Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
14/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Chérubin Okende wabaye Minisitiri w’Ubwikorezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yari n’umuvugizi w’Ishyaka rya Moïse Katumbi wamaze gutangaza ko azahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yishwe arashwe urufaya rw’amasasu n’abantu bataramenyekana.

Okende w’imyaka 61 y’amavuko, yishwe habura amezi icumi gusa ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu muri RDC abe.

Umwe mu nshuti za hafi za Katumbi, yavuze ko Okende yavuye iwe kuwa Gatatu w’iki cyumweru agiye ku Rukiko Rukuru rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga n’andi mategeko, kuva ubwo umuryango we ntiwongera kumuca iryera.

Kuri uyu wa Kane nibwo bamusanze mu modoka ye ku muhanda i Kinshasa, yishwe arashwe amasasu menshi nkuko The Africa News yabitangaje.

Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRCongo, Patrick Muyaya, yifashishije urubuga rwa Twitter, yatangaje ko Guverinoma ifite umubabaro kandi yahungabanyijwe n’uru rupfu rwa Okende, asaba ko hahita hatangizwa iperereza ryimbitse kuri ubu bwicanyi.

Moïse Katumbi wamaze gutangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu akaba anayoboye ishyaka ryari riberewe umuvugizi na Okende wishwe, yatangaje ko urupfu rw’uyu munyapolitiki, rushinze imizi ku mpamvu za Politiki.

Mu kiganiro yagiranye na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), Katumbi yavuze ko badashobora kwihanganira ibikorwa nk’ibi, kandi ko bagiye gukora iperereza ryihariye ku rupfu rw’uyu munyapolitiki.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 2 =

Previous Post

Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu

Next Post

Msgr.Balthazar yageneye abanyeshuri ubutumwa bwababera urumuri rubamurikira mu biruhuko

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Msgr.Balthazar yageneye abanyeshuri ubutumwa bwababera urumuri rubamurikira mu biruhuko

Msgr.Balthazar yageneye abanyeshuri ubutumwa bwababera urumuri rubamurikira mu biruhuko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.