Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu imwandikiye imusaba kurekura umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi aherutse kwigamba ko afungiye iwe.

Ibaruwa ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu muri Uganda, yanditswe tariki 02 Gicurasi 2025 ivuga ko Edward Rogers Ssebuufu uzwi nka Eddie Mutwe yafunzwe kuva tariki 26 Mata 2025.

Iyi Komisiyo ikomeza ibwira General Muhoozi ko “Ifite amakuru ko Eddie Mutwe afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa butemewe, rero turagusaba kurekura Edward Rogers Ssebuufu vuba na bwangu akava muri kasho yawe.”

Mu butumwa bwatanzwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, yagaragaje ko atishimiye iyi baruwa yandikiwe na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

Yagize ati “Ntiba abantu baha agaciro ubuzima twabahaye, ntibagomba kuzongera kunyoherereza ibaruwa y’ubugoryi. Iyi ni gasopo ya nyuma! Kandi ntegereje ko bazansaba imbabazi.”

Eddi Mutwe usanzwe akorana n’Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine bahuriye mu ishyaka rya NUP, ubwo yaburaga bivugwa ko yashimuswe, General Muhoozi yari yiyemereye ko ari we umufungiye mu nyubako yo hasi y’iwe.

Mu mvugo yumvikanagamo kwishongora kuri Bobi Wine wari uri gutabariza Eddie Mutwe, General Muhoozi yari yagize ati “Ari mu nyubako yanjye yo hasi (Basement). Ari kwiga Ikinyankole. Ni wowe utahiwe. Ubwanwa ni cyo kintu cya mbere abasore bamukuyeho. Nyuma yo kurangiza kurira no kunyara.”

General Muhoozi akunze guterana amagambo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, aho akunze kubabwira ko badateze kuyobora iki Gihugu ngo kuko cyaruhije ishyaka rya se n’abo bafatanyije kukibohora.

General Muhoozi yahaye gasapo Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu
Eddie Mutwe mbere yo gushimutwa
Muhoozi yamugaragaje yaramaze kogoshwa
Asanzwe ari umuntu wa hafi wa Bobi Wine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

Next Post

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.