Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yageze i Kigali mu Rwanda aho aje kubonana na Perezida Paul Kagame yita Se wabo.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari aherutse kuvuga ko Perezida Paul Kagame ari Se wabo ndetse ko abagambirira kumurwanya baba badasize umuryango we.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mutarama 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari yatangaje ubutumwa kuri Twitter ko uyu munsi ku wa Gatandatu tariki 22 Mutarama 2022 aza kuba ari mu Rwanda.

Muri ubu butumwa yari yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Gatanu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Ejo nzaba ndi kumwe na Data wacu Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda, amakuru arambuye muzagezwaho ku gihe.”

Akigera mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriwe n’abayobozi banyuranye mu gisirikare cy’u Rwanda, arimo Umuyobozi w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu, Brig Gen Willy Rwagasana ndetse n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda mu gihe hashize imyaka itatu ibihugu byari bisanzwe bifatwa nk’ibavandimwe bitagenderana kuko kuva mu ntangiro za 2019, u Rwanda rwagiriye inama Abanyarwanda kutajya muri Uganda kubera abajyagayo bagirirwaga nabi.

Uku gufunga imipaka yahuzaga ibihugu byombi, kwakurikiye no kwerura ibibazo biri hagati y’u Rwanda aho u Rwanda rwagaragaje ibimenyetso simusiga ko Uganda ishyigikira imitwe irwanya ubuyobozi bw’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kwita Perezida Kagame Se wabo/Nyirarume, benshi mu basesenguzi batangiye kuvuga ko yaba ashaka guhuza Abakuru b’Ibihugu byombi bamaze igihe batavugana.

Uyu muhungu wa Museveni unafite ijambo rikomeye muri Uganda dore ko bivugwa ko azasimbura Se, araganira na Perezida Kagame ku mubano w’ibihugu byombi ndetse biteganyijwe ko baza guha umurongo uko ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byatorerwa umuti.

Tomorrow I will be with my Uncle Paul Kagame the President of Rwanda, updates will be revealed in time.

— Muhoozi Kainerugaba Parody (@mkainerugabaa) January 21, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Next Post

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.