshisekedi, yasabiwemo ko hakoroshywa iki gihano cyakunze guhabwa abasirikare bagiye bata urugamba ruhanganishije FARDC na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 19 =

Previous Post

Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.