Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko ukomeje gushengurwa n’ibikorwa byo guhohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi byongeye kubura muri Kibumba nyuma yuko irekuye aka gace, ahamaze kwicwa bamwe mu baturage barimo umuganga witwa Umuhoza Josephine.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mata 2023, ritabariza abaturage bo mu gace ka Kibumba gaherutse kurekurwa n’uyu mutwe.

Iri tangazo rya M23 ritangira rivuga ko uyu mutwe ushingiye ku byemezo by’inama y’Abakuru ba EAC yabereye i Bujumbura mu Burundi tariki 04 Gashyantare, umaze kurekura ibice binyuranye birimo Karuba, Mushaki, Kilorirwe, Kitshanga, Mweso, Kishishe, Bambo, Tchengerero, Kiwanja na Kinyandonyi.

Gusa uyu mutwe uvuga ko bimwe muri ibi bice, byatinze kugeramo ingabo z’Umuryango wa Afrurika y’Iburasirazuba (EACRF), biha icyuho FARDC n’imitwe iyifasha kubyigabiza.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko ribabajwe n’ibikorwa byo kurenga ku myanzuro yafashwe, aho abaturage bo muri Kibumba bavuga ko ibikorwa by’ubwicanyi byongeye kubura, bikozwe na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Nyatura, APCLS, CODECO, PARECO, Mai-Mai ndetse n’abacancuro.

M23 yakomeje igaragaza abantu biciwe muri ibi bikorwa byabereye byumwihariko mu duce twa Busumba na Rigogwe ahabereye ubwicanyi tariki 25 Werurwe 2023.

Uvuga kandi ko tariki 03 Mata 2023 mu gace ka Bunyole hishwe uwitwa Munyarungabo Mukunzi, ndetse na Umuhoza Josephine wishwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mata 2023, wiciwe mu gace ka Rusekera, ahavuzwe n’amagambo y’urwango.

Uyu Umuhoza Josephine wishwe kuri uyu wa Mbere, yari asanzwe ari umuganga ku Kigo Nderabuzima kitiriwe Mutagatifu Benoit, aho yababaje benshi bagiye bashyira amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko babajwe no kuba yishwe na FDLR.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rigira riti “M23 irasaba EAC-RF kurindira umutekano abasivile bo muri ibi bice.”

M23 kandi yaboneyeho gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka kwigabiza ibice byarekuwe n’uyu mutwe kuko bitari mu myanzuro yafashwe.

Josephine wishwe akababaza benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − thirteen =

Previous Post

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Next Post

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.