Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
16/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yogabanyije impamvu zagenderwagaho mu gutanga igihano cy’urupfu, nyuma y’uko FARDC itanze icyifuzo ko cyakoshywa kuko cyahawe abasirikare benshi bataye urugamba bahanganyemo na M23.

Iki cyemezo cyafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 09 Gashyantare, cyasohotse mu iteka rya ya Leta ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024.

Iki cyemezo cyamenyeshejwe abayobozi b’Inzego zitandukanye zirimo Perezida w’Inama y’Ubucamanza akaba na Perezida w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, Perezida wa Mbere w’Urukiko rushinzwe gusesa imanza, Umushinjacyaha Mukuru, Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse n’Umugenzuzi mukuru wa FARDC.

Nyuma y’izi mpinduka ku gihano cy’urupfu, kizajya gitangwa nyuma y’icyemezo cya nyuma ntakuka cy’umucamanza mu gihe cy’Intambara, muri Leta zashyiriweho umwihariko zizwi nka ‘Etat de siège’ cyangwa mu gihe Umucamanza yagaragaje ko icyo gihano ari ngombwa.

Nanone kandi kizajya gitangwa mu gihe hakozwe ibyaha mu bikorwa bya Polisi bikorwa mu ruhame, mu gihe hakozwe ibyaha biremereye, kigatangwa mu gihe hagaragajwe itegeko rya Minisitiri w’Ubutabera.

Bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bizajya bituma uwabikoze ahanishwa igihano cy’urupfu, birimo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, ubugambanyi, ubutasi, kuba mu gatsiko kitwaje intwaro, no kugira uruhare mu myigaragambyo.

Nanone kandi hiyongeraho ibyaha by’intambara, ibya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu nk’uko bikubiye mu iteka ryo ku ya 30 Mutarama 1940 ry’itegeko mpanabyaha.

Hari kandi n’ibyaha byo kwifatanya n’umwanzi, kwigomeka, ubugwari ku rugamba, ubugambanyi mu gisirikare, kutumvira amabwiriza y’urugamba ndetse no gukorana n’umwanzi.

Koroshya impamvu zagenderwagaho hatangwa igihano cy’urupfu, bije nyuma y’uko mu Nama Nkuru y’umutekano yari iyobowe na Félix Tshisekedi, yasabiwemo ko hakoroshywa iki gihano cyakunze guhabwa abasirikare bagiye bata urugamba ruhanganishije FARDC na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eighteen =

Previous Post

Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.