Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyagabye igitero cy’ibimodoka by’intambara mu Bitaro byo muri Ntara ya Gaza, kigiye guhiga bukware abarwanyi b’umutwe wa Hamas, bivugwa ko bihishe muri ibyo Bitaro.

Ni igitero cyagabwe mu Bitaro byitwa Al-Shifa, nk’uko byemejwe n’Umunyamakuru w’Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Palestine WAFA.

Uyu munyamakuru witwa Khader Al Za’anoun yabwiye CNN ko ibifaru ndetse n’ibimodoka by’intambara byari “mu gikari cy’ibitaro Al-Shifa.”

Yakomeje avuga ko Igisirikare cya Israel “kiri guhamagara urubyiruko gikoresheje indangururamajwi ko rumanika amaboko ubundi bagasohoka hanze bakishyikiriza inzego.”

Yakomeje avuga kandi ko Abasirikare ba Israel “bari mu nyubaho ndetse no mu bice byose bashakisha ndetse banabaza urubyiruko rurimo banafite imbunda za rutura.”

Kuri uyu wa Gatatu, Igisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) cyari cyatangaje ko kigiye kugaba igitero cya rurangiza muri ibi Bitaro bikomeye byo mu Ntara ya Gaza, ngo kuko byihishemo abarwanyi b’umutwe wa Hamas nk’uko byagaragajwe n’amakuru y’Ikigo cy’Ubutasi cya Israel cya Mossad.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’ibi bitaro bwo bwari bwahakanye iby’aya makuru, buvuga ko nta barwanyi ba Hamas bihishe muri ibi Bitaro.

Umuvugizi wa IDF, Peter Lerner wari wabwiye CNN ko iki gitero cyo mu Bitaro, kigiye gifite intego kandi cyakozwe hagendewe ku makuru yizewe.

Yabajijwe niba iki gikorwa cya gisirikare cyakozwe babanje kumenyesha abategetsi ba Gaza, avuga ko ibikorwa byose bari gukora byubahirije amasezerano mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.

Yavuze kandi ko bamenyesheje ubuyobozi bw’ibi bitaro ko abarwayi n’abandi basivile babirimo bagomba kujya kure y’amadirishya kugira ngo babashe gutandukanya abasivile n’ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Rwanda: Umugabo akurikiranyweho gusambanya abana be babiri bombi bataruruza imyaka 6

Next Post

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.