Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasaderi Claver Gatete washyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uyu muryango, yanabonanye n’uhagarariye u Burundi muri uyu muryango baganira ku mubano w’Ibihugu byabo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye.

Ambasaderi Claver Gatete amaze gushyikiriza izi mpapuro Umunyamabanga Mukuru wa UN, yavuze ko azakomeza guteza imbere imikoranire y’uyu Muryango n’u Rwanda.

Yaboneyeho kongera “gushimira Perezida Paul Kagame ku mahirwe yo guhagararira u Rwanda nka Amasaderi muri UN.”

Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri UN, byatangaje kandi ko Ambasaderi Claver Gatete yanabonanye n’uharariye u Burundi muri uyu muryango, Maniratanga Zéphyrin.

Ambasade y’u Rwanda muri UN, ivuga ko Ambasaderi Claver Gatete wahuye na Maniratanga Zéphyrin “baganiriye ku mubano w’Ibihugu byombi.”

Ambasaderi Gatete kandi yanabonanye n’Uhagarariye Jamaica muri UN, Brian C.M. Wallace, na we baganira ku mikoranire y’Ibihugu byombi by’umwihariko mu bijyanye n’ubukerarugendo na Siporo.

Ambasaderi Claver Gatete ashyikiriye Umunyamabanga Mukuru wa UN, izi mpapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uyu uyu muryango nyuma y’amezi abiri ahawe izi nshingano.

Tariki 31 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahinduriye inshingano bamwe mu bayobozi ubwo yagiraga Claver Gatete Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye asimburwa na Dr Ernest Nsabimana wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yemeje Gatete Claver nka Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye aho yasimbuye kuri uyu mwanya Ambasaderi Valentine Rugwabiza na we wahise ahabwa inshingano nshya n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.

Ambasaderi Valentine Rugwabiza yahawe inshingano zo kuyobora ubutumwa bwa UN muri Centrafrique bwiswe MINUSCA.

Amb. Gatete yashyikirije Umunyamabanga Mukuru wa UN impapuro zo guhagararira u Rwanda muri uyu muryangi
Yanahuye kandi n’uhagarariye Jamaica muri UN

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

Next Post

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.