Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in Uncategorized
1
Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inzibacyuho muri Gabon, General Oligui Nguéma yajyanye abana be ku ishuri ku munsi w’itangira ry’amashuri anabatwaje igikapu kirimo ibikoresho by’ishuri, ibintu byatunguye benshi byumwihariko abarimu bo kuri iryo shuri n’ababyeyi bagenzi be na bo bari baherekeje abana babo.

Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Nzeri 2024, ubwo muri Gabon batangiraga umwaka w’amashuri, ubundi ababyeyi bakazinduka mu gitondo bajyana abana babo ku mashuri.

Muri abo babyeyi, barimo na Perezida w’iki Gihugu, Général Oligui Nguéma ubwo na we yaherecyezaga abana be babiri ku ishuri barimo uw’umukobwa n’umuhungu, ibintu bivugwa ko bibayeho bwa mbere muri iki Gihugu.

Ibi byatunguye benshi barimo abarimu n’abayobozi bo ku ishuri aba bana be bigaho, kimwe n’ababyeyi na bo bari bazanye abana babo ku ishuri.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Perezida Général Oligui Nguéma ava mu modoka ari kumwe n’abana babiri, anabatwaje igikapu kirimo amakayi, ubundi akabaherecyeza bakarinda bagera mu cyumba kigari cy’ishuri.

#AFRIQUE: #GABON

À l'occasion de la rentrée scolaire 2024-2025, le président de la transition gabonaise, le général Brice Clotaire @oliguinguema a accompagné ses enfants ce matin à l'école. (Vidéo) pic.twitter.com/J4F27TGX2x

— Ebale ya mozindo off (@ebalemozindo) September 9, 2024

Muri aya mashusho, Général Oligui Nguéma yabanje gukomanga ku rugi rw’ishuri, ubundi akinguriwa n’umwarimu w’umuzungu, na we wabanje kwikanga no gutungurwa no kuba Perezida w’Igihugu azanye abana ku ishuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Claver Mbonyingingo says:
    1 year ago

    C’est un bon geste

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + ten =

Previous Post

Amakuru mashya ku kwinjira mukino w’u Rwanda na Nigeria

Next Post

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.