Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
2
FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiravugwaho kwihuza n’icy’u Burundi (FDNB) mu kwitegura kugaba ibitero ku bo mu bwoko bw’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo.

Byatangajwe n’Ishyirahamwe riharanira Uburenganzira bw’Abanyamulenge ryitwa Twirwaneho, ryatanze impuruza ko abasirikare ba FARDC baherutse kwihuza n’abasirikare b’u Burundi, bitegura kugaba ibitero ku Banyamulenge bo muri Kivu y’Epfo.

Iyi mpuruza iri shyirahamwe ryageneye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) basaba kugira icyo bakora kuri ibi bikorwa binugwanugwa.

Iri shyirahamwe rivuga ibi bikorwa byo kwitegura kugaba ibitero ku Banyamulenge, byatangiye mu minsi ishize tariki 10 Nyakanga 2022 aho bamwe mu basirikare b’u Burundi bagera muri 250 bagaragaye bambuka umugezi wa Rusizi baza guhura n’ingabo za FARDC ubu hakaba habarwa abasirikare bagera mu 1 500 bari za Uvira.

Iri tangazo rivuga ko ubwoko bw’Abatutsi b’Abanye-Congo [Abanyamulenge] ari bo bibasirwa cyane, ndetse ko aba basirikare ntakindi kibagenza atari ukwivugana Abanyamulenge batuye mu Misozi ya Minembwe no kubasahurira imitungo yabo.

Iri tangazo rigira riti “Birasa nkaho bari gutegurwa Jenoside igomba gukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi.”

Ubutumwa bwashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Gen Sultan Makenga kuri uru rubuga, na we yavuze kuri ibi bikorwa biri gutegurirwa kugirira nabi Abanyamulenge.

Yagize ati “FNDB yihuje na FARDC bihuje bagamije kugaba ibitero ku Bamulenge muri Kivu y’Epfo. Bikwiye gukurikiranwa.”

https://twitter.com/SultaniMAKENGA/status/1552174643833970690

Uyu witwa Gen Sultan Makenga yakomeje yibaza ikizakurikiraho mu gihe Ingabo z’u Burundi zakwihuza na FARDC na FDLR.

Ibi bivuzwe mu gihe umutwe wa M23 washinzwe n’abaharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, ukomeje kurwana na FARDC nubundi uharanira ko amasezerano wumvikanye n’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yubahirizwa.

Uyu mutwe kandi ubu uracunga ibice bitandukanye wafashe muri iyi mirwano nyuma yo gukubita inshuro FARDC yifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR irwanya u Rwanda.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Elysée says:
    3 years ago

    Dieu est au contrôle

    Reply
  2. Amani says:
    3 years ago

    Ububeshi. Operation izohuza FDNB na FARDC izoba igamije gukura imirwi irwana yose yori ako karere uhereye kuri M23 na FDLR. Bizokorwa hisunzwe ivyavuye mu nama ya Nairobi. Ahubwo Général Makenga niwe azohava akora iri honyabwoko kuko abona ko ibisaka bigira bimushane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

Next Post

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.