Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ingendo za Sosiyete Nyarwanda y’Indege (RwandAir) zerecyeza muri iki Gihugu, nk’igihano cyo kuba iki Gihugu gikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano.

Mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi, yafatiwemo imyanzuro itandukanye.

Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama yemeje ko ingendo za RwandAir zihita zihagarara ngo kubera ubufasha u Rwanda ruha umutwe wa M23.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yo ni kenshi yakunze kwamagana ibi birego ishinjwa ndetse Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, kuri uyu wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, yabwiye The New Times ko “U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirwano iri kubera muri DRC ndetse ntirunashaka kwinjira mu bibazo bireba DRC.”

Muri iyi nama y’akanama gakuru ka Guverinoma ya DRC, yanemeje ko umutwe wa M23 ari umutwe w’Iterabwoba.

Iyi myanzuro y’iyi nama kandi ivuga ko u Rwanda ruri kubangamira inzira y’amahoro yari yafashwe yo gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC ndetse ko uyu mutwe wahise ukurwa mu mitwe iri mu biganiro biherutse gutangira i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’indi mitwe.

Abasesenguzi kandi bavuga ko DRC ikomeje gushinja u Rwanda gufasha M23 kubera uburyo FARDC yifatanyije n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu mirwano iri kubera muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda muri kiriya kiganiro yagiranye na The New Times ubwo yagaruka ku byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula Apala Pen’Apala ngo ko ntagushidikanya ko u Rwanda ruri gutera inkunga umutwe wa M23, yavuze ko uyu muyobozi akwiye kubitangira ibimenyetso.

Yolande Makolo, yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC agomba kuvuga impamvu FARDC yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Mayuya, yavuze ko ibimenyetso Bihari n’ubuhamya bwatanzwe ngo bituma bemeza ko u Rwanda ruri gufasha M23.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu inama yafashe icyemezo cyo guhita ihagarika ingendo za sosiyete y’indege y’u Rwanda ya RwandAir zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Rwandair mu gitondo cyo kuri uyuwa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, yahise isohora itangazo ivuga ko nyuma y’uko Guverinoma ya DRC ihagaritse ingendo zayo, ibaye iharitse kujyamu bice bya Kinshasa, Lubumbashi na Goma; mu rwego rwo kubahiriza iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Next Post

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.