Sunday, March 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in Uncategorized
1
Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inzibacyuho muri Gabon, General Oligui Nguéma yajyanye abana be ku ishuri ku munsi w’itangira ry’amashuri anabatwaje igikapu kirimo ibikoresho by’ishuri, ibintu byatunguye benshi byumwihariko abarimu bo kuri iryo shuri n’ababyeyi bagenzi be na bo bari baherekeje abana babo.

Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Nzeri 2024, ubwo muri Gabon batangiraga umwaka w’amashuri, ubundi ababyeyi bakazinduka mu gitondo bajyana abana babo ku mashuri.

Muri abo babyeyi, barimo na Perezida w’iki Gihugu, Général Oligui Nguéma ubwo na we yaherecyezaga abana be babiri ku ishuri barimo uw’umukobwa n’umuhungu, ibintu bivugwa ko bibayeho bwa mbere muri iki Gihugu.

Ibi byatunguye benshi barimo abarimu n’abayobozi bo ku ishuri aba bana be bigaho, kimwe n’ababyeyi na bo bari bazanye abana babo ku ishuri.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Perezida Général Oligui Nguéma ava mu modoka ari kumwe n’abana babiri, anabatwaje igikapu kirimo amakayi, ubundi akabaherecyeza bakarinda bagera mu cyumba kigari cy’ishuri.

#AFRIQUE: #GABON

À l'occasion de la rentrée scolaire 2024-2025, le président de la transition gabonaise, le général Brice Clotaire @oliguinguema a accompagné ses enfants ce matin à l'école. (Vidéo) pic.twitter.com/J4F27TGX2x

— Ebale ya mozindo off (@ebalemozindo) September 9, 2024

Muri aya mashusho, Général Oligui Nguéma yabanje gukomanga ku rugi rw’ishuri, ubundi akinguriwa n’umwarimu w’umuzungu, na we wabanje kwikanga no gutungurwa no kuba Perezida w’Igihugu azanye abana ku ishuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Claver Mbonyingingo says:
    1 year ago

    C’est un bon geste

    Reply

Leave a Reply to Claver Mbonyingingo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eleven =

Previous Post

Amakuru mashya ku kwinjira mukino w’u Rwanda na Nigeria

Next Post

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Related Posts

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

07/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

06/03/2026
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.