Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE

radiotv10by radiotv10
03/06/2021
in Uncategorized
0
“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE
Share on FacebookShare on Twitter

Tumutoneshe Diane umuyobozi (Managing Director) wa Dream Team Football Academy avuga ko amahugurwa bategura yagenewe abatoza biri mu murongon wa gahunda ya Minisiterin ya siporo bityo ko biba ari ugutanga umusanzu kuri iyo gahunda.

Dream Team Football Academy, irerero ry’umupira w’amaguru rikomeje igikorwa cyo guhugura abatoza 20 basanzwe mu kazi ko gutoza abana hirya no hino mu gihugu. Aba batoza batangiye amahugurwa tariki ya 1 Kamena 2021 ku cyicaro cy’iri rero kiri ku Kicukiro.

Tumutoneshe Diane wize amasomo y’imicungire ya siporo (Sports Management) mu gihugu cy’u Budage mu 2019 ndetse kuri ubu akaba ari kwiga icyiciro kisumbuyeho (Master’s Degree), niwe ufite iki gikorwa mu nshingano kuko Dream Team Football Academy ayoboye ariyo zingiro ryabyo.

Mu Rwanda hari amarerero menshi y’umupira w’amaguru ariko akenshi usanga uretse gutoza abana gukina nta bindi bikorwa bibaranga mu bundi buryo.

Kuri Dream Team Football Academy rero bavuga ko basomye inyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda za siporo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024) bakabona ko ku rutonde rw’ibibazo siporo y’u Rwanda ifite  kimwe mu bibazo by’ingutu ari ukugira abantu bacye mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho cyangwa itange umusanzu mu gusubiza  icyo kibazo.

“Impamvu dutanga ariya mahugurwa n’uko mu nyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda zayo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024), ku rutonde rw’ibibazo sports ifite  havugwamo ko  siporo yo mu Rwanda kimwe mu bibazo by’ingutu ifite ari ukugira abantu bake mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho” Tumutoneshe

Uretse gutanga amahugurwa ku batoza muri gahunda irambye yo gutanga umusanzu muri gahunda ya Minisiteri ya siporo, Dream Team Football Academy bagira ibindi bikorwa bitandukanye:

 

  1. Gutanga abatoza ku mashuri ya leta n’ayigenga

 

  1. Irushanwa Dream Team football Academy Cup

 

  1. Gutegura irushanwa Dream Team football Academy Junior league

 

  1. Ubukangurambaga n’iyamamaza bikorwa bya Dream Team football Academy

 

  1. Gutanga amahugurwa y’ubuzima busanzwe ku bakinnyi babikora nk’umwuga (abahungu n’abakobwa)

 

  1. Gutegura ingendoshuri ku mupira w’amaguru yaba mu Rwanda no hanze yarwo.

 

  1. Guteguran imishinga y’iterambere rya siporo, ubucuruzin bunyuze muri siporo, gutegura imishinga yatuma siporo ibona abafatanyabirwa n’abaterankunga.

 

  1. Gutegura amahugurwab y’abatoza bakiri gutangira umwuga

 

  1. Amasomo y’igihe gito ku bashaka kwiga imicungire ya siporo

 

10.Gutegura amarushanwa y’umupira w’amaguru ku bigo by’amashuri yigenga.

Mu musaruro n’ibyagezweho na Dream Team Football Academy mu gutoza abana umupira w’amaguru n’uko kugeza ubu bafite abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru barimo; Mugisha Gilbert (Rayon Sports),Ndayishimiye Antoine Dominique (FC Police), Ishimwe Saleh (SC Kiyovu) na Ishimwe Kevin).

Aya mahugurwa rero areba abatoza b’imbere mu gihugu ari kuba kuri iyi nshuro, ari guhuza abatoza 20 barimo umukobwa umwe yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kamena 2021 akaba azasozwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena 2021.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 12 =

Previous Post

U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Next Post

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.