• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Umuyobozi arakekwaho icyaha gikomeye yakoreye umuturage amuhoye ikintu gitangaje

radiotv10by radiotv10
16/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gatsibo: Umuyobozi arakekwaho icyaha gikomeye yakoreye umuturage amuhoye ikintu gitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umudugudu umwe wo mu Murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo, ari gushakishwa kubera gukekwaho gukubita umuturage umuhini agapfa, amuhoye kuba yari yamutanzeho amakuru.

Uyu muyobozi w’Umudugudu umwe wo mu Kagari ka Karambi muri uyu Murenge wa Ngarama arakekwaho gukora iki cyaha cyabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 14 Gashyantare 2023.

Iki cyaha nticyahise kimenyekana kuko nyiri kugikora [Umuyobozi w’Umudugudu] ari we wagombaga kukimenyesha inzego zimukuriye, aho kubikora ahubwo akaba yarahisemo guhita atoroka we n’umugore.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yemereye ikinyamakuru Igihe iby’iki cyaha gikekwa kuri uyu Muyobozi w’Umudugudu.

Gasana avuga ko amakuru yageze ku buyobozi bwo hejuru byatinze. Ati “Twagiye kumufata dusanga yatorotse n’umugore we ariko turimo kumushakisha n’inzego z’umutekano dukoresheje telephone ye.”

Amakuru ava mu baturage, avuga ko uyu Muyobozi w’Umudugudu yakubise umuhini nyakwigendera amuhoye kuba yaramutanzeho amakuru ko yashakaga kugura ibitoki byari byibwe muri aka gace bombi batuyemo.

Gusa Umuyobozi w’Akarere we avuga ko ntacyo azi kuri ibi bivugwa ko Mudugudu yaba yarazijije nyakwigendera kumutangaho amakuru, akavuga ko naramuka afashwe hazakorwa iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’uburanga buhebuje yongeye kugaragaza umwana we

Next Post

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Perezida Kagame yitabiriye Inama y'ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.