Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko umwaka utaha Leta ya Uganda izakuraho itegeko rihana abantu bakundana/baryamana n’abo bahuje ibitsina [bakunze kwita Abatinganyi], ngo abona ari ukubarenganya kuko ari abarwayi ahubwo bakwiye gusengerwa.

General Muhoozi Kainerugaba ukuriye Igisirikare cya Uganda, unahabwa amahirwe yo kuzasimbura umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Musevenyi, yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025.

Uyu musirikare ufite icyubahiro gihambaye muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho kuri uyu wa Gatanu, yavuze kuri iri tegeko rihana abatinganyi ryasinywe na se Museveni muri 2023, aho riteganya ibihano birimo kugeza ku rupfu.

General Muhoozi yagize ati “Muri 2026, tuzakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina. Ni abarwayi, ariko mu gihe Imana yabaremye uko, ni iki kindi twakora? Ndetse no kubakubita ntacyo byatanga. Tuzabasengera.”

Muhoozi yavuze kandi ko mu minsi micye ishize, ubwo yari mu Buyapani hari abamubajije impamvu Ubutegetsi bwa Uganda, buhonyora uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Naratunguwe kandi birambabaza cyane. Abayapani ni abantu baharanira uburenganzira nkatwe. Ndabubaha cyane. Nababajije uko tubabangamira, hanyuma bambwira iby’itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina.”

General Muhoozi yakomeje asaba Abanya-Uganda, ko bakwiye gukuraho iri tegeko ryateje impaka ku rwego mpuzamahanga, avuga ko ryatumye Uganda ifatwa nabi ku rwego rw’Isi.

Ubwo Museveni udakozwa iby’izi ngeso z’inzaduka yashyiraga umukono kuri iri tegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina, bimwe mu Bihugu bivuga ko bikomeye ku ihame ry’uburenganzira bwa muntu nka Leta Zunze Ubumwe za America, byahagurukiye kurirwanya ndetse bivuga ko bizafatira ibihano iki Gihugu, ariko abisubiza avuga ko Uganda yamye yikura mu bibazo byagiye biza, kandi ikabisohokamo yemye.

Muri Werurwe 2023 General Muhoozi, ubwo yavugaga kuri iri tegeko, yari yamaganye abariho baryamagana, yari yagize ati “Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.”

Icyo gihe kandi yari yageneye ubutumwa sosiyete mvamahanga zari zavuze ko zigiye gufunga imiryango kubera iri tegeko, agira ati “Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy’umugisha! Uganda ni Igihugu cy’Imana!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Next Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.