Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Hatahuwe uruganda rukora inzoga zitemewe zirimo ikinyabutabire kica

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Gasabo: Hatahuwe uruganda rukora inzoga zitemewe zirimo ikinyabutabire kica
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatahuye uruganda ruherereye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, rukora inzoga zitemewe zirimo ikinyabutabire cya Ethanol.

Uru ruganda rwatahuwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibiribwa n’imiti (RFDA), ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki ya 26 Ukwakira.

Polisi kandi yahise ita muri yombi nyiri uru ruganda witwa Ngabonziza Geoffrey na Sinaribonye Vedaste ukekwaho kuba yakwirakwizaga izi nzoga.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko yafatanye aba bantu litiro zirenga 3 500 z’inzoga zitwa Huguka hamwe na litiro zigera ku 1000 z’inzoga z’Agasusuruko, zari mu iduka rya Ngabonziza riherereye Nyabugogo no ku ruganda ruri mu Murenge wa Jabana aho mu iduka rya Nyabugogo gusa hafatiwemo litiro 1590 za Huguka na litiro 904 z’Agasusuruko.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu Ngabonziza atari afite icyangombwa kimwemerera gukora izo nzoga cyaba ari icya RSB cyangwa icya RFDA.

Yagize ati “Byagaragaye ko yatangiye gukora inzoga z’inkorano zirimo ikinyabutabire cya Ethanol mu mwaka wa 2020.”

Inzoga zose zafashwe, zangirijwe mu ruhame nyuma yo gusobanurira abaturage ububi bwazo ku buzima.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2021, abantu bane bo mu Kagari ka Kimihurura mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, bitabye Imana nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano yarimo ikinyabutabire cya Ethanol nk’icyabaga kiri mu zakorwaga n’uru ruganda rwatahuwe na Polisi.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya  263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10 ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Uganda: Byamenyekanye ko abaganga banduye Ebola barimo abanyeshuri bimenyerezaga umwuga

Next Post

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.