Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hamenyekanye ingingo ikomeye yemerejwe mu nama idasanzwe y’umutekano yayobowe na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
DRCongo: Hamenyekanye ingingo ikomeye yemerejwe mu nama idasanzwe y’umutekano yayobowe na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itangaje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyananiwe imbere ya M23, hateranye Inama Nkuru y’Umutekano yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, yemerejwemo imyanzuro itandukanye irimo gukora ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma udafatwa na M23.

Iyi Nama Nkuru y’Umutekano yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare, nyuma y’iminsi micye Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano, Jean Pierre Bemba atangaje ko bakurikije uko urugamba ruhagaze ubu, umutwe wa M23 urusha imbaraga FARDC.

Binavugwa kandi ko umutwe wa M23 ukomeje gufata ibindi bice, wanagose umujyi wa Goma, ku buryo hari ubwoba ko uyu mujyi wafatwa.

Ubwo iyi nama yari ihumuje, Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yateranyije iyi Nama Nkuru y’Umutekano kugira ngo higirwe hamwe ibikorwa bya Gisirikare muri Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “Inama Nkuru y’Ingabo yatanze ubutumwa ku baturage bose b’Umujyi wa Goma, ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo Umujyi wa Goma udafatwa.”

Jean Pierre Bemba kandi yatangaje ko abantu “bagomba kwirinda ibitangarizwa ku mbuga nkorambaga byose, kuko bishobora kuzamura umwuka w’ubwoba, ndetse bigatuma abantu bacika intege.”

Yavuze kandi ko abantu bagomba no kwitondera ku bivugwa ku ruhande rw’umwanzi ko akomeje kunesha igisirikare cy’Igihugu cyabo, ati “Igisirikare cya Congo kiri gukora akazi kadasanzwe.”

Abasesengura iby’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko bakurikije aho bigeze, Perezida Tshisekedi ashobora kuzemera akagirana ibiganiro n’umutwe wa M23 kuko imbaraga zose yiyambaje, abona bigoye gutsintsura uyu mutwe.

Ni nyuma y’uko yirukanye ingabo za EAC, akiyambaza iza SADC ndetse n’iz’u Burundi, ubu ziri gufatanya na FARDC, ndetse hakiyongeraho n’abacancuro, kimwe n’inyeshyamba z’imitwe inyuranye nka FDLR, ariko zikaba zarananiwe gutsinda uyu mutwe wa M23.

Aba basesenguzi bavuga kandi ko umutwe wa M23 ushobora guhirika ubutegetsi bwa Congo, cyangwa ukaba wafata kimwe mu bice uherereyemo, kikaba cyaba nka Leta yigenga.

Iyi nama yarimo bamwe mu basirikare bakuru
Na bamwe mu bagize Guverinoma
Jean Pierre Bemba yatangaje bimwe mu byavugiwe muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Next Post

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.