Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe iby’ubwikorezi muri Afurika y’Iburasirazuba (NCTTCA), rwagaragaje ko Sudani y’Epfo iza imbere mu kugira imihanda mibi bikabije, mu gihe mu Gihugu nk’u Rwanda na Kenya ho imihanda irushaho kuba myiza.

Uru rwego rushinzwe ubuhuzabikorwa mu by’ubwikorezi NCTTCA (Northern Corridor Transit and Transport Co-ordination Authority), ruvuga ko ububi bw’imihanda yo muri Sudani y’Epfo bukabije mu karere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCTTCA, Omae Nyarandi yagize ati “Imihanda yo muri Sudani y’Epfo iri ku rwego rwo hasi bikabije, ni mibi cyane mu gihe iyo ugeze mu Rwanda no muri Kenya igenda irushaho kuba myiza.”

Umwe mu mihanda yo mu Rwanda

Omae Nyarandi avuga ko ubuyobozi bwa Sudani y’Epfo bukwiye kwita kuri politiki n’amategeko by’ibikorwa remezo ndetse n’igenamigambi ry’uburyo bwo gusana imihanda igihe yangiritse ndetse no guhanga imishya.

Iyi mihanda yo muri Sudani y’Epfo yarushijeho kuba mibi bitewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa ikayangiza bitewe n’imyuzure.

Hari amakamyo 1 500 yari atwaye ibiribwa, amaze ibyumweru mu gace k’iburengerazuba bw’iki Gihugu kubera kubura aho anyura bitewe n’iyangirika ry’imihanda.

Minisitiri w’Imihanda muri Sudan y’Epfo, Simon Mijok Mijak yasabye imbabazi abaturage b’iki Gihugu ku bw’iki cyegeranyo cya NCTTCA kigaragaza ko imihanda yabo ari yo mibi kurusha iyo mu bindi Bihugu byo mu karere.

Yanavuze kandi ko abahanga mu by’imyubakire bari gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi mihanda isanwe ubundi ayo makamyo abashe gukomeza urugendo mu minsi micye iri imbere.

Ibi byatumye Banki y’Isi imenyesha Sudani y’Epfo ko itazayiha inkunga y’ibikorwa remezo kubera uku guhuzagurika mu kutagira amateko n’imirongo migari bihamye byo gufata neza imihanda no kubaka imishya.

Itsinda ry’abakozi ba Banki y’Isi kandi bari muri Sudani y’Epfo kugira ngo rifashe Guverinoma y’iki Gihugu uburyo bashyiraho izo politi zo guteza imbere ibikorwa remezo by’imihanda.

Umwe mu mihanda yo muri Sudani y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Uwitanze menshi arye mushikaki, uwa macye ni igitoki- Ndimbati yagarutse muri Film

Next Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.