Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru Wungirije w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen Jérôme Chico Tshitambwe yatangaje ko biteguye urugamba n’u Rwanda kandi ko ubu noneho bizeye kurutsinda.

Brig Gen Jérôme Chico Tshitambwe yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yuko itsinda ry’abasirikare yari ayoboye bakubutse mu ruzinduko mu Bihugu bimwe bigize Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Yavuze ko uru ruzinduko rwari rugamije gutsimbataza imikoranire n’Ibisirikare by’ibindi Bihugu mu rwego rwo kwigobotora ibibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ni yo ntego y’urugendo rwo gushaka abaterankunga twakorana. Habayeho ibiganiro byitezweho kuzatanga umusaruro ushimishije uhereye muri iki gihe.”

Brig Gen Jérôme Chico Tshitambwe usanzwe anashinzwe ibikorwa bya Gisirikare muri FARDC ndetse akaba n’umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare, yavuze ko ikindi baheraho bashimangira ko ubu bufatanye n’Ibihugu bya SADC buzatanga umusaruro, ari uko atari ubwa mbere bibafashije guhangana n’u Rwanda ngo kuko no mu myaka y’ 1999 na 2000 yabafashije.

Muri iki kiganiro yakunze kuvugamo ko Igihugu cye kiri kurwana n’u Rwanda na M23, yavuze ko ubu bufatanye bwa SADC bugiye gufasha DRC gutsinda urugamba.

Yagize ati “Intambara duhanganyemo n’u Rwanda tugiye kuyitsinda kandi ibice byose byigaruriwe tuzabyisubiza kandi tubasubize inyuma hatabayeho uburyo ubwo ari bwo bwose bw’imishyikirano.”

Yavuze kandi ko Umugaba w’ikirenga wa FARDC, akaba Perezida wa Repubulika, Felix Tshisekedi yakoresheje imbara zishoboka kugira ngo Igihugu cye gikurirweho ibihano cyari cyafatiwe mu bya gisirikare, bityo ko ubu igisigaye ari ukwivuna abanzi.

U Rwanda rwo rwakunze kuvuga kenshi ko ntaho ruhuriye n’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo ndetse ko nta bufasha ruha umutwe wa M23, mu gihe uyu musirikare yongeye kuvuga ko FARDC iri kurwana n’u Rwanda na M23.

Uyu Mujenerali wa FARDC kandi atangaje ibi nyuma y’icyumweru kimwe gusa, hari abasirikare b’iki Gisirikare bakoze igisa n’igitero ku Rwanda, aho barashe amasasu ku ruhande rw’u Rwanda ku mupaka uruhuza na DRC mu Karere ka Rusizi.

Ni igitero cyaje gisanga Ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja, zihita zikozanyaho n’aba ba FARDC, bahise bahindukira bagasubira mu Gihugu cyabo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwagize icyo buvuga kuri iki gikorwa cy’ubushotoranye, bwasabye itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu karere, gukora iperereza kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralina, ubwo yagarukaga kuri iki gikorwa cy’ubushotoranyi, yavuze ko ari kimwe mu bindi byinshi byakozwe na Guverinoma ya Congo ikomeje gushaka icyatuma Ibihugu byombi byisanga mu ntambara kugira ngo ibone iturufu ikomeza kurishisha ku birego by’ibinyoma ishinja u Rwanda.

Mukuralinda wamaraga impungenge abakekaga ko u Rwanda rwaba ruri kurwana na Congo, yagize ati “Nta ntambara yeruye ihari. Mbere na mbere u Rwanda nta ntambara rushaka, rwarabivuze ruzabisubiramo, rwemera ko iki kibazo kizakemuka mu nzira z’imishyikirano.”

Gusa Guverinoma y’u Rwanda nubwo yakunze kuvuga ko itifuza kujya mu ntambara, yanavugaga ko igihe cyose rwayishorwamo rwiteguye kuyirwana rwemye kuko ibyangombwa byose rubifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu

Next Post

Hatangajwe icyafashije Polisi gutahura umugabo wagurisha iby’umutungo wa Leta akishyirira mu mufuka

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Hatangajwe icyafashije Polisi gutahura umugabo wagurisha iby’umutungo wa Leta akishyirira mu mufuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.