Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Itumbagira rikabije ry’ibiciro bya Lisansi ryatumye ubuzima busharira

radiotv10by radiotv10
28/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
DRCongo: Itumbagira rikabije ry’ibiciro bya Lisansi ryatumye ubuzima busharira
Share on FacebookShare on Twitter

Izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peterole mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatumye ubuzima buzamba, kuko igiciro cy’urugendo kikubye gatatu.

The African News dukesha iyi nkuru, yatangaje ko ikibazo cy’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu muri Congo cyabaye agatereranzamba mu mijyi ya Goma, Kivu Ruguru, Kivu y’Epfo na Bukavu, kugera ubwo abatwara abantu mu modoka rusange na moto bakubye ibiciro inshuro eshatu, ku buryo hari n’ababikubye inshuro enye.

Litiro imwe iri kugura amafranga akoreshwa muri Congo ari hagati ya 4 500 na 5000, mu gihe ibiciro biherutse gutangazwa mu kwezi kwa Gatandatu k’uyu mwaka bivuga ko litilo ya Diesel itagomba kurenza amafaranga akoreshwa muri Congo 2 995, essence ntirenze 2 985.

Ibi biciro by’ibikomoka kuri peterole byatumye hari abaturage bahisemo gukora ingendo z’ibirometero n’amaguru, kubwo kugorwa n’ibi biciro by’ingendo.

Ibi bibazo bishingiye kubagura ibikomoka kuri Peterole, bakongera bakabigurisha ku giciro cyabo, kuko kompanyi zikora mu bucuruzi bwa Peterole muri Kivu y’amajyepfo zivuga ko zo zitigeze zihindura ibiciro ziyicuruzaho.

Umunyamabanga wa Kompanyi yitwa South Kivu Petroleum Club, Urbain KANGE, yabwiye The African News ko “abatwara ibinyabiziga bo bafite uburenganzira bwo kugaragaza akababaro kabo bagasaba abategetsi gushyiraho ibiciro bidahindagurika, ariko kugeza ubu twe ibiciro byashyizweho na Minisiteri ishinzwe ubukungu bitwemerera gucuruza Peterole yacu yewe tukanabika n’indi mu bigega byacu, nta nkomyi n’imwe duhuye nayo kuko ducuruza ku biciro byashyizweho na Leta.”

Ibi bibaye kandi mu gihe hateganywaga inama igamije gushyiraho imirongo ngenderwaho yo gucuruza ibi bicuruzwa, bishingiyeho ubuzima mu nguni zose z’abaturage baCongo muri rusange.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Menya icyatumye umuhanzikazi Rihanna yandikwa mu banyaduhigo b’Isi

Next Post

Tanzania: Ibitaro byatangije serivisi zo kongera ikibuno no gufasha abakobwa kugira ikimero bifuza

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Ibitaro byatangije serivisi zo kongera ikibuno no gufasha abakobwa kugira ikimero bifuza

Tanzania: Ibitaro byatangije serivisi zo kongera ikibuno no gufasha abakobwa kugira ikimero bifuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.