Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare bo hejuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo n’ufite ipeti rya Colonel, batawe muri yombi nyuma y’impfu z’abantu 43 baguye mu myigaragambyo y’i Goma.

Ni imyigaragambyo yabaye mu cyumweru gishize, yamagana ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri DRC, ikagwamo abaturage benshi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023, mu iperereza ry’abaguye muri ibi bikorwa, hari abasirikare bafite amapeti yo hejuru batawe muri yombi.

Mu batawe muri yombi, harimo Colonel Mike Mikombe, usanzwe ayobora Burigade y’Igisirikare gihuriweho ndetse na Komanda wa Rejime ya 19, Donat Bawili.

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Peter Kazadi, ubwo yasuraga i Goma, yagarutse ku ifungwa ry’aba basirikare.

Yagize ati “Hagendewe ku mabwiriza y’Umugaba w’Ikirenga, ndabamenyesha ko bamwe mu basirikare bagize uruhare muri ibi bikorwa bazagezwa imbere y’Ubutabera. Harimo Komanda wa Brigade Interarmées GR ndetse na Komanda wa rejime ya 19. Ubu barafunze.”

Peter Kazadi, yabwiye itangazamakuru ko aba batawe muri yombi, bakurikiranyweho kuyobora itsinda ry’abashinzwe umutekano ryiroshye mu bigaragambyaga bakarwana inkundura, ibyanaje kurangira abasaga 43 bahasize ubuzima, 56 bakayikomerekeramo.

Ni imyigaragambyo yabaye ku itariki 23 Kanama 2023, ubwo abaturage bari barangajwe imbere n’abazwi nka Wazalendo bigabizaga imihanda yo mu mujyi wa Goma, bamagana ingabo z’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba ziheruka koherezwa kubungabunga umutekano mu burasirazuba bwa Congo, n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri iki Gihugu.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Ibyari mu mufuka yatuye hasi akibona Abapolisi byatumye atabwa muri yombi

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.