Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaganye amakuru y’ihindurwa ry’inshingano za bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri shyirahamwe, yatangajwe n’umwe mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda.

Amakuru yo guhindurira inshingano bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA, yatangajwe n’Umunyamakuru Sam Karenzi mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye.

Ubu butumwa bwanditswe na Sam Karenzi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022, bwagaragazaga urutonde rw’abakozi 12 b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA ndetse n’imyanya bagiye bimurirwamo na zimwe mu mpamvu.

Ubu butumwa burimo ubuvuga ko uwitwa “Umurerwa Ariane: arajya kiuba Secretaire w’Umunyamabanga Mukuru Muhire bafitanye umubano, akaza kuba asimbuye Muramira Nicole.”

Uyu munyamakuru washyizeho igitekerezo giherekeje uru rutonde, yagize ati “Ubwino: Niki kihishe inyuma yo guhindurirwa inshingano ikitaraganya mu bakozi ba FERWAFA.”

Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA bwamaganye aya makuru buvuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter ya FERWAFA bwerekana ko aya makuru yatangajwe n’uyu munyamakuru ari ibinyoma, bugira buti “Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA burabeshyuza amakuru ari gucaracara ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe, yerekeye ihindurwa ry’inshingano mu bakozi b’ubunyamabanga Bukuru.”

FERWAFA ivuga ko aya makuru y’ibihuha agamije “gukururura umwuka mubi mu bakozi no mu bafatanyabikorwa ba FERWAFA ndetse no kubaca integer.

Ubu butumwa busoza buvuga ko muri iri shyirahamwe, imikorere n’imikoranire y’abakozi bigenda neza ndetse ko bizakomeza kugira ngo bagere ku ntego z’iri shyirahamwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umujyi wa Kigali wabonye Abajyanama basimbura abarimo Nadine wagizwe umuyobozi wa NCDA

Next Post

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.