Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
0
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’ibitabo na film, Gaël Faye yavuze kuri film ‘le silence des mots’ igaruka ku magorwa y’abagore bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko abantu badakwiye kubyirengagiza ahubwo ko bakeneye guhabwa ubutabera.

Iyi filimi ‘le silence des mots’ yakozwe ku bufatanye bwa Gaël Faye na Michael Sztanke, igaragaza agahinda k’aba bagore bafashwe ku ngufu, n’intimba byabasigiye ku mutima.

Mu butumwa bwe, Gaël Faye yavuze ko aba bagore bahishuye ishusho nyayo y’ikiremwamuntu. Ati “Ntitugomba kubifata nk’ibintu bitabayeho.”

Ubu butumwa bw’inyandiko n’amashusho, butangizwa n’agace kamwe k’amashusho yo muri iyi filmi, aho umwe muri aba bagore witwa Prisca Mushimiyimana wafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza iri hohoterwa bakorewe.

Agaragaza iyi nzira y’umusaraba yanyuzemo, hari aho agira ati “Ibyo bashakaga byose ni byo bakoraga, barakubwira ngo ‘hena’, bati ‘zamura akaguru’, ukakazamura, uko bumvaga ubwonko bwabo butekereza, ni ko batekerezaga ibyo bari bugukoreshe.”

Ces femmes ont dorénavant un visage humain. Nous ne pouvons plus faire comme si cela n’avait jamais existé.

Le film « Le silence des mots » que j’ai co-réalisé avec @msztanke est disponible sur @ARTEfr
Lien: https://t.co/sRlBMFlVQt#Rwanda #France #Justice pic.twitter.com/bFJotjVWrV

— Gaël Faye (@GaelFaye) October 18, 2022

Gaël Faye uhita akurikizaho ubutumwa bwe, avuga ko yagize uruhare mu itunganywa ry’iyi film byumwihariko mu kuyandika, akanagaragaza icyatumye atanga uyu musanzu we.

Ati “Nakozwe ku mutima n’amateka y’aba bagore bafashwe ku ngufu n’abasirikare b’abafaransa ubwo bari muri operation Turquoise kubera impamvu nyinshi; icya mbere ni uko ndi Umufaransa nkaba n’Umunyarwanda.”

Akomeza avuga ko nubwo abasirikare b’Abafaransa bafashe ku ngufu abagore muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariho hari n’Interahambwe na zo zakoze aya mahano.

Ati “Ni ibintu by’indengakamere muri aya mateka ababaje kuko iyo aba bagore bageraga mu nkambi zabaga zirinzwe n’Abafaransa, batekerezaga ko bagiye kubona umutekano. Ariko abo bizeraga ko bagiye kubatabara na bo bababeraga ikibazo.”

Avuga ko ari byo byatumye yumva ko agomba kugira icyo akora atari ukugira ngo aya mateka amenyekane, ahubwo no kugira ngo habeho n’urubanza mu Bufaransa bityo abo bagore bagahabwa ubutabera.

Gaël Faye atanze ubu butumwa nyuma y’ukwezi kumwe Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko bwahagaritse iperereza ku kirego cy’abasirikare b’abafaransa baregwaga kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ngo kuko nta bimenyetso bifatika bigaragaza urwo ruhare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 9 =

Previous Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Next Post

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.