Saturday, August 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yihanije umunyapoliti Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, wakoresheje imvugo zishinja ibinyoma Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uyu munyapolitiki Julius Malema aherutse kunenga icyemezo cya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa cyo kwemera kohereza ingabo z’iki Gihugu muri DRC mu butumwa bwa SADC, none zikaba zikomeje kuhashirira.

Mu butumwa aherutse gutanga, Malema ukunze kunenga ibitagenda mu Gihugu cye, yasabye ko abasirikare ba Afurika y’Epfo bari muri Congo bataha byihuse, kuko boherejwe mu butumwa butanyuze mu mucyo.

Gusa mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, Julius Malema yazamuye ibirego by’ibinyoma byanakunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, bari inyuma y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi agendeye kuri ibi byatangajwe na Julis Malema, yasabye uyu munyapolitiki gusigaho kuko yarengereye.

General Muhoozi yagize ati “Muvandimwe wanjye Julius Malema ugomba guhagarika kwibasira ababyeyi bacu na ba ‘Uncles’ bacu. Biriya bishobora kumugiraho ingaruka kandi ntabwo bikenewe na busa.”

Muhoozi yakomeje avuga ko aho kugira ngo Julius Malema akomeze kwibasira aba Bakuru b’Ibihugu, yagakwiye kwegera abo bireba bakabiganiraho.

General Muhoozi akomeza anagaragaza ikosa ryakozwe na Afurika y’Epfo, ati “Kohereza ingabo kwa Afurika y’Epfo muri DRC ni ikosa mu nguni nyinshi. Ariko abavandimwe bacu bo muri Afurika y’Epfo ntibazigera batwibasira mbere yuko babanza kwita ku byabo.”

Muhoozi atangaje ibi nyuma yuko Perezida Paul Kagame anakosoye Perezida Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wakoresheje imvugo igoramye, aho yise Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’inyeshyamba, umukuru w’u Rwanda, akamwibutsa ko yatandukiriye, kuko RDF ari Ingabo z’Igihugu kandi zikora kinyamwuga.

Gen. Muhoozi yahaye gasopo Julius Malema
Julius Malema amaze iminsi yurira ku byo muri Congo agatangaza ubutumwa buzamura impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Next Post

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Related Posts

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/08/2025
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko witeguye guherekeza mu rugendo rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati y’u...

Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza

Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza

by radiotv10
21/08/2025
0

Israel yatangaje ko igiye kongera guhamagara abasirikare bunganira ibihumbi 60, ndetse ikanongerera igihe abandi ibihumbi 20 bari bahasanzwe, kugira ngo...

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima muri Sudani yatangaje ko iki gihugu gihangayikishijwe n’ubwiyongere bw’icyorezo cya Korera, aho nko mu cyumweru kimwe habonetse abantu 1...

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

by radiotv10
20/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye, rukomeje gukoresha intwaro za rutura zirimo...

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

by radiotv10
20/08/2025
0

Imirimo yo gutabara irakomeje muri Pakistan nyuma y’umwuzure ukomeye watewe n’imvura nyinshi yaguye kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho...

IZIHERUKA

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

by radiotv10
22/08/2025
0

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

22/08/2025
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

22/08/2025
Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

22/08/2025
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

22/08/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

It will display only photo and ID number-Other features to know on the Digital ID

22/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.