Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gakenke: Ishuri ryashyikirije inzu abana b’impfubyi babuze ababyeyi babo bapfuye urupfu rw’amanzanganya

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gakenke: Ishuri ryashyikirije inzu abana b’impfubyi babuze ababyeyi babo bapfuye urupfu rw’amanzanganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ishuri ‘Father Ramon Kabuga TSS’ ryo mu Karere ka Kamonyi, bwashyikirije inzu abana bane basigaye bonyine nyuma yo gupfusha ababyeyi babo bombi, barimo umwe wiga muri iri shuri ryabubakiye iwabo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke.

Iki gikorwa cyabereye ahubatswe iyi nzu mu Mudugudu wa Rutamba, Akagari ka Rugimbu, Umurenge wa Kivuruga, Akarere ka Gakenke, muri Santarali ya Kageyo, Paruwasi Rwaza, Diyoseze Gatulika ya Ruhengeri, ahanaturiwe Igitambo cy’Ukarisitiya cyo guha umugisha iyi nzu, no gusabira ababyeyi b’aba bana batabarutse mu mwaka wa 2022.

Umwe muri aba bana bane b’abavandimwe, asanzwe yiga muri iri shuri ryabubakiye, aho kuva bapfusha ababyeyi babo bombi, ubuyobozi bw’iri shuri bwamufashije kubona umurihira amafaranga y’ishuri, akomeza kwiga kuva muri L3 kugeza muri L5 ndetse akaba yararangije neza umwaka w’amashuri uheruka.

Na mukuru w’uyu mwaka kandi, na we yunganiwe mu byo yari akeneye ngo asoze icyiciro cya mbere (A1) mu Ishuri Rikuru rya Tekinike ry’u Rwanda (Rwanda Polytechnic/RP), ubu akaba ari mu cyiciro cya kabiri (A0); ndetse bashiki be babiri na bo bakaba barabonye ababyeyi b’inshuti babafasha gukomeza kwiga uko babishoboye.

Padiri Fr. Edmond Marie RUDAHUNGA CYIZA, Umuyobozi w’iri shuri yagize ati “Uretse kudufasha mu burezi bw’izo mfubyi zashoboraga guta ishuri, inshuti zacu zadufashije no kububakira inzu iciriritse ariko ishamaje, kuko iyo babagamo yari iraye iri bubagweho. Iyo nzu yabarirwa agaciro ka 4 000 000 frw, arimo 2 823 400 frw twakusanyije, inkunga ya World Vision irimo amafaranga, amabati n’umucanga bingana na 1 615 000 frw; n’umuganda w’abagize umuryango w’izo mfubyi n’abaturanyi bazo ifite agaciro k’asaga 500 000 frw.”

Yakomeje agira ati “Turashimira umuryango mugari w’ishuri ryacu: ababyeyi, abarezi, abanyeshuri n’abafatanyabikorwa ku musanzu batanze; turashimira inshuti zacu zirimo umubyeyi INGABIRE Yvonne n’abo bakorana banibumbiye mu muryango remezo w’abakozi ba BNR; dushimiye abo babana mu itsinda ‘Sages mamans’ n’izindi nshuti yakomangiye zikamukingurira; dushimiye World Vision yaduteye inkunga ikomeye; dushimiye Abasaserdoti badufashije ku buryo butandukanye, abavandimwe twiganye batanze inkunga muri ibi bikorwa; dushimiye kandi nawe wese ku buryo ubwo ari bwo bwose wifatanyije natwe haba mu gusabira abo bana, mu gushyigikira ibi bikorwa, haba mu nkunga watanze, mu gukomeza abo bana cyangwa mu kudutera imbaraga.”

Ubuyobozi bw’iri shuri kandi bushimira abaturanyi b’aba bana, bakomeje kubaba hafi nyuma yuko babuze ababyeyi babo, ndetse n’aba bana baranzwe n’ubutwari, bakakira ibi byago byari bimaze kubabaho nubwo bitari byoroshye, ariko zigakomeza gutwaza.

Habaye igikorwa cyo guha umugisha iyi nzu

Yanaturiwemo igitambo cy’Ukarisitiya yo gusabira ababyeyi b’aba bana bamaze imyaka ibiri bitabye Imana

Uhagarariye abanyeshuri biga muri Fr. Ramon KABUGA T.S.S. yatanze ubutumwa mu izina rya bagenzi be

Banasangiye
Inzu bubakiwe ifite agaciro ka miliyoni 4 Frw
Iyo babagamo yashoboraga kubagwaho isana n’isaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 11 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Next Post

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.