Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasaderi Claver Gatete washyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uyu muryango, yanabonanye n’uhagarariye u Burundi muri uyu muryango baganira ku mubano w’Ibihugu byabo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye.

Ambasaderi Claver Gatete amaze gushyikiriza izi mpapuro Umunyamabanga Mukuru wa UN, yavuze ko azakomeza guteza imbere imikoranire y’uyu Muryango n’u Rwanda.

Yaboneyeho kongera “gushimira Perezida Paul Kagame ku mahirwe yo guhagararira u Rwanda nka Amasaderi muri UN.”

Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri UN, byatangaje kandi ko Ambasaderi Claver Gatete yanabonanye n’uharariye u Burundi muri uyu muryango, Maniratanga Zéphyrin.

Ambasade y’u Rwanda muri UN, ivuga ko Ambasaderi Claver Gatete wahuye na Maniratanga Zéphyrin “baganiriye ku mubano w’Ibihugu byombi.”

Ambasaderi Gatete kandi yanabonanye n’Uhagarariye Jamaica muri UN, Brian C.M. Wallace, na we baganira ku mikoranire y’Ibihugu byombi by’umwihariko mu bijyanye n’ubukerarugendo na Siporo.

Ambasaderi Claver Gatete ashyikiriye Umunyamabanga Mukuru wa UN, izi mpapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uyu uyu muryango nyuma y’amezi abiri ahawe izi nshingano.

Tariki 31 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahinduriye inshingano bamwe mu bayobozi ubwo yagiraga Claver Gatete Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye asimburwa na Dr Ernest Nsabimana wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yemeje Gatete Claver nka Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye aho yasimbuye kuri uyu mwanya Ambasaderi Valentine Rugwabiza na we wahise ahabwa inshingano nshya n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.

Ambasaderi Valentine Rugwabiza yahawe inshingano zo kuyobora ubutumwa bwa UN muri Centrafrique bwiswe MINUSCA.

Amb. Gatete yashyikirije Umunyamabanga Mukuru wa UN impapuro zo guhagararira u Rwanda muri uyu muryangi
Yanahuye kandi n’uhagarariye Jamaica muri UN

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

Next Post

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.