Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyagabye igitero cy’ibimodoka by’intambara mu Bitaro byo muri Ntara ya Gaza, kigiye guhiga bukware abarwanyi b’umutwe wa Hamas, bivugwa ko bihishe muri ibyo Bitaro.

Ni igitero cyagabwe mu Bitaro byitwa Al-Shifa, nk’uko byemejwe n’Umunyamakuru w’Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Palestine WAFA.

Uyu munyamakuru witwa Khader Al Za’anoun yabwiye CNN ko ibifaru ndetse n’ibimodoka by’intambara byari “mu gikari cy’ibitaro Al-Shifa.”

Yakomeje avuga ko Igisirikare cya Israel “kiri guhamagara urubyiruko gikoresheje indangururamajwi ko rumanika amaboko ubundi bagasohoka hanze bakishyikiriza inzego.”

Yakomeje avuga kandi ko Abasirikare ba Israel “bari mu nyubaho ndetse no mu bice byose bashakisha ndetse banabaza urubyiruko rurimo banafite imbunda za rutura.”

Kuri uyu wa Gatatu, Igisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) cyari cyatangaje ko kigiye kugaba igitero cya rurangiza muri ibi Bitaro bikomeye byo mu Ntara ya Gaza, ngo kuko byihishemo abarwanyi b’umutwe wa Hamas nk’uko byagaragajwe n’amakuru y’Ikigo cy’Ubutasi cya Israel cya Mossad.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’ibi bitaro bwo bwari bwahakanye iby’aya makuru, buvuga ko nta barwanyi ba Hamas bihishe muri ibi Bitaro.

Umuvugizi wa IDF, Peter Lerner wari wabwiye CNN ko iki gitero cyo mu Bitaro, kigiye gifite intego kandi cyakozwe hagendewe ku makuru yizewe.

Yabajijwe niba iki gikorwa cya gisirikare cyakozwe babanje kumenyesha abategetsi ba Gaza, avuga ko ibikorwa byose bari gukora byubahirije amasezerano mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.

Yavuze kandi ko bamenyesheje ubuyobozi bw’ibi bitaro ko abarwayi n’abandi basivile babirimo bagomba kujya kure y’amadirishya kugira ngo babashe gutandukanya abasivile n’ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

Rwanda: Umugabo akurikiranyweho gusambanya abana be babiri bombi bataruruza imyaka 6

Next Post

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.