Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gabon: Ibyakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu byashyize abaturage mu bwigunge

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gabon: Ibyakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu byashyize abaturage mu bwigunge
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Gabon n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, abaturage bakomeje kubaho mu gisa n’ubwigunge kuko hakuweho interineti ngo idatiza umurindi imvururu zishobora kuvuka.

Aya matora yabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru dusoje, arimo guhatanga gukomeye kuko Perezida Ali Bongo Ondimba ari guhatanira manda ya gatatu, akaba ahanganye na Albert Ondo Ossa utavuga rumwe n’ubutegetsi, wanagaragaje impungenge ko Guvernoma yakuyeho internet mu rwego rwo gushaka kwiba amajwi.

Uyu Albert Ondo Ossa wabaye Minisitiri ubwo Gabon yategekwaga na Omar Bongo, uretse gushinja Guvernoma ya Ali Bongo gushaka kwiba amajwi, aranamusaba kurekura ubutegetsi amazeho imyaka 14.

Ondo Ossa yahamagariye imiryango mpuzamahanga kugenzura cyane ibijyanye no kubara amajwi y’ibyavuye muri aya matora, ngo kuko afite impungenge ko bishobora kuzamo uburiganya.

Minisitiri w’Itumanaho, Rodrigue Mboumba Bissawou, yatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko Guvernoma yafashe icyemezo cyo gukuraho internet yose mu Gihugu guhera saa moya z’umugoroba kuri iki Cyumweru, mu rwego rwo kugabanya no kwirinda imvururu zishobora gukurikira aya matora.

Rodrigue Mboumba Bissawou yavuze ko igihe internet izasubiriraho kizatangazwa mu itangazo rizajya hanze nyuma.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

Muri Minisiteri yakozwemo amavugurura habaye ihererekanyanshingano hagati ya Minisitiri mushya n’uwari umukuriye

Next Post

Akari ku mutima wa myugariro w’Amavubi wakoreye ikipe ye muri Libya ibyananiye abandi

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima wa myugariro w’Amavubi wakoreye ikipe ye muri Libya ibyananiye abandi

Akari ku mutima wa myugariro w’Amavubi wakoreye ikipe ye muri Libya ibyananiye abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.