Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko umwaka utaha Leta ya Uganda izakuraho itegeko rihana abantu bakundana/baryamana n’abo bahuje ibitsina [bakunze kwita Abatinganyi], ngo abona ari ukubarenganya kuko ari abarwayi ahubwo bakwiye gusengerwa.

General Muhoozi Kainerugaba ukuriye Igisirikare cya Uganda, unahabwa amahirwe yo kuzasimbura umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Musevenyi, yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025.

Uyu musirikare ufite icyubahiro gihambaye muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho kuri uyu wa Gatanu, yavuze kuri iri tegeko rihana abatinganyi ryasinywe na se Museveni muri 2023, aho riteganya ibihano birimo kugeza ku rupfu.

General Muhoozi yagize ati “Muri 2026, tuzakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina. Ni abarwayi, ariko mu gihe Imana yabaremye uko, ni iki kindi twakora? Ndetse no kubakubita ntacyo byatanga. Tuzabasengera.”

Muhoozi yavuze kandi ko mu minsi micye ishize, ubwo yari mu Buyapani hari abamubajije impamvu Ubutegetsi bwa Uganda, buhonyora uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Naratunguwe kandi birambabaza cyane. Abayapani ni abantu baharanira uburenganzira nkatwe. Ndabubaha cyane. Nababajije uko tubabangamira, hanyuma bambwira iby’itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina.”

General Muhoozi yakomeje asaba Abanya-Uganda, ko bakwiye gukuraho iri tegeko ryateje impaka ku rwego mpuzamahanga, avuga ko ryatumye Uganda ifatwa nabi ku rwego rw’Isi.

Ubwo Museveni udakozwa iby’izi ngeso z’inzaduka yashyiraga umukono kuri iri tegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina, bimwe mu Bihugu bivuga ko bikomeye ku ihame ry’uburenganzira bwa muntu nka Leta Zunze Ubumwe za America, byahagurukiye kurirwanya ndetse bivuga ko bizafatira ibihano iki Gihugu, ariko abisubiza avuga ko Uganda yamye yikura mu bibazo byagiye biza, kandi ikabisohokamo yemye.

Muri Werurwe 2023 General Muhoozi, ubwo yavugaga kuri iri tegeko, yari yamaganye abariho baryamagana, yari yagize ati “Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.”

Icyo gihe kandi yari yageneye ubutumwa sosiyete mvamahanga zari zavuze ko zigiye gufunga imiryango kubera iri tegeko, agira ati “Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy’umugisha! Uganda ni Igihugu cy’Imana!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Next Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.