Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yagize icyo ivuga ku kongerera amasezerano umutoza w’Amavubi uherutse kubivugaho ukundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riratangaza ko rigitegereje igisubizo ku cy’umutoza w’Amavubi, Frank Spittler; ku cyifuzo yagejejweho cyo kongererwa amasezerano, mu gihe we aherutse kuvuga ko yakigejejweho mu buryo bw’agasuzuguro.

Ni mu gihe ikipe y’u Rwanda yitegura umukino uzayihuza na Sudani y’Epfo mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya CHAN, uzakinirwa i Juba, ariko amasezerano y’umutoza akaba yenda kurangira.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Adolphe Kalisa yemereye Ikinyamakuru The New Times, ko habayeho kwegera uyu mutoza akagezwaho icyifuzo cyo kongererwa amasezerano, ariko ko atari yagira icyo agisubizaho.

Yagize ati “Twamugejejeho icyifuzo kandi turacyategereje igisubizo cye.”

Ni mu gihe bivugwa ko uyu mutoza w’Umudage Spittler yanze iki cyifuzo, ndetse bikaba bivugwa ko ashobora gufata rutemikirere akerecyeza iwabo mu Budage mu biruhuko by’iminsi mikuru, mbere yuko hakinwa uyu mukino, ndetse bikaba bivugwa ko uyu mukino w’u Rwanda na Sudani y’Epfo uzatozwa n’umutoza wungirije Jimmy Mulisa afatanyije na Yves Rwasamanzi.

Mu kiganiro Frank Spittler aherutse kugirana na RADIOTV10, ku kuba yakongererwa amasezerano, niba yaranagejejweho iki gitekerezo, yavuze ko byabayeho ariko ko byakozwe mu buryo bugaragaramo agasuzuguro.

Yari yagize ati “Bambwiye ko bifuza kongera amasezerano, ndetse banampaye ibyifuzo bikubiye mu masezerano mashya, ariko mu by’ukuri sinavuga ko bifatika, sinigeze mbyitaho cyane.”

Yakomeje agira ati “Bansabye kubagaragariza umusaruro wanjye. Niba bakeneye ko dukomezanya, ntibagombaga kumpa ibintu nk’ibyo.”

Umutoza Frank Spittler aherutse gutsinda umukino wahuje u Rwanda na Nigeria mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika CAN, aho yari Amavubi yatsinze ibitego 2-1, ariko ntiyabona itike yo kucyerekezamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Next Post

Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.