Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
0
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’ibitabo na film, Gaël Faye yavuze kuri film ‘le silence des mots’ igaruka ku magorwa y’abagore bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko abantu badakwiye kubyirengagiza ahubwo ko bakeneye guhabwa ubutabera.

Iyi filimi ‘le silence des mots’ yakozwe ku bufatanye bwa Gaël Faye na Michael Sztanke, igaragaza agahinda k’aba bagore bafashwe ku ngufu, n’intimba byabasigiye ku mutima.

Mu butumwa bwe, Gaël Faye yavuze ko aba bagore bahishuye ishusho nyayo y’ikiremwamuntu. Ati “Ntitugomba kubifata nk’ibintu bitabayeho.”

Ubu butumwa bw’inyandiko n’amashusho, butangizwa n’agace kamwe k’amashusho yo muri iyi filmi, aho umwe muri aba bagore witwa Prisca Mushimiyimana wafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza iri hohoterwa bakorewe.

Agaragaza iyi nzira y’umusaraba yanyuzemo, hari aho agira ati “Ibyo bashakaga byose ni byo bakoraga, barakubwira ngo ‘hena’, bati ‘zamura akaguru’, ukakazamura, uko bumvaga ubwonko bwabo butekereza, ni ko batekerezaga ibyo bari bugukoreshe.”

Ces femmes ont dorénavant un visage humain. Nous ne pouvons plus faire comme si cela n’avait jamais existé.

Le film « Le silence des mots » que j’ai co-réalisé avec @msztanke est disponible sur @ARTEfr
Lien: https://t.co/sRlBMFlVQt#Rwanda #France #Justice pic.twitter.com/bFJotjVWrV

— Gaël Faye (@GaelFaye) October 18, 2022

Gaël Faye uhita akurikizaho ubutumwa bwe, avuga ko yagize uruhare mu itunganywa ry’iyi film byumwihariko mu kuyandika, akanagaragaza icyatumye atanga uyu musanzu we.

Ati “Nakozwe ku mutima n’amateka y’aba bagore bafashwe ku ngufu n’abasirikare b’abafaransa ubwo bari muri operation Turquoise kubera impamvu nyinshi; icya mbere ni uko ndi Umufaransa nkaba n’Umunyarwanda.”

Akomeza avuga ko nubwo abasirikare b’Abafaransa bafashe ku ngufu abagore muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariho hari n’Interahambwe na zo zakoze aya mahano.

Ati “Ni ibintu by’indengakamere muri aya mateka ababaje kuko iyo aba bagore bageraga mu nkambi zabaga zirinzwe n’Abafaransa, batekerezaga ko bagiye kubona umutekano. Ariko abo bizeraga ko bagiye kubatabara na bo bababeraga ikibazo.”

Avuga ko ari byo byatumye yumva ko agomba kugira icyo akora atari ukugira ngo aya mateka amenyekane, ahubwo no kugira ngo habeho n’urubanza mu Bufaransa bityo abo bagore bagahabwa ubutabera.

Gaël Faye atanze ubu butumwa nyuma y’ukwezi kumwe Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko bwahagaritse iperereza ku kirego cy’abasirikare b’abafaransa baregwaga kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ngo kuko nta bimenyetso bifatika bigaragaza urwo ruhare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Next Post

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Related Posts

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.