• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rugiye kuba kimwe mu Bihugu bifite Ibibuga by’Indege byiza, buri mugenzi ageraho akumva anyuzwe, kizuzura muri 2026. Imirimo yo kubaka iki kibuga giteretse i Bugesera, igeze ahashimishije, ndetse ubwiza bw’uko kizaba kimeze bwatangiye kwigaragaza.

Kubaka iki kibuga cy’indege byabanje kuzamo birantega, ubwo habaga impinduka mu gishushanyo mbonera mu rwego rwo kurushaho kuryoshya ubwiza bwacyo ndetse n’ireme ryacyo, ariko ubu imirimo irakorwa ijoro n’amanywa.

Ubu haracyari gukorwa ibice byo hasi ndetse n’inzira zizajya zifashishwa n’indege ubwo zizaba ziri guhaguruka zinururuka, ndetse n’aho zizajya ziparika, n’imihanda izaba iri muri iki kibuga cy’indege.

Iki kibuga cy’indege giherereye mu bilometero 40 mu majyepfo y’Umujyi wa Kigali, kizuzura gitwaye miliyari 2 USD, ni ukuvuga miliyari 2 000 Frw angana na hafi 1/2 cy’ingengo y’Imari y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko iki kibuga kizaba gifite ubuso bwa Metero kare ibihumbi 130, kizajya cyakira abagenzi miliyoni 8 ku mwaka, bazarushaho kugenda biyongera bakagera kuri miliyoni 14, ndetse kikazajya kinyuraho toni ibihumbi 150 by’ibicuruzwa bizajya bitwarwa n’indege zitwara imizigo.

Jules Ndenga, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Aviation Travel and Logistics Holding (ATL) gikurikirana imyubakire y’iki kibuga cy’indege cya Bugesera, avuga ko nicyuzura bizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

AYA MAFOTO YAFASHWE MURI UKU KWEZI KWA GICURASI 2023

Uko kizaba kimeze nicyuzura
Ubwiza bwacyo bwatangiye kwigaragaza
Inzira zizajya zikoreshwa n’indege zihaguruka cyangwa zururuka zigeze kure

Imiferege yo ku ruhande na yo igeze kure
Imirimo irakorwa ubutitsa

N’imihanda y’imbere yatangiye gushyirwamo kaburimbo

Photos © The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seven =

Previous Post

Umuhanga mu gutunganya umuziki mu Rwanda yinjiye mu murongo mushya

Next Post

Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.