Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ecuador: Intagondwa zagabye igitero kuri Televiziyo mu kiganiro Live zatumye Perezida aha itegeko Igisirikare

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ecuador: Intagondwa zagabye igitero kuri Televiziyo mu kiganiro Live zatumye Perezida aha itegeko Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ecuador, Daniel Noboa, yategetse igisirikare cy’iki Gihugu, guhiga bukware udutsiko 22 tw’imitwe y’iterabwoba, nyuma y’uko abantu bitwaje imbunda bagabye igitero kuri Televiziyo y’Igihugu bagategeka abanyamakuru n’abatumirwa kuryama hasi.

Muri iki gitero cyabaye tariki 09 Mutarama 2024, abantu bitwaje imbunda n’i biturika biraye muri studio za televiziyo hari gutambuka ikiganiro Live, bategeka abanyamakuru kuryama hasi, ndetse humvikana urusaku rw’amasasu.

Inzego z’umutekano muri iki Gihugu, zavuze ko zafashe icyo gikorwa nk’icy’iterabwoba, icyakora zemeza ko abari bafashwe bugwate, batabawe bakarekurwa ubu bakaba bari ahantu bafite umutekano.

Binjiye muri Televiziyo bategeka abanyamakuru kuryama hasi

Ibi bikimara kuba, Perezida wa Ecuador, Daniel Noboa yahise asohora iteka rivuga ko Igihugu “cyinjiye mu ntambara y’imbere mu Gihugu n’imitwe y’iterabwoba.”

Daniel Noboa yanategetse ingabo z’Igihugu gutangira ibikorwa bya gisirikare bigamije kurangiza imitwe y’ibyihebe ibarizwa muri iki Gihugu

Uretse abo banyamakuru batunguwe n’abitwaje intwaro ubwo bari mu kiganiro kuri televiziyo, hari n’abarimu n’abanyeshuri ba kaminuza ya Guayaquil muri Ecuador, bahungiye mu byumba by’amashuri by’iyo kaminuza, nyuma y’uko hari abantu bayigabyeho igitero.

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko yabaye isubitse amasomo mu Gihugu hose, abanyeshuri bakaba bazajya biga muri gahunda y’ikoranabuhanga kuri internet, kubera ibibazo by’umutekano.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =

Previous Post

Abadepite bahangayikishijwe n’ibyobo 150 biri hirya no hino birimo ibimaze imyaka 60

Next Post

Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye

Related Posts

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye

Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.