Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare bo hejuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo n’ufite ipeti rya Colonel, batawe muri yombi nyuma y’impfu z’abantu 43 baguye mu myigaragambyo y’i Goma.

Ni imyigaragambyo yabaye mu cyumweru gishize, yamagana ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri DRC, ikagwamo abaturage benshi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023, mu iperereza ry’abaguye muri ibi bikorwa, hari abasirikare bafite amapeti yo hejuru batawe muri yombi.

Mu batawe muri yombi, harimo Colonel Mike Mikombe, usanzwe ayobora Burigade y’Igisirikare gihuriweho ndetse na Komanda wa Rejime ya 19, Donat Bawili.

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Peter Kazadi, ubwo yasuraga i Goma, yagarutse ku ifungwa ry’aba basirikare.

Yagize ati “Hagendewe ku mabwiriza y’Umugaba w’Ikirenga, ndabamenyesha ko bamwe mu basirikare bagize uruhare muri ibi bikorwa bazagezwa imbere y’Ubutabera. Harimo Komanda wa Brigade Interarmées GR ndetse na Komanda wa rejime ya 19. Ubu barafunze.”

Peter Kazadi, yabwiye itangazamakuru ko aba batawe muri yombi, bakurikiranyweho kuyobora itsinda ry’abashinzwe umutekano ryiroshye mu bigaragambyaga bakarwana inkundura, ibyanaje kurangira abasaga 43 bahasize ubuzima, 56 bakayikomerekeramo.

Ni imyigaragambyo yabaye ku itariki 23 Kanama 2023, ubwo abaturage bari barangajwe imbere n’abazwi nka Wazalendo bigabizaga imihanda yo mu mujyi wa Goma, bamagana ingabo z’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba ziheruka koherezwa kubungabunga umutekano mu burasirazuba bwa Congo, n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri iki Gihugu.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ibyari mu mufuka yatuye hasi akibona Abapolisi byatumye atabwa muri yombi

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Umuhanzi w’ikirangirire uherutse gususurutsa Abaturarwanda byamenyekanye ko ari mu bategerejwe i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.