Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imicungiore n’Imikorereshereze y’Ubutaka cyemereye abafite inzuri muri Gishwati ko bagiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka, kugira ngo bakureho amakimbirane ashingiye ku mbibi, kugeza ubu baravuga ko bitarakorwa.

Muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungitre n’Imikoreshereze y’ubutaka cyahuye n’abororozi bo mu Karere ka Nyabihu bororera muri Gshwati.

Icyo gihe bari bagiye gukemura ibibazo by’ubwumvikane bucye bushingiye ku mbibi zitavugwaho rumwe muri izi nzuri bahawe mu isaranganya ryabaye mu myaka ya 2007 na 2008.

Iki kigo kigaragaza ko umuntu ku giti yahabwaga Hegitari 5, naho ishyirahamwe rigahabwa 10, ariko ngo hari abafashe ibishanga bakabikamya bakabihindura inzuri ndetse n’abigabije ubutaka bwa Leta nk’ibisigara, amashyamba n’ibindi.

Uturere tubiri muri tune dusangiye urwuri rwa Gishwati, ari two Rutsiro na Ngororero icyo gihe twari tumaze gukosorerwa ubuso n’imbibi. Icyakora bari bavuze ko Nyabihu na Rubavu bagomba guhita bakurikiraho kugira ngo bahabwe ibyangombwa byari byitezweho gushyira iherezo ku makimbirane yari ashingiye ku buso bw’inzuri.

Nubwo hashize umwaka, iki Kigo kivuga ko kitarabikemura, icyakora ngo iby’ibanze byarakozwe.

Nishimwe Marie Grace ayobora ishami rishinzwe imicungire y’ubutaka muri iki kigo, yagize ati “Bari barahawe inzuri noneho mu gihe cyo cyandikisha ubutaka; ubutaka bugenda bwandikwa mu buryo butandukanye n’uko bari barabuhawe mbere.

Ikintu twakoze ni ukongera gusubira mu gupima bwa butaka kugira ngo buri mworozi abone ubutaka bungana n’uko yari yarabubonye mbere bitandukanye n’uburyo bwari bwarandikishijwe.

Icyo gikorwa cyo gusubira mu mbibi z’inzuri cyararangiye, hagiye gukurikiraho igikorwa cyo gukora ibyangombwa no kubasinyisha amasezerano n’uburyo bazajya bakoresha ubwo butaka.”

Avuga ko atahita avuga igihe iki gikorwa kizarangirira, ariko ko babirimo, kandi bizeye ko bizahabwa umurongo.

Uburemere bw’ibibazo bishingiye ku butaka, bunagaragara muri Raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2020-2021, yagaragaje ko mu bibazo rwakiriye, ibirebana n’ubutaka byari byihariye 36,5%.

raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta y’umwaka wa 2019-2010, na yo yagaragaje ko hari ibyangombwa by’ubutaka bingana na 34 984 byasubijwe aho byagombaga gukosorerwa kubera ko byari bifite amakosa arenze ayo kwihanganirwa mu mbibi, ndetse kugeza icyo gihe ibyangombwa by’ubutaka bisaga miliyoni 1,7 byari bikiri mu bubiko bw’icyo kigo bitarashyikirizwa ba nyira byo.

Icyakora ikigo gishinzwe ubutaka, kigaragaza ko kugeza ubu mu bibanza bisaga miliyoni 11,6 bigomba kwandikwa; ubu bamaze kwandika ibisaga miliyoni 9, ariko iki kigo kivuga ko basigaye batanga icyangombwa gikozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, bishobora kugabanya amakimbirane ashingiye ku butaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

Next Post

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo rya Congo rikomeje kwamaganirwa kure, M23 na yo yariteye ishoti

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.