Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
2
FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiravugwaho kwihuza n’icy’u Burundi (FDNB) mu kwitegura kugaba ibitero ku bo mu bwoko bw’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo.

Byatangajwe n’Ishyirahamwe riharanira Uburenganzira bw’Abanyamulenge ryitwa Twirwaneho, ryatanze impuruza ko abasirikare ba FARDC baherutse kwihuza n’abasirikare b’u Burundi, bitegura kugaba ibitero ku Banyamulenge bo muri Kivu y’Epfo.

Iyi mpuruza iri shyirahamwe ryageneye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) basaba kugira icyo bakora kuri ibi bikorwa binugwanugwa.

Iri shyirahamwe rivuga ibi bikorwa byo kwitegura kugaba ibitero ku Banyamulenge, byatangiye mu minsi ishize tariki 10 Nyakanga 2022 aho bamwe mu basirikare b’u Burundi bagera muri 250 bagaragaye bambuka umugezi wa Rusizi baza guhura n’ingabo za FARDC ubu hakaba habarwa abasirikare bagera mu 1 500 bari za Uvira.

Iri tangazo rivuga ko ubwoko bw’Abatutsi b’Abanye-Congo [Abanyamulenge] ari bo bibasirwa cyane, ndetse ko aba basirikare ntakindi kibagenza atari ukwivugana Abanyamulenge batuye mu Misozi ya Minembwe no kubasahurira imitungo yabo.

Iri tangazo rigira riti “Birasa nkaho bari gutegurwa Jenoside igomba gukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi.”

Ubutumwa bwashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Gen Sultan Makenga kuri uru rubuga, na we yavuze kuri ibi bikorwa biri gutegurirwa kugirira nabi Abanyamulenge.

Yagize ati “FNDB yihuje na FARDC bihuje bagamije kugaba ibitero ku Bamulenge muri Kivu y’Epfo. Bikwiye gukurikiranwa.”

https://twitter.com/SultaniMAKENGA/status/1552174643833970690

Uyu witwa Gen Sultan Makenga yakomeje yibaza ikizakurikiraho mu gihe Ingabo z’u Burundi zakwihuza na FARDC na FDLR.

Ibi bivuzwe mu gihe umutwe wa M23 washinzwe n’abaharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, ukomeje kurwana na FARDC nubundi uharanira ko amasezerano wumvikanye n’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yubahirizwa.

Uyu mutwe kandi ubu uracunga ibice bitandukanye wafashe muri iyi mirwano nyuma yo gukubita inshuro FARDC yifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR irwanya u Rwanda.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Elysée says:
    3 years ago

    Dieu est au contrôle

    Reply
  2. Amani says:
    3 years ago

    Ububeshi. Operation izohuza FDNB na FARDC izoba igamije gukura imirwi irwana yose yori ako karere uhereye kuri M23 na FDLR. Bizokorwa hisunzwe ivyavuye mu nama ya Nairobi. Ahubwo Général Makenga niwe azohava akora iri honyabwoko kuko abona ko ibisaka bigira bimushane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + twelve =

Previous Post

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Next Post

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.