Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu uri mu bahanganye na Perezida Félix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko adashobora kwihanganira kwibwa amajwi ngo anihanganire akarengane gakomeje gukorerwa Abanyekongo, yabitangaje yifashishije amashusho y’umwe mu bayoboke be wakubiswe n’abapolisi mu buryo bwa kinyamaswa.

Martin Fayulu n’ubundi wari warahanganye na Felix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka ntiyemere ibyayavuyemo, no kuri iyi nshuro ari mu bakandida batabyemera.

Abashyigikiye uyu mukandida kimwe n’aba Denis Mukwege, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, baramukiye mu myigaragambyo bamagana ibikomeje gutangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bigaragaza ko Tshisekedi ari we uza imbere mu majwi.

Abapolisi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na bo biraye mu bigaragambyaga mu murwa mukuru wa Kinshasa, babamishamo ibyuka biryana mu maso kugira ngo babatatanye.

Martin Fayulu yagaragaje amashusho y’uburyo umwe mu bamushyigikiye yakubiswe n’abapolisi mu muhanda rwagati.

Aya mashusho aherekejwe n’ubutumwa bwanditse yanyujije kuri X, Martin Fayulu yavuze ko nyuma y’ibyo abamushyigikiye bakorewe tariki 20 Gicurasi uyu mwaka mu gace ka Ngaba ubwo Polisi yatatanyaga abigaragambyaga, yongeye kubikora.

Ati “Polisi ya Félix Tshisekedi kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza imbere y’icyicaro gikuru cya ECiDé, yongeye gukora ubugome.”

Yakomeje agira ati “Oya, ibi nta muntu uzabyemera, ntituzemera amatora y’ubujura ya Denis Kadima [Komiseri Mukuru wa Komisiyo y’Amatora muri Congo] ndetse n’amajwi ye y’ibinyoma.”

Martin Fayulu yakomeje avuga ko aka karengane karambiranye kandi ko Abanyekongo bambariye kukarwanya bivuye inyuma.

Ati “Abanyekongo bahagurukiye kubirwanya kandi ntawuzabasubiza inyuma ku ntego bihaye yo kuzahura ubusugire n’ishema by’Igihugu binyuze mu matora yizewe ndetse na CENI nshya.”

Mu majwi arenga miliyoni 9 amaze kubarurwa, agaragaza ko Perezida Felix Tshisekedi ari imbere, n’amajwi 77%, agakurikirwa na Moise Katumbi ufite 15%, mu gihe Martin Fayulu aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twenty =

Previous Post

Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Next Post

Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Related Posts

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Ibivugwa ku cyateye impanuka y'imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.