Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe iby’ubwikorezi muri Afurika y’Iburasirazuba (NCTTCA), rwagaragaje ko Sudani y’Epfo iza imbere mu kugira imihanda mibi bikabije, mu gihe mu Gihugu nk’u Rwanda na Kenya ho imihanda irushaho kuba myiza.

Uru rwego rushinzwe ubuhuzabikorwa mu by’ubwikorezi NCTTCA (Northern Corridor Transit and Transport Co-ordination Authority), ruvuga ko ububi bw’imihanda yo muri Sudani y’Epfo bukabije mu karere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCTTCA, Omae Nyarandi yagize ati “Imihanda yo muri Sudani y’Epfo iri ku rwego rwo hasi bikabije, ni mibi cyane mu gihe iyo ugeze mu Rwanda no muri Kenya igenda irushaho kuba myiza.”

Umwe mu mihanda yo mu Rwanda

Omae Nyarandi avuga ko ubuyobozi bwa Sudani y’Epfo bukwiye kwita kuri politiki n’amategeko by’ibikorwa remezo ndetse n’igenamigambi ry’uburyo bwo gusana imihanda igihe yangiritse ndetse no guhanga imishya.

Iyi mihanda yo muri Sudani y’Epfo yarushijeho kuba mibi bitewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa ikayangiza bitewe n’imyuzure.

Hari amakamyo 1 500 yari atwaye ibiribwa, amaze ibyumweru mu gace k’iburengerazuba bw’iki Gihugu kubera kubura aho anyura bitewe n’iyangirika ry’imihanda.

Minisitiri w’Imihanda muri Sudan y’Epfo, Simon Mijok Mijak yasabye imbabazi abaturage b’iki Gihugu ku bw’iki cyegeranyo cya NCTTCA kigaragaza ko imihanda yabo ari yo mibi kurusha iyo mu bindi Bihugu byo mu karere.

Yanavuze kandi ko abahanga mu by’imyubakire bari gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi mihanda isanwe ubundi ayo makamyo abashe gukomeza urugendo mu minsi micye iri imbere.

Ibi byatumye Banki y’Isi imenyesha Sudani y’Epfo ko itazayiha inkunga y’ibikorwa remezo kubera uku guhuzagurika mu kutagira amateko n’imirongo migari bihamye byo gufata neza imihanda no kubaka imishya.

Itsinda ry’abakozi ba Banki y’Isi kandi bari muri Sudani y’Epfo kugira ngo rifashe Guverinoma y’iki Gihugu uburyo bashyiraho izo politi zo guteza imbere ibikorwa remezo by’imihanda.

Umwe mu mihanda yo muri Sudani y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Uwitanze menshi arye mushikaki, uwa macye ni igitoki- Ndimbati yagarutse muri Film

Next Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.