Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imicungiore n’Imikorereshereze y’Ubutaka cyemereye abafite inzuri muri Gishwati ko bagiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka, kugira ngo bakureho amakimbirane ashingiye ku mbibi, kugeza ubu baravuga ko bitarakorwa.

Muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungitre n’Imikoreshereze y’ubutaka cyahuye n’abororozi bo mu Karere ka Nyabihu bororera muri Gshwati.

Icyo gihe bari bagiye gukemura ibibazo by’ubwumvikane bucye bushingiye ku mbibi zitavugwaho rumwe muri izi nzuri bahawe mu isaranganya ryabaye mu myaka ya 2007 na 2008.

Iki kigo kigaragaza ko umuntu ku giti yahabwaga Hegitari 5, naho ishyirahamwe rigahabwa 10, ariko ngo hari abafashe ibishanga bakabikamya bakabihindura inzuri ndetse n’abigabije ubutaka bwa Leta nk’ibisigara, amashyamba n’ibindi.

Uturere tubiri muri tune dusangiye urwuri rwa Gishwati, ari two Rutsiro na Ngororero icyo gihe twari tumaze gukosorerwa ubuso n’imbibi. Icyakora bari bavuze ko Nyabihu na Rubavu bagomba guhita bakurikiraho kugira ngo bahabwe ibyangombwa byari byitezweho gushyira iherezo ku makimbirane yari ashingiye ku buso bw’inzuri.

Nubwo hashize umwaka, iki Kigo kivuga ko kitarabikemura, icyakora ngo iby’ibanze byarakozwe.

Nishimwe Marie Grace ayobora ishami rishinzwe imicungire y’ubutaka muri iki kigo, yagize ati “Bari barahawe inzuri noneho mu gihe cyo cyandikisha ubutaka; ubutaka bugenda bwandikwa mu buryo butandukanye n’uko bari barabuhawe mbere.

Ikintu twakoze ni ukongera gusubira mu gupima bwa butaka kugira ngo buri mworozi abone ubutaka bungana n’uko yari yarabubonye mbere bitandukanye n’uburyo bwari bwarandikishijwe.

Icyo gikorwa cyo gusubira mu mbibi z’inzuri cyararangiye, hagiye gukurikiraho igikorwa cyo gukora ibyangombwa no kubasinyisha amasezerano n’uburyo bazajya bakoresha ubwo butaka.”

Avuga ko atahita avuga igihe iki gikorwa kizarangirira, ariko ko babirimo, kandi bizeye ko bizahabwa umurongo.

Uburemere bw’ibibazo bishingiye ku butaka, bunagaragara muri Raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2020-2021, yagaragaje ko mu bibazo rwakiriye, ibirebana n’ubutaka byari byihariye 36,5%.

raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta y’umwaka wa 2019-2010, na yo yagaragaje ko hari ibyangombwa by’ubutaka bingana na 34 984 byasubijwe aho byagombaga gukosorerwa kubera ko byari bifite amakosa arenze ayo kwihanganirwa mu mbibi, ndetse kugeza icyo gihe ibyangombwa by’ubutaka bisaga miliyoni 1,7 byari bikiri mu bubiko bw’icyo kigo bitarashyikirizwa ba nyira byo.

Icyakora ikigo gishinzwe ubutaka, kigaragaza ko kugeza ubu mu bibanza bisaga miliyoni 11,6 bigomba kwandikwa; ubu bamaze kwandika ibisaga miliyoni 9, ariko iki kigo kivuga ko basigaye batanga icyangombwa gikozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, bishobora kugabanya amakimbirane ashingiye ku butaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 20 =

Previous Post

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

Next Post

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo rya Congo rikomeje kwamaganirwa kure, M23 na yo yariteye ishoti

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.