Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize Umuryango w’abiyemeje guharanira gukemura ibibazo by’Igihugu muri DRC, basabye igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) n’abagifasha, kwitandukanya byihuse n’abarwanyi ba Wazalendo mu Mujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo.

Uyu muryango uzwi nka DYNAP (Dynamique des Acteurs pour les questions de la Patrie) wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gukora inshingano zayo kandi igashyira iherezo ku mikoranire n’imitwe yitwaje Intwaro yo mu Gihugu.

Umuhuzabikorwa wa DYNAP, Sylvano Safari; yavuze ko ibiri kubera muri Uvira muri iki Gihe bidashobora kwihanganirwa kuko “biteye inkeke, bigaragaza gusenyuka k’ubusugire bw’Igihugu, ndetse n’ubushishozi bucye bwa Leta mu kurinda abaturage, no kugendera ku mategeko.”

Yavuze ko ibi bigaragazwa n’abakomeje kuburira ubuzima muri uriya mujyi, ndetse n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje kuhagaragara, bityo ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora.

Yagize ati “Uvira irasa n’itakiri kugenzurwa na Leta, bitewe no kuba abayobozi bakomeje kubifata nk’ibintu byoroshye. Turi kugana mu ngaruka zikomeye, dufite ibyago byo kwinjira mu ntambara ya gisivile, nk’uko twabyiboneye mu myigaragambyo yo kwamagana General Gasita.”

Yasabye ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora mu buryo bwihuse igahagarika ibikorwa byose biriho bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro birimo “imvugo zabo mbi, Leta ntikwiye kugirana imikoranire n’abatesha agaciro imiyoborere yabo mu maso y’Igihugu cyose.”

Sylvano Safari yavuze ko Leta ikwiye kumenya ko inshingano zo kugenzura ibice byose, asaba ko ibice byo muri Uvira bidakwiye kurangwamo iyi mitwe nka Wazalendo ikomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubunyamaswa.

Mu minsi micye ishize, havutse ubushyamirane hagati ya FARDC na Wazalendo bwagaragaye mu mujyi wa Uvira, kubera kwigaragambya uyu mutwe wamagana ishyirwaho rya Général Olivier Gasita washyizweho nk’Umuyobozi w’Ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi muri Rajiyo ya 33 ya FARDC.

Abarwanyi ba Wazalendo na bamwe mu baturage bamaganye uyu Mujenerali bamwita kuba umwe mu ba M23, bamushinja kuba yaranagize uruhare mu ifatwa rya Bukavu.

Ubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bwashyiragaho Umutwe wa Wazalendo ngo ufashe FARDC guhangana na M23, bamwe mu basesenguzi, bavugaga ko bizarangira ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, bwisanze mu ihuriro ryo kutabasha kugenzura abarwanyi b’uyu mutwe, igihe uzaba wijanditse mu marorerwa ukomeje kugaragaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

Next Post

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Related Posts

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yizeye ko Igihugu cye kigiye kugirana amasezerano n’u Bushinwa,...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we
AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

30/10/2025
Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

29/10/2025
Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.