Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko umwaka utaha Leta ya Uganda izakuraho itegeko rihana abantu bakundana/baryamana n’abo bahuje ibitsina [bakunze kwita Abatinganyi], ngo abona ari ukubarenganya kuko ari abarwayi ahubwo bakwiye gusengerwa.

General Muhoozi Kainerugaba ukuriye Igisirikare cya Uganda, unahabwa amahirwe yo kuzasimbura umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Musevenyi, yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025.

Uyu musirikare ufite icyubahiro gihambaye muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho kuri uyu wa Gatanu, yavuze kuri iri tegeko rihana abatinganyi ryasinywe na se Museveni muri 2023, aho riteganya ibihano birimo kugeza ku rupfu.

General Muhoozi yagize ati “Muri 2026, tuzakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina. Ni abarwayi, ariko mu gihe Imana yabaremye uko, ni iki kindi twakora? Ndetse no kubakubita ntacyo byatanga. Tuzabasengera.”

Muhoozi yavuze kandi ko mu minsi micye ishize, ubwo yari mu Buyapani hari abamubajije impamvu Ubutegetsi bwa Uganda, buhonyora uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Naratunguwe kandi birambabaza cyane. Abayapani ni abantu baharanira uburenganzira nkatwe. Ndabubaha cyane. Nababajije uko tubabangamira, hanyuma bambwira iby’itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina.”

General Muhoozi yakomeje asaba Abanya-Uganda, ko bakwiye gukuraho iri tegeko ryateje impaka ku rwego mpuzamahanga, avuga ko ryatumye Uganda ifatwa nabi ku rwego rw’Isi.

Ubwo Museveni udakozwa iby’izi ngeso z’inzaduka yashyiraga umukono kuri iri tegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina, bimwe mu Bihugu bivuga ko bikomeye ku ihame ry’uburenganzira bwa muntu nka Leta Zunze Ubumwe za America, byahagurukiye kurirwanya ndetse bivuga ko bizafatira ibihano iki Gihugu, ariko abisubiza avuga ko Uganda yamye yikura mu bibazo byagiye biza, kandi ikabisohokamo yemye.

Muri Werurwe 2023 General Muhoozi, ubwo yavugaga kuri iri tegeko, yari yamaganye abariho baryamagana, yari yagize ati “Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.”

Icyo gihe kandi yari yageneye ubutumwa sosiyete mvamahanga zari zavuze ko zigiye gufunga imiryango kubera iri tegeko, agira ati “Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy’umugisha! Uganda ni Igihugu cy’Imana!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Next Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.