Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yagize icyo ivuga ku kongerera amasezerano umutoza w’Amavubi uherutse kubivugaho ukundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riratangaza ko rigitegereje igisubizo ku cy’umutoza w’Amavubi, Frank Spittler; ku cyifuzo yagejejweho cyo kongererwa amasezerano, mu gihe we aherutse kuvuga ko yakigejejweho mu buryo bw’agasuzuguro.

Ni mu gihe ikipe y’u Rwanda yitegura umukino uzayihuza na Sudani y’Epfo mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya CHAN, uzakinirwa i Juba, ariko amasezerano y’umutoza akaba yenda kurangira.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Adolphe Kalisa yemereye Ikinyamakuru The New Times, ko habayeho kwegera uyu mutoza akagezwaho icyifuzo cyo kongererwa amasezerano, ariko ko atari yagira icyo agisubizaho.

Yagize ati “Twamugejejeho icyifuzo kandi turacyategereje igisubizo cye.”

Ni mu gihe bivugwa ko uyu mutoza w’Umudage Spittler yanze iki cyifuzo, ndetse bikaba bivugwa ko ashobora gufata rutemikirere akerecyeza iwabo mu Budage mu biruhuko by’iminsi mikuru, mbere yuko hakinwa uyu mukino, ndetse bikaba bivugwa ko uyu mukino w’u Rwanda na Sudani y’Epfo uzatozwa n’umutoza wungirije Jimmy Mulisa afatanyije na Yves Rwasamanzi.

Mu kiganiro Frank Spittler aherutse kugirana na RADIOTV10, ku kuba yakongererwa amasezerano, niba yaranagejejweho iki gitekerezo, yavuze ko byabayeho ariko ko byakozwe mu buryo bugaragaramo agasuzuguro.

Yari yagize ati “Bambwiye ko bifuza kongera amasezerano, ndetse banampaye ibyifuzo bikubiye mu masezerano mashya, ariko mu by’ukuri sinavuga ko bifatika, sinigeze mbyitaho cyane.”

Yakomeje agira ati “Bansabye kubagaragariza umusaruro wanjye. Niba bakeneye ko dukomezanya, ntibagombaga kumpa ibintu nk’ibyo.”

Umutoza Frank Spittler aherutse gutsinda umukino wahuje u Rwanda na Nigeria mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika CAN, aho yari Amavubi yatsinze ibitego 2-1, ariko ntiyabona itike yo kucyerekezamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Next Post

Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Iby’ingenzi Perezida Kagame yaganiriyeho na mugenzi we wa Algeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.