Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Hatabayeho kubiganiraho, Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatoye icyemezo cyo kongerera igihe gahunda izwi nka ‘état de siège’ y’imyoborere ya gisirikare mu Ntara za Ituri na Kivu ya Ruguru.

Iki cyemezo cyatowe kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi, nyuma yuko Umudepite witwa André Ntambwe atangaje ko bidakwiye kugibwaho impaka kuko akanama kasesenguye ibijyanye n’iyi gahunda, kakoze akazi kako neza.

Inteko Ishinga Amategeko ya Congo Kinshasa kandi yatoye iki cyemezo nyuma yo kugezwaho umushinga w’iri tegeko na Minisitiri w’Ubutabera, Rose Mutombo Kiesse.

Yavuze ko Guverinoma y’Igihugu cyabo yashyize imbaraga zishoboka mu guhashya imitwe yitwaje intwaro yaba ikomoka imbere mu Gihugu n’ikomoka hanze yacyo, kandi ko hakiri urugendo rugomba gukomeza gukorwa muri izo Ntara Ebyiri zugarijwe.

Yagize ati “état de siege ntabwo yari igamije kumara igihe kirekire. Ariko kugeza ubu ukurikije imiterere y’ikibazo, ni bwo buryo bwonyine bwakoreshwa bwo guhangana n’imitwe y’abanzi.”

Yakomeje avuga ko hadakwiye kubaho kwitana bamwana ku bibazo bafite kandi ko umuyobozi w’Ikirenga yatanze icyizere ko hazatumizwa inama izaganira ku myiteguro y’iyi miyoborere ya état de siege kugira ngo izabashe kugera ku ntego yayo.

Rose Mutombo Kiesse yavuze ko inzego z’umutekano z’Igihugu zifite umuhate wo gukora ibikorwa byose bya gisirikare bishoboka kugira ngo amahoro n’umutekano biboneke.

Iyi gahunda ya Etat de siege yashyizweho kuva muri Gicurasi 2021, aho intara zirangwamo imitwe yitwaje intwaro, zahawe kuyoborwa n’inzego za gisirikare mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Icyo gihe Intara ya Kivu ya Ruguru yahise iragizwa kuyoborwa na lieutenant-général Constant Ndima Kongba, mu gihe iya Ituri yo yahawe lieutenant-général Johnny Luboya.

Abasesenguzi mu bya Politiki, bakunze kuvuga ko kuva iyi gahunda yashyirwaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari bwo ibintu byarushijeho kuba bibi, kuko ari bwo hanongeye kugaragara intambara yahanganishije FARDC na M23.

Ni nabwo hagaragaye ibikorwa bifite ubukana by’urugomo bikorerwa bamwe mu Banyekongo, byumwihariko abavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Next Post

Hari amakuru mashya ku by’umukinnyikazi wa Film watsindiye imodoka yari imaze iminsi irikoroza

Related Posts

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

by radiotv10
17/06/2025
0

Igisirikare cya Israel kiravuga ko ku nshuro ya kabiri mu gihe cy’iminsi itanu gusa cyivuganye Abajenerali batatu mu gisirikare cya...

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

by radiotv10
17/06/2025
0

Komiseri Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, Volker Türk yavuze ko ibintu byifashe nabi mu Burasirazuba bwa...

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

by radiotv10
16/06/2025
0

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi,...

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha

Hari amakuru mashya ku by’umukinnyikazi wa Film watsindiye imodoka yari imaze iminsi irikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.