Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imicungiore n’Imikorereshereze y’Ubutaka cyemereye abafite inzuri muri Gishwati ko bagiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka, kugira ngo bakureho amakimbirane ashingiye ku mbibi, kugeza ubu baravuga ko bitarakorwa.

Muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungitre n’Imikoreshereze y’ubutaka cyahuye n’abororozi bo mu Karere ka Nyabihu bororera muri Gshwati.

Icyo gihe bari bagiye gukemura ibibazo by’ubwumvikane bucye bushingiye ku mbibi zitavugwaho rumwe muri izi nzuri bahawe mu isaranganya ryabaye mu myaka ya 2007 na 2008.

Iki kigo kigaragaza ko umuntu ku giti yahabwaga Hegitari 5, naho ishyirahamwe rigahabwa 10, ariko ngo hari abafashe ibishanga bakabikamya bakabihindura inzuri ndetse n’abigabije ubutaka bwa Leta nk’ibisigara, amashyamba n’ibindi.

Uturere tubiri muri tune dusangiye urwuri rwa Gishwati, ari two Rutsiro na Ngororero icyo gihe twari tumaze gukosorerwa ubuso n’imbibi. Icyakora bari bavuze ko Nyabihu na Rubavu bagomba guhita bakurikiraho kugira ngo bahabwe ibyangombwa byari byitezweho gushyira iherezo ku makimbirane yari ashingiye ku buso bw’inzuri.

Nubwo hashize umwaka, iki Kigo kivuga ko kitarabikemura, icyakora ngo iby’ibanze byarakozwe.

Nishimwe Marie Grace ayobora ishami rishinzwe imicungire y’ubutaka muri iki kigo, yagize ati “Bari barahawe inzuri noneho mu gihe cyo cyandikisha ubutaka; ubutaka bugenda bwandikwa mu buryo butandukanye n’uko bari barabuhawe mbere.

Ikintu twakoze ni ukongera gusubira mu gupima bwa butaka kugira ngo buri mworozi abone ubutaka bungana n’uko yari yarabubonye mbere bitandukanye n’uburyo bwari bwarandikishijwe.

Icyo gikorwa cyo gusubira mu mbibi z’inzuri cyararangiye, hagiye gukurikiraho igikorwa cyo gukora ibyangombwa no kubasinyisha amasezerano n’uburyo bazajya bakoresha ubwo butaka.”

Avuga ko atahita avuga igihe iki gikorwa kizarangirira, ariko ko babirimo, kandi bizeye ko bizahabwa umurongo.

Uburemere bw’ibibazo bishingiye ku butaka, bunagaragara muri Raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2020-2021, yagaragaje ko mu bibazo rwakiriye, ibirebana n’ubutaka byari byihariye 36,5%.

raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta y’umwaka wa 2019-2010, na yo yagaragaje ko hari ibyangombwa by’ubutaka bingana na 34 984 byasubijwe aho byagombaga gukosorerwa kubera ko byari bifite amakosa arenze ayo kwihanganirwa mu mbibi, ndetse kugeza icyo gihe ibyangombwa by’ubutaka bisaga miliyoni 1,7 byari bikiri mu bubiko bw’icyo kigo bitarashyikirizwa ba nyira byo.

Icyakora ikigo gishinzwe ubutaka, kigaragaza ko kugeza ubu mu bibanza bisaga miliyoni 11,6 bigomba kwandikwa; ubu bamaze kwandika ibisaga miliyoni 9, ariko iki kigo kivuga ko basigaye batanga icyangombwa gikozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, bishobora kugabanya amakimbirane ashingiye ku butaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

Next Post

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo rya Congo rikomeje kwamaganirwa kure, M23 na yo yariteye ishoti

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.