Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu uri mu bahanganye na Perezida Félix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko adashobora kwihanganira kwibwa amajwi ngo anihanganire akarengane gakomeje gukorerwa Abanyekongo, yabitangaje yifashishije amashusho y’umwe mu bayoboke be wakubiswe n’abapolisi mu buryo bwa kinyamaswa.

Martin Fayulu n’ubundi wari warahanganye na Felix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka ntiyemere ibyayavuyemo, no kuri iyi nshuro ari mu bakandida batabyemera.

Abashyigikiye uyu mukandida kimwe n’aba Denis Mukwege, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, baramukiye mu myigaragambyo bamagana ibikomeje gutangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bigaragaza ko Tshisekedi ari we uza imbere mu majwi.

Abapolisi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na bo biraye mu bigaragambyaga mu murwa mukuru wa Kinshasa, babamishamo ibyuka biryana mu maso kugira ngo babatatanye.

Martin Fayulu yagaragaje amashusho y’uburyo umwe mu bamushyigikiye yakubiswe n’abapolisi mu muhanda rwagati.

Aya mashusho aherekejwe n’ubutumwa bwanditse yanyujije kuri X, Martin Fayulu yavuze ko nyuma y’ibyo abamushyigikiye bakorewe tariki 20 Gicurasi uyu mwaka mu gace ka Ngaba ubwo Polisi yatatanyaga abigaragambyaga, yongeye kubikora.

Ati “Polisi ya Félix Tshisekedi kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza imbere y’icyicaro gikuru cya ECiDé, yongeye gukora ubugome.”

Yakomeje agira ati “Oya, ibi nta muntu uzabyemera, ntituzemera amatora y’ubujura ya Denis Kadima [Komiseri Mukuru wa Komisiyo y’Amatora muri Congo] ndetse n’amajwi ye y’ibinyoma.”

Martin Fayulu yakomeje avuga ko aka karengane karambiranye kandi ko Abanyekongo bambariye kukarwanya bivuye inyuma.

Ati “Abanyekongo bahagurukiye kubirwanya kandi ntawuzabasubiza inyuma ku ntego bihaye yo kuzahura ubusugire n’ishema by’Igihugu binyuze mu matora yizewe ndetse na CENI nshya.”

Mu majwi arenga miliyoni 9 amaze kubarurwa, agaragaza ko Perezida Felix Tshisekedi ari imbere, n’amajwi 77%, agakurikirwa na Moise Katumbi ufite 15%, mu gihe Martin Fayulu aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 7 =

Previous Post

Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Next Post

Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Ibivugwa ku cyateye impanuka y'imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.