Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe iby’ubwikorezi muri Afurika y’Iburasirazuba (NCTTCA), rwagaragaje ko Sudani y’Epfo iza imbere mu kugira imihanda mibi bikabije, mu gihe mu Gihugu nk’u Rwanda na Kenya ho imihanda irushaho kuba myiza.

Uru rwego rushinzwe ubuhuzabikorwa mu by’ubwikorezi NCTTCA (Northern Corridor Transit and Transport Co-ordination Authority), ruvuga ko ububi bw’imihanda yo muri Sudani y’Epfo bukabije mu karere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCTTCA, Omae Nyarandi yagize ati “Imihanda yo muri Sudani y’Epfo iri ku rwego rwo hasi bikabije, ni mibi cyane mu gihe iyo ugeze mu Rwanda no muri Kenya igenda irushaho kuba myiza.”

Umwe mu mihanda yo mu Rwanda

Omae Nyarandi avuga ko ubuyobozi bwa Sudani y’Epfo bukwiye kwita kuri politiki n’amategeko by’ibikorwa remezo ndetse n’igenamigambi ry’uburyo bwo gusana imihanda igihe yangiritse ndetse no guhanga imishya.

Iyi mihanda yo muri Sudani y’Epfo yarushijeho kuba mibi bitewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa ikayangiza bitewe n’imyuzure.

Hari amakamyo 1 500 yari atwaye ibiribwa, amaze ibyumweru mu gace k’iburengerazuba bw’iki Gihugu kubera kubura aho anyura bitewe n’iyangirika ry’imihanda.

Minisitiri w’Imihanda muri Sudan y’Epfo, Simon Mijok Mijak yasabye imbabazi abaturage b’iki Gihugu ku bw’iki cyegeranyo cya NCTTCA kigaragaza ko imihanda yabo ari yo mibi kurusha iyo mu bindi Bihugu byo mu karere.

Yanavuze kandi ko abahanga mu by’imyubakire bari gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi mihanda isanwe ubundi ayo makamyo abashe gukomeza urugendo mu minsi micye iri imbere.

Ibi byatumye Banki y’Isi imenyesha Sudani y’Epfo ko itazayiha inkunga y’ibikorwa remezo kubera uku guhuzagurika mu kutagira amateko n’imirongo migari bihamye byo gufata neza imihanda no kubaka imishya.

Itsinda ry’abakozi ba Banki y’Isi kandi bari muri Sudani y’Epfo kugira ngo rifashe Guverinoma y’iki Gihugu uburyo bashyiraho izo politi zo guteza imbere ibikorwa remezo by’imihanda.

Umwe mu mihanda yo muri Sudani y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Uwitanze menshi arye mushikaki, uwa macye ni igitoki- Ndimbati yagarutse muri Film

Next Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.