Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaganye amakuru y’ihindurwa ry’inshingano za bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri shyirahamwe, yatangajwe n’umwe mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda.

Amakuru yo guhindurira inshingano bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA, yatangajwe n’Umunyamakuru Sam Karenzi mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye.

Ubu butumwa bwanditswe na Sam Karenzi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022, bwagaragazaga urutonde rw’abakozi 12 b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA ndetse n’imyanya bagiye bimurirwamo na zimwe mu mpamvu.

Ubu butumwa burimo ubuvuga ko uwitwa “Umurerwa Ariane: arajya kiuba Secretaire w’Umunyamabanga Mukuru Muhire bafitanye umubano, akaza kuba asimbuye Muramira Nicole.”

Uyu munyamakuru washyizeho igitekerezo giherekeje uru rutonde, yagize ati “Ubwino: Niki kihishe inyuma yo guhindurirwa inshingano ikitaraganya mu bakozi ba FERWAFA.”

Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA bwamaganye aya makuru buvuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter ya FERWAFA bwerekana ko aya makuru yatangajwe n’uyu munyamakuru ari ibinyoma, bugira buti “Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA burabeshyuza amakuru ari gucaracara ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe, yerekeye ihindurwa ry’inshingano mu bakozi b’ubunyamabanga Bukuru.”

FERWAFA ivuga ko aya makuru y’ibihuha agamije “gukururura umwuka mubi mu bakozi no mu bafatanyabikorwa ba FERWAFA ndetse no kubaca integer.

Ubu butumwa busoza buvuga ko muri iri shyirahamwe, imikorere n’imikoranire y’abakozi bigenda neza ndetse ko bizakomeza kugira ngo bagere ku ntego z’iri shyirahamwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + six =

Previous Post

Umujyi wa Kigali wabonye Abajyanama basimbura abarimo Nadine wagizwe umuyobozi wa NCDA

Next Post

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.