Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
0
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’ibitabo na film, Gaël Faye yavuze kuri film ‘le silence des mots’ igaruka ku magorwa y’abagore bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko abantu badakwiye kubyirengagiza ahubwo ko bakeneye guhabwa ubutabera.

Iyi filimi ‘le silence des mots’ yakozwe ku bufatanye bwa Gaël Faye na Michael Sztanke, igaragaza agahinda k’aba bagore bafashwe ku ngufu, n’intimba byabasigiye ku mutima.

Mu butumwa bwe, Gaël Faye yavuze ko aba bagore bahishuye ishusho nyayo y’ikiremwamuntu. Ati “Ntitugomba kubifata nk’ibintu bitabayeho.”

Ubu butumwa bw’inyandiko n’amashusho, butangizwa n’agace kamwe k’amashusho yo muri iyi filmi, aho umwe muri aba bagore witwa Prisca Mushimiyimana wafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza iri hohoterwa bakorewe.

Agaragaza iyi nzira y’umusaraba yanyuzemo, hari aho agira ati “Ibyo bashakaga byose ni byo bakoraga, barakubwira ngo ‘hena’, bati ‘zamura akaguru’, ukakazamura, uko bumvaga ubwonko bwabo butekereza, ni ko batekerezaga ibyo bari bugukoreshe.”

Ces femmes ont dorénavant un visage humain. Nous ne pouvons plus faire comme si cela n’avait jamais existé.

Le film « Le silence des mots » que j’ai co-réalisé avec @msztanke est disponible sur @ARTEfr
Lien: https://t.co/sRlBMFlVQt#Rwanda #France #Justice pic.twitter.com/bFJotjVWrV

— Gaël Faye (@GaelFaye) October 18, 2022

Gaël Faye uhita akurikizaho ubutumwa bwe, avuga ko yagize uruhare mu itunganywa ry’iyi film byumwihariko mu kuyandika, akanagaragaza icyatumye atanga uyu musanzu we.

Ati “Nakozwe ku mutima n’amateka y’aba bagore bafashwe ku ngufu n’abasirikare b’abafaransa ubwo bari muri operation Turquoise kubera impamvu nyinshi; icya mbere ni uko ndi Umufaransa nkaba n’Umunyarwanda.”

Akomeza avuga ko nubwo abasirikare b’Abafaransa bafashe ku ngufu abagore muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariho hari n’Interahambwe na zo zakoze aya mahano.

Ati “Ni ibintu by’indengakamere muri aya mateka ababaje kuko iyo aba bagore bageraga mu nkambi zabaga zirinzwe n’Abafaransa, batekerezaga ko bagiye kubona umutekano. Ariko abo bizeraga ko bagiye kubatabara na bo bababeraga ikibazo.”

Avuga ko ari byo byatumye yumva ko agomba kugira icyo akora atari ukugira ngo aya mateka amenyekane, ahubwo no kugira ngo habeho n’urubanza mu Bufaransa bityo abo bagore bagahabwa ubutabera.

Gaël Faye atanze ubu butumwa nyuma y’ukwezi kumwe Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko bwahagaritse iperereza ku kirego cy’abasirikare b’abafaransa baregwaga kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ngo kuko nta bimenyetso bifatika bigaragaza urwo ruhare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 18 =

Previous Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Next Post

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.