Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
16/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hafashwe icyemezo ku gihano kiremereye nyuma y’uko FARDC igitanzeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yogabanyije impamvu zagenderwagaho mu gutanga igihano cy’urupfu, nyuma y’uko FARDC itanze icyifuzo ko cyakoshywa kuko cyahawe abasirikare benshi bataye urugamba bahanganyemo na M23.

Iki cyemezo cyafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 09 Gashyantare, cyasohotse mu iteka rya ya Leta ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024.

Iki cyemezo cyamenyeshejwe abayobozi b’Inzego zitandukanye zirimo Perezida w’Inama y’Ubucamanza akaba na Perezida w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, Perezida wa Mbere w’Urukiko rushinzwe gusesa imanza, Umushinjacyaha Mukuru, Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse n’Umugenzuzi mukuru wa FARDC.

Nyuma y’izi mpinduka ku gihano cy’urupfu, kizajya gitangwa nyuma y’icyemezo cya nyuma ntakuka cy’umucamanza mu gihe cy’Intambara, muri Leta zashyiriweho umwihariko zizwi nka ‘Etat de siège’ cyangwa mu gihe Umucamanza yagaragaje ko icyo gihano ari ngombwa.

Nanone kandi kizajya gitangwa mu gihe hakozwe ibyaha mu bikorwa bya Polisi bikorwa mu ruhame, mu gihe hakozwe ibyaha biremereye, kigatangwa mu gihe hagaragajwe itegeko rya Minisitiri w’Ubutabera.

Bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bizajya bituma uwabikoze ahanishwa igihano cy’urupfu, birimo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, ubugambanyi, ubutasi, kuba mu gatsiko kitwaje intwaro, no kugira uruhare mu myigaragambyo.

Nanone kandi hiyongeraho ibyaha by’intambara, ibya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu nk’uko bikubiye mu iteka ryo ku ya 30 Mutarama 1940 ry’itegeko mpanabyaha.

Hari kandi n’ibyaha byo kwifatanya n’umwanzi, kwigomeka, ubugwari ku rugamba, ubugambanyi mu gisirikare, kutumvira amabwiriza y’urugamba ndetse no gukorana n’umwanzi.

Koroshya impamvu zagenderwagaho hatangwa igihano cy’urupfu, bije nyuma y’uko mu Nama Nkuru y’umutekano yari iyobowe na Félix Tshisekedi, yasabiwemo ko hakoroshywa iki gihano cyakunze guhabwa abasirikare bagiye bata urugamba ruhanganishije FARDC na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − five =

Previous Post

Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Umuhanzi Nyarwanda ugezweho yahishuye icyo yakuze yiyumvamo kuzakora kitari umuziki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.