Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ingendo za Sosiyete Nyarwanda y’Indege (RwandAir) zerecyeza muri iki Gihugu, nk’igihano cyo kuba iki Gihugu gikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano.

Mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi, yafatiwemo imyanzuro itandukanye.

Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama yemeje ko ingendo za RwandAir zihita zihagarara ngo kubera ubufasha u Rwanda ruha umutwe wa M23.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yo ni kenshi yakunze kwamagana ibi birego ishinjwa ndetse Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, kuri uyu wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, yabwiye The New Times ko “U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirwano iri kubera muri DRC ndetse ntirunashaka kwinjira mu bibazo bireba DRC.”

Muri iyi nama y’akanama gakuru ka Guverinoma ya DRC, yanemeje ko umutwe wa M23 ari umutwe w’Iterabwoba.

Iyi myanzuro y’iyi nama kandi ivuga ko u Rwanda ruri kubangamira inzira y’amahoro yari yafashwe yo gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC ndetse ko uyu mutwe wahise ukurwa mu mitwe iri mu biganiro biherutse gutangira i Nairobi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’indi mitwe.

Abasesenguzi kandi bavuga ko DRC ikomeje gushinja u Rwanda gufasha M23 kubera uburyo FARDC yifatanyije n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu mirwano iri kubera muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda muri kiriya kiganiro yagiranye na The New Times ubwo yagaruka ku byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula Apala Pen’Apala ngo ko ntagushidikanya ko u Rwanda ruri gutera inkunga umutwe wa M23, yavuze ko uyu muyobozi akwiye kubitangira ibimenyetso.

Yolande Makolo, yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC agomba kuvuga impamvu FARDC yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Mayuya, yavuze ko ibimenyetso Bihari n’ubuhamya bwatanzwe ngo bituma bemeza ko u Rwanda ruri gufasha M23.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu inama yafashe icyemezo cyo guhita ihagarika ingendo za sosiyete y’indege y’u Rwanda ya RwandAir zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Rwandair mu gitondo cyo kuri uyuwa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, yahise isohora itangazo ivuga ko nyuma y’uko Guverinoma ya DRC ihagaritse ingendo zayo, ibaye iharitse kujyamu bice bya Kinshasa, Lubumbashi na Goma; mu rwego rwo kubahiriza iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Next Post

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.