Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gahunda izatuma buri rugo mu Rwanda rutunga ‘Smartphone’ yungutse amaboko

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gahunda izatuma buri rugo mu Rwanda rutunga ‘Smartphone’ yungutse amaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya Bboxx Capital Rwanda yagiranye amasezerano na MTN Rwandacell agamije kongera umubare w’Abanyarwanda batunze Telefone zigezweho [Smartphone] mu rwego rwo kurushaho gufasha Abaturarwanda koroherwa na serivisi zitangirwa kuri murandasi, azanashyigikira gahunda ya ‘Connect Rwanda’.

Ni amasezerano yasinywe hagati y’iyi kompanyi ya Bboxx Capital Rwanda icuruza serivisi z’ikwirakwiza ry’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ndetse n’iyi iyoboye izindi mu gucuruza serivisi z’itumanaho mu Rwanda.

Aya masezerano agamije gushyigikira gahunda yo kongera umubare w’Abanyarwanda babasha gukoresha telefone zigezweho za Smartphone.

Kugeza ubu ihuzanzira rya telefone mu Rwanda rigeze kuri 99%, ariko umubare w’abatunze smartphones uracyari hasi kuko uri kuri 23,5%, bikaba byitezwe ko ubu bufatanye buzazamura iyi mibare.

Ubu bufatanye kandi bushyigikira gahunda wa Guverinoma y’u Rwanda mu bukangurambaga bwiswe ‘Connect Rwanda’ bugamije gutuma buri rugo rutunga smartphone.

Binyuze muri aya masezerano, kompanyi zombi zizabasha gutuma abakiliya bazo babona smartphone bazajya babasha kwishyura mu buryo buboroheye, aho buri wese uzajya uyigura azajya ahabwa Gigabayiti imwe ya Interineti ku kwezi mu gihe cy’amezi atatu.

Umuyobozi Mukuru wa Bboxx Rwanda, John Uwizeye agaruka kuri ubu bufatanye, yagize ati “Twishimiye gukorana na MTN kuko ibi bizatuma tuzamura uburyo bwo kuba abantu babona amakuru ndetse banagira uburenganzira kuri serivisi z’ikoranabuhanga no kuzamura ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga ndetse no gushyigikira iterambere ry’u Rwanda.”

Muri ubu buryo bwa Bboxx Connect, abakiliya bazajya bagira uburyo bwo kwishyura mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa mu mezi 12, bakoresheje ikoranabuhanga rya MTN Mobile Money bakoresheje kode ya *182*2*4*2#.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe ati “Muri MTN twizera ko buri wese akwiye kugerwaho n’isi nshya y’ikoranabuhanga, ku buryo gukorana na Bboxx, tuzakomeza gutuma iyi ntego yacu iba impamo.”

Iyi gahunda ya ‘Bboxx Connect’ ije isanga indi ya MTN yiswe ‘MTN Macye Macye’, zombi zigamije gufasha Abanyarwanda gutunga smartphone biboroheye kandi bitabahenze.

MTN Rwanda na Bboxx basinye amasezerano

Bboxx yishimiye kugira uruhare muri iyi gahunda yo kongera umubare w’Abanyarwanda batunze Smartphones
MTN na yo ivuga ko intego yayo ari ugutuma Abanyarwanda bagerwaho n’ibyiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + three =

Previous Post

Madamu wa Perezida Ndayishimiye wageze mu Rwanda n’imodoka yakiranywe ubwuzu (AMAFOTO)

Next Post

Umuraperi Nyarwanda wari uzwi mu ‘gatwiko’ agarukaniye inkuru nziza abakunzi be

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi Nyarwanda wari uzwi mu ‘gatwiko’ agarukaniye inkuru nziza abakunzi be

Umuraperi Nyarwanda wari uzwi mu 'gatwiko' agarukaniye inkuru nziza abakunzi be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.