Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rugiye kuba kimwe mu Bihugu bifite Ibibuga by’Indege byiza, buri mugenzi ageraho akumva anyuzwe, kizuzura muri 2026. Imirimo yo kubaka iki kibuga giteretse i Bugesera, igeze ahashimishije, ndetse ubwiza bw’uko kizaba kimeze bwatangiye kwigaragaza.

Kubaka iki kibuga cy’indege byabanje kuzamo birantega, ubwo habaga impinduka mu gishushanyo mbonera mu rwego rwo kurushaho kuryoshya ubwiza bwacyo ndetse n’ireme ryacyo, ariko ubu imirimo irakorwa ijoro n’amanywa.

Ubu haracyari gukorwa ibice byo hasi ndetse n’inzira zizajya zifashishwa n’indege ubwo zizaba ziri guhaguruka zinururuka, ndetse n’aho zizajya ziparika, n’imihanda izaba iri muri iki kibuga cy’indege.

Iki kibuga cy’indege giherereye mu bilometero 40 mu majyepfo y’Umujyi wa Kigali, kizuzura gitwaye miliyari 2 USD, ni ukuvuga miliyari 2 000 Frw angana na hafi 1/2 cy’ingengo y’Imari y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko iki kibuga kizaba gifite ubuso bwa Metero kare ibihumbi 130, kizajya cyakira abagenzi miliyoni 8 ku mwaka, bazarushaho kugenda biyongera bakagera kuri miliyoni 14, ndetse kikazajya kinyuraho toni ibihumbi 150 by’ibicuruzwa bizajya bitwarwa n’indege zitwara imizigo.

Jules Ndenga, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Aviation Travel and Logistics Holding (ATL) gikurikirana imyubakire y’iki kibuga cy’indege cya Bugesera, avuga ko nicyuzura bizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

AYA MAFOTO YAFASHWE MURI UKU KWEZI KWA GICURASI 2023

Uko kizaba kimeze nicyuzura
Ubwiza bwacyo bwatangiye kwigaragaza
Inzira zizajya zikoreshwa n’indege zihaguruka cyangwa zururuka zigeze kure

Imiferege yo ku ruhande na yo igeze kure
Imirimo irakorwa ubutitsa

N’imihanda y’imbere yatangiye gushyirwamo kaburimbo

Photos © The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

Umuhanga mu gutunganya umuziki mu Rwanda yinjiye mu murongo mushya

Next Post

Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Ngoma: Abacuruzi bavuze ahantu hadasanzwe bugamira imvura bo bafata nko gusuzugurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.