Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ingendo za Sosiyete Nyarwanda y’Indege (RwandAir) zerecyeza muri iki Gihugu, nk’igihano cyo kuba iki Gihugu gikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano.

Mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi, yafatiwemo imyanzuro itandukanye.

Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama yemeje ko ingendo za RwandAir zihita zihagarara ngo kubera ubufasha u Rwanda ruha umutwe wa M23.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yo ni kenshi yakunze kwamagana ibi birego ishinjwa ndetse Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, kuri uyu wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, yabwiye The New Times ko “U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirwano iri kubera muri DRC ndetse ntirunashaka kwinjira mu bibazo bireba DRC.”

Muri iyi nama y’akanama gakuru ka Guverinoma ya DRC, yanemeje ko umutwe wa M23 ari umutwe w’Iterabwoba.

Iyi myanzuro y’iyi nama kandi ivuga ko u Rwanda ruri kubangamira inzira y’amahoro yari yafashwe yo gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC ndetse ko uyu mutwe wahise ukurwa mu mitwe iri mu biganiro biherutse gutangira i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’indi mitwe.

Abasesenguzi kandi bavuga ko DRC ikomeje gushinja u Rwanda gufasha M23 kubera uburyo FARDC yifatanyije n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu mirwano iri kubera muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda muri kiriya kiganiro yagiranye na The New Times ubwo yagaruka ku byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula Apala Pen’Apala ngo ko ntagushidikanya ko u Rwanda ruri gutera inkunga umutwe wa M23, yavuze ko uyu muyobozi akwiye kubitangira ibimenyetso.

Yolande Makolo, yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC agomba kuvuga impamvu FARDC yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Mayuya, yavuze ko ibimenyetso Bihari n’ubuhamya bwatanzwe ngo bituma bemeza ko u Rwanda ruri gufasha M23.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu inama yafashe icyemezo cyo guhita ihagarika ingendo za sosiyete y’indege y’u Rwanda ya RwandAir zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Rwandair mu gitondo cyo kuri uyuwa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, yahise isohora itangazo ivuga ko nyuma y’uko Guverinoma ya DRC ihagaritse ingendo zayo, ibaye iharitse kujyamu bice bya Kinshasa, Lubumbashi na Goma; mu rwego rwo kubahiriza iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Next Post

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.