Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Uhanganye na Tshisekedi yagaragaje uburakari yatewe n’ibyakorewe umushyigikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu uri mu bahanganye na Perezida Félix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko adashobora kwihanganira kwibwa amajwi ngo anihanganire akarengane gakomeje gukorerwa Abanyekongo, yabitangaje yifashishije amashusho y’umwe mu bayoboke be wakubiswe n’abapolisi mu buryo bwa kinyamaswa.

Martin Fayulu n’ubundi wari warahanganye na Felix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka ntiyemere ibyayavuyemo, no kuri iyi nshuro ari mu bakandida batabyemera.

Abashyigikiye uyu mukandida kimwe n’aba Denis Mukwege, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, baramukiye mu myigaragambyo bamagana ibikomeje gutangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bigaragaza ko Tshisekedi ari we uza imbere mu majwi.

Abapolisi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na bo biraye mu bigaragambyaga mu murwa mukuru wa Kinshasa, babamishamo ibyuka biryana mu maso kugira ngo babatatanye.

Martin Fayulu yagaragaje amashusho y’uburyo umwe mu bamushyigikiye yakubiswe n’abapolisi mu muhanda rwagati.

Aya mashusho aherekejwe n’ubutumwa bwanditse yanyujije kuri X, Martin Fayulu yavuze ko nyuma y’ibyo abamushyigikiye bakorewe tariki 20 Gicurasi uyu mwaka mu gace ka Ngaba ubwo Polisi yatatanyaga abigaragambyaga, yongeye kubikora.

Ati “Polisi ya Félix Tshisekedi kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza imbere y’icyicaro gikuru cya ECiDé, yongeye gukora ubugome.”

Yakomeje agira ati “Oya, ibi nta muntu uzabyemera, ntituzemera amatora y’ubujura ya Denis Kadima [Komiseri Mukuru wa Komisiyo y’Amatora muri Congo] ndetse n’amajwi ye y’ibinyoma.”

Martin Fayulu yakomeje avuga ko aka karengane karambiranye kandi ko Abanyekongo bambariye kukarwanya bivuye inyuma.

Ati “Abanyekongo bahagurukiye kubirwanya kandi ntawuzabasubiza inyuma ku ntego bihaye yo kuzahura ubusugire n’ishema by’Igihugu binyuze mu matora yizewe ndetse na CENI nshya.”

Mu majwi arenga miliyoni 9 amaze kubarurwa, agaragaza ko Perezida Felix Tshisekedi ari imbere, n’amajwi 77%, agakurikirwa na Moise Katumbi ufite 15%, mu gihe Martin Fayulu aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 12 =

Previous Post

Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Next Post

Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku cyateye impanuka y’imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Ibivugwa ku cyateye impanuka y'imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi yagaragaye yagaramye mu muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.