Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE

radiotv10by radiotv10
03/06/2021
in Uncategorized
0
“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE
Share on FacebookShare on Twitter

Tumutoneshe Diane umuyobozi (Managing Director) wa Dream Team Football Academy avuga ko amahugurwa bategura yagenewe abatoza biri mu murongon wa gahunda ya Minisiterin ya siporo bityo ko biba ari ugutanga umusanzu kuri iyo gahunda.

Dream Team Football Academy, irerero ry’umupira w’amaguru rikomeje igikorwa cyo guhugura abatoza 20 basanzwe mu kazi ko gutoza abana hirya no hino mu gihugu. Aba batoza batangiye amahugurwa tariki ya 1 Kamena 2021 ku cyicaro cy’iri rero kiri ku Kicukiro.

Tumutoneshe Diane wize amasomo y’imicungire ya siporo (Sports Management) mu gihugu cy’u Budage mu 2019 ndetse kuri ubu akaba ari kwiga icyiciro kisumbuyeho (Master’s Degree), niwe ufite iki gikorwa mu nshingano kuko Dream Team Football Academy ayoboye ariyo zingiro ryabyo.

Mu Rwanda hari amarerero menshi y’umupira w’amaguru ariko akenshi usanga uretse gutoza abana gukina nta bindi bikorwa bibaranga mu bundi buryo.

Kuri Dream Team Football Academy rero bavuga ko basomye inyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda za siporo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024) bakabona ko ku rutonde rw’ibibazo siporo y’u Rwanda ifite  kimwe mu bibazo by’ingutu ari ukugira abantu bacye mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho cyangwa itange umusanzu mu gusubiza  icyo kibazo.

“Impamvu dutanga ariya mahugurwa n’uko mu nyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda zayo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024), ku rutonde rw’ibibazo sports ifite  havugwamo ko  siporo yo mu Rwanda kimwe mu bibazo by’ingutu ifite ari ukugira abantu bake mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho” Tumutoneshe

Uretse gutanga amahugurwa ku batoza muri gahunda irambye yo gutanga umusanzu muri gahunda ya Minisiteri ya siporo, Dream Team Football Academy bagira ibindi bikorwa bitandukanye:

 

  1. Gutanga abatoza ku mashuri ya leta n’ayigenga

 

  1. Irushanwa Dream Team football Academy Cup

 

  1. Gutegura irushanwa Dream Team football Academy Junior league

 

  1. Ubukangurambaga n’iyamamaza bikorwa bya Dream Team football Academy

 

  1. Gutanga amahugurwa y’ubuzima busanzwe ku bakinnyi babikora nk’umwuga (abahungu n’abakobwa)

 

  1. Gutegura ingendoshuri ku mupira w’amaguru yaba mu Rwanda no hanze yarwo.

 

  1. Guteguran imishinga y’iterambere rya siporo, ubucuruzin bunyuze muri siporo, gutegura imishinga yatuma siporo ibona abafatanyabirwa n’abaterankunga.

 

  1. Gutegura amahugurwab y’abatoza bakiri gutangira umwuga

 

  1. Amasomo y’igihe gito ku bashaka kwiga imicungire ya siporo

 

10.Gutegura amarushanwa y’umupira w’amaguru ku bigo by’amashuri yigenga.

Mu musaruro n’ibyagezweho na Dream Team Football Academy mu gutoza abana umupira w’amaguru n’uko kugeza ubu bafite abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru barimo; Mugisha Gilbert (Rayon Sports),Ndayishimiye Antoine Dominique (FC Police), Ishimwe Saleh (SC Kiyovu) na Ishimwe Kevin).

Aya mahugurwa rero areba abatoza b’imbere mu gihugu ari kuba kuri iyi nshuro, ari guhuza abatoza 20 barimo umukobwa umwe yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kamena 2021 akaba azasozwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena 2021.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + seven =

Previous Post

U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Next Post

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.